Abaturage batewe inkeke na ruhurura iri mu murenge wa Kigarama, Akarere ka Kicukiro ku muhanda uzamuka uva mu Rugunga ugana ku mashuri yahoze akoreramo ishuri rya APEHOT.
Abaturage batuye hafi y’uwo muhanda n’abawugendamo batangarije IGIHE ko iyo ruhurura ibabangamiye cyane, bitewe n’uburyo igenda isatira umuhanda n’ishuri ribanza rya La Berceuse rikaba ryarasatiriwe cyane.
Kamali Yohani, umwe mu baganiriye na IGIHE, yavuze ko mu gihe cy’imvura baba bafite impungenge cyane ku batwara ibinyabiziga, kuko umuhanda ugenda utengukira muri Ruhurura bityo bikaba bishobora gutera impanuka zitunguranye ku binyabiziga no ku banyamaguru bakoresha uwo muhanda.
Umwarimu wigisha kuri iryo shuri waganiriye na IGIHE, nawe yagaragaje ko iyi ruhurura ibabangamiye cyane, kuburyo ubu nyuma y’uko bamaze kubona igenda irushaho kubegera, ubuyobozi bw’ishuri bwafunze amarembo yanyuraga hejuru y’iyo ruhurura, bakayimurira ku rundi ruhande kugira ngo abana batazayigwamo.
Bamwe mu babyeyi bafite abana biga muri iryo shuri rya La Berceuse bavuga ko bafite impungenge z’abana babo kuko bigaragara ko amwe mu mashuri yatangiye kwiyasa, kandi abana bakaba bakiyigiramo.
Umuyobozi w’Umurenge wa Kigarama, Kaboyi Jean Bosco yatangarije IGIHE ko ikibazo cya ruhurura kizwi kandi ko imirimo yo kuyisana iri hafi gutangira.
Ku kibazo cy’ayo mashuri yangijwe n’iyo ruhurura, Kaboyi avuga ko bazavugana n’ubuyobozi bwa La Berceuse bakareba icyo bakora. Gusa Umurenge wo ngo ntiwari uzi ko hari amwe mu mashuri yatangiye kwiyasa kubera ruhurura yayasatiriye.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
EFOTEC yatanze inkunga ya miliyoni 3 ku bapfakazi ba Jenoside
19.05.2013 |
|
Rubilizi : Abaturage basuye urwibutso ahari urusengero rwiciwemo abatutsi 15,000
19.05.2013 |
|
Yagerageje guha umupolisi ruswa afatanywe urumogi
19.05.2013 |
|
Muhanga : Isoreshwa ry’inkunga ryatumye abanyeshuri bagurishwa inkweto
19.05.2013 |
|
London : Perezida Kagame yahaye impanuro abitabiriye Rwanda Day
19.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |