IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Ruhango : Umukobwa w’imyaka 15 yapfiriye mu rusengero ari gusengerwa


Yanditswe kuya 31-07-2012 - Saa 09:13' na Ishimwe Samuel

Pasiteri Francoise Mukamurenzi uyobora urusengero rw’idini rya Redeemed Church ruzwi nka Horeb Church, yatawe muri yombi na Polisi nyuma y’aho umukobwa w’imyaka 15 apfiriye mu rusengero ayobora.

Nk’uko byanditswe na The New Times dukesha iyi nkuru, uyu mukobwa wapfuye yitwaga Ariette Tuyisingize, akomoka mu kagari ka Butare, Umurenge wa Kabacuzi ho mu karere ka Muhanga. Polisi yatangaje ko yavanywe iwabo n’ababyeyi be bavugaga ko yafashwe n’amadayimoni,
basaba ko Pasiteri yamukiza.

Ubwo uyu mukobwa yitabaga Imana kuri uyu wa Kane, hari abandi bantu barwaye bari bategereje kuri urwo rusengero ruri ahitwa Nyamagana mu karere ka Ruhango, nk’uko Polisi yabitangaje.

Ukuriye Polisi mu karere ka Ruhango, CIP Mark Gasanganwa, yabwiye The New Times ko iperereza rimaze kwerekana ko uyu mukobwa yapfuye amaze iminsi itandatu muri urwo rusengero.
Bivugwa ko uyu mupasiteri yagerageje guhisha urupfu rw’uyu mukobwa akimara gushiramo umwuka. Ngo yaba yarasabye abakirisitu be kutavuga ibyabaye, ariko nyuma y’igihe gito, umwe mu baturage akabibwira Polisi.

Ariette yitabye Imana kuwa Kane hafi mu ma saa cyenda z’ijoro, Pasiteri atabwa muri yombi saa kumi z’umugoroba.
Umwe mu ba polisi yagize ati “ Yari arwaye aho kumujyana kwa muganga, ababyeyi be bamuzana ku rusengero,..abantu bagomba kumva ko n’iyo umuntu avurwa n’imiti, ashobora gusenga Imana ikamwumva.”

Kugeza ubu umurambo wa nyakwigendera wajyanywe mu bitaro bya Kabgayi, aho bari gukora isuzuma ry’impamvu y’urupfu.
Ukuriye Police mu karere k’Amajyepfo, CSP Elias Mwesigye yaburiye abanyamadini ababuza kwigisha abantu ko bashobora gukira bativuje, ati “Polisi ntiyivanga mu burenganzira bw’imyemerere y’amadini. Ariko ntituzihanganira abazabangamira umutekano rusange.”

Yongeyeho ko abayobozi b’amadini bagomba kumenya ko bibujijwe kubuza abaturage kwivuza igihe cyose barwaye, ati “Ibi binyuranije n’amategeko,kandi utazabyubahiriza azakurikiranwa.”

Kuwa Kane ushize, abantu16 bo mu idini ryitwa “Abagorozi” bashyizwe imbere y’urukiko mu Ruhango bashinjwa kubangamira gahunda za Leta. Aba banyamadini hamwe n’imiryango yabo ngo ntago bemera kwiga no kwivuza, ndetse bamagana gahunda zimwe za Leta zirimo Umuganda, n’ubwisungane mu Kwivuza.

IBITEKEREZO
iyo umuntu asengewe agakira ,ntibivugwa ariko umuntu bamuzana kumusengera kandi wenda ibitaro byarananiwe kumuvura yagwa k'urusengero barimo kugerageza ngo barebe ko yakira byanga umuntu yitaba imana bikitwa ko ariwe ahari wagize uruhare mu gupfa kwe,aha ni ukureba niba ibigize icyaha byuzuye,nshatse kuvuga Element moral,Element materiel.Element Légal,ariko gusengera umuntu kuri njye simbona icyaha kuko hari n'igihe umuntu apfira n'iwe nta n'uwamwishe,byo kumenya icyishe umuntu ni ngombwa ariko kumva ko pasiteri yasengeye umuntu ntakire ntabwo ariwe ukiza ,ni Yesu niba uwo yasabaga nawe yarabonye ko bidashoboka ntiyabizira,gusa first of all tujye tunyura mu bitaro abantu bagerageze ariko tutirengagije ko Imana ariyo itanga kubaho.Pasteur ahumure niba ntaruhare yagize m'urupfu rwe amategeko y'igihugu cyacu ndayemera kandi nkanemera % n'imbaraga z'imana.
Musubize3.08.2012 saa 06:23
mugenzi
hm,nka 20% wasanga ayo mgini ariyo ya tumye yitaba da
Musubize31.07.2012 saa 09:25
el magnolia lacoesto
IRABABAJECYANE UWOMWANA IMANA IMUHE IRUHUKO RIDASHIRA ! Ariko nanjye mfite ikibazo kubantu bajyana ngo gusuzuma icyateye urupfu ! Uziko niyo umuntu yishwe n'imodoka bavuga ngo bagiye kureba impamvu kandi bizwi ko yazize impanuka y'imodoka !
Musubize31.07.2012 saa 09:02
x
Isuzuma riba ari ngombwa ngo bamenye impamvu nyakuri yateye urupfu rw'umuntu. Kuberako ushobora kwibwira ko yazize impanuka y'imodoka kandi wenda yagize crise y'umutima atwaye imodoka bigatuma atakaza controle y'imodoka igakora accident... hanyuma abantu bagatekereza ko ari impanuka isanzwe. Ibyo byose rero bimenyekana iyo hakozwe isuzuma (autopsie).
1er.08.2012 saa 00:24
Julien
sinemeranya nawe Zadi, kuko ntiyagombye kubakira. biragaragaza ko ari nabyo abigisha !!
Musubize31.07.2012 saa 08:35
Mahoro
Iri jambo rya Mwesigye ko ringoye kuryumva (Baba babangamira umutekano rusange ?????!!!) njye ndumva harimo kubangamira ubenganzira bw'ikiremwamuntu, harimo kubayobya, kubica ubwenge batareba ibyo Imana yabahaye bikwiye kubagirira akamaro no gutuma bafata Imana nabi igihe batabonye ibyo basabaga kandi bagiye kubishakira kure kandi babisize hafi yabo, ni uko abantu baca inkereramucyamo bakazaridukirira mu nzira kandi inzira ya bugufi ihari kandi ikiza. Imana ibagirire neza
Musubize31.07.2012 saa 08:31
Cousin
Ngo irihe dini ?? yewe ni akumiro !!
Musubize31.07.2012 saa 08:09
magali
Jye ndahamya ko bibibaje kuba umuntu yapfuye rwose. Gusa ndasanga kuba uwo mudamu afunzwe azira ko umuntu yapfiriye mu rusengero, bitaba bikwiye rwose ! Impamvu ntanga ni uko burya no kwa muganga umuntu yahapfira ! Icyo ntemera cyakora na none, ni uko umuntu umwe cyangwa benshi bafata umwanzuro wo guhindura mu rusengero ibitaro by'abarwayi !! Ntabwo bikwiye, kuko iyo biba ibyo, Yesu yari kuba yarashyizeho ibitaro bakajya bamuzanira abarwayi kuko we yarabakizaga ubwe ! Niba rero abakristo basabwa gusengera abarwayi (kuko nzi ko byanditse muri bibiliya), harananditswe ngo urwaye n'ahamagare abakozi b'Imana bamusengere bamurambitseho ibiganza, aho ni muri YAKOBO. Inama natanga ni uko abiyumvamo ko basengera umurwayi agakira, bakwiye kumusanga iwe cyangwa aho aba, bakamusengera, kandi bakwiye kwibuka ko hasengerwa uwabanje kwivuza bikananirana ! Kuko iyo nsomye ijambo ry'Imana, nsanga na Yesu yarakizaga uburwayi bwananiranye mu baganga basanzwe ! Niyo mpamvu usanga abo yagiye akiza bose barabaga bamaranye uburwayi bwabo igihe kirekire ! Murakoze.
Musubize31.07.2012 saa 07:56
CHERUBIN
Ariko uwomupaster arazira akamama ibyobibaho mubyaro hose umuntu arwara isereri agakeka yuko aramasatani bakihutira kubapaster. Amakosa nayababyeyi buwo mukobwa.
Musubize31.07.2012 saa 07:06
zado
Nukuri gewe ndemeza ko Imana Nkuru ari nayo Ishobora Byose Ikiza abantu. Ariko ibakiza bitewe no kwizera kwabo. Ntidushobora kugaya ko yizeye ko akizwa na Nyagasani we uzi igihe umuntu azamara ku isi ahubwo twagaya uwiyemeje ku musengera nawe nta bushobozi afite bwo kumukiza. Uwo rero ntashidikanya ntabwo yakebwe. Mwibuke neza ko Intumwa zarambikaga ikiganza ku barwayi bagakira, Aha kdi mwibuke ko zategekaga mu izina ryuwazitumye umuntu agakira. None abapasitori bamwe bakagombye kwiyeza bagaha Imana icyubahiro, hanyuma nayo ikabakoresha umurimo nibitangaza. Ubwose wasengera umuntu nawe utisenjyeye ? Nyagasani we Imana, Nkuru Ibahe imigisha no kwihangana kubagize Ibyago.
Musubize31.07.2012 saa 06:57
Abataracyebwe
Ubujiji ku bayoboke b'ayo madini, ubujura, kubeshya no kuzamukira ku bujiji bw' abayoboke ku biyita abakozi b'Imana.
Musubize31.07.2012 saa 06:39
Kalinda
twifuzagako nimuvuga ko mwagiye gukorera umurambo autopsie muzajya munatangaza ikiba cyishe uwo nyakwigendera urugero nka wa wa mu pfofesseur w`igishaga muri kaminuza nkuru y`u rda ntimwatangaza icyamwishe kdi mwari mwatangajeko umurambo we wagiye gukorerwa au
Musubize31.07.2012 saa 05:55
KIKI
ABANTU BAJIJUKE, bareke gukora amafuti nk' aya. Naho iby' ayo madini ahakana gahunda za leta bayahagarike rwose. Ibaze nawe rwose abaturage b' intara runaka bibeshye bakayoboka iryo dini bose hamwe ? Hari aho twaba tugana nk' igihugu gitera imbere ? Bacungire hafi neza gahunda z' ayo madini kuko ntiwamenya ibiba biyihishe inyuma.
Musubize31.07.2012 saa 05:54
demun
Abanyamadini bamwe bagiye kuzatuma umurimo w'Imana bakora usuzugurika !
Musubize31.07.2012 saa 05:09
bienvenue
iyi nkuru irababaje ariko buri gihe mutubwira ko imirambo yajyanywe mubitaro kugirango hamenyekane ikiba cyateye urwo rupfu, ariko ntanarimwe nigeze mbona mutugezaho amakuru aboneka mu gihe iri suzuma rirangiye (inkomoko yurwo rupfu) kugirango abantu barusheho kwiririnda.
Musubize31.07.2012 saa 03:35
jeannine

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!