Minisitiri w’Intebe wa Kenya Raila Odinga yahaye ibigo 2 by’amashuri bikorera I Kigali mu Rwanda, ibikoresho bya siporo kuri uyu wa Gatanu tariki 27 Nyakanga 2012.
Abinyujije mu Muryango udaharanira inyungu yashinze, Raila Odinga Center (ROC), yatanze ibikoresho by’imikino mu kigo cy’amashuri yisumbuye cya Lycée de Kigali, no muri College St Andre biri mu karere ka Nyarugenge.
Umukobwa we, Rose Mary Odinga yatangarije the new times dukesha iyi nkuru ati ”Turatanga ibikoresho by’imikino itandukanye kugira ngo duteze imbere abana b’Abanyarwanda, impano zabo nizikura bazateza imbere Afurika y’u Burasirazuba”.
Yongeye ho ati :”Iyo urebye ibihugu bikunze gutunga abakinnyi bahembwa menshi ku Isi, usanga bava mu bihugu byashoye imari nyinshi mu guteza imbere imikino ku rubyiruko, ubu rero iyi ni intangiro ariko tugiye kujya mu bihugu byose duturanye”.
Mary Odinga yavuze ko ibikoresho nk’ibyo bigeze no kubitanga mu bigo by’amashuri 6 byo muri Kenya, mu bigo 2 byo muri Tanzania na Uganda, kandi ngo barifuza kujya mu Burundi no muri Sudani y’Amajyepfo.
Umutoza w’umukino wa Basket ball muri Lycee de Kigali, Moses Mutokambali, yavuze ko bagiye gushishikariza abana kwitabira imikino, kandi ashimira aba bagira neza.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Muhanga : Isoreshwa ry’inkunga ryatumye abanyeshuri bagurishwa inkweto
19.05.2013 |
|
London : Perezida Kagame yahaye impanuro abitabiriye Rwanda Day
19.05.2013 |
|
London : Perezida Kagame yahawe igihembo cyo guteza imbere ishoramari muri Afurika
18.05.2013 |
|
Abagize Inama y’Igihugu y’abafite ubumuga barasabwa kubakorera ubuvugizi
18.05.2013 |
|
Kigali : Urusimbi rwamuriye moto ya Miliyoni imwe, none ararira ayo kwarika
18.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |