IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Rusizi : Ari mu maboko ya police azira kurwanya inzego z’umutekano


Yanditswe kuya 25-07-2012 - Saa 10:48' na IGIHE

Ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki ya 23 Nyakanga 2012, ahagana mu masaha ya saa kumi ( 16h00) z’umugoroba nibwo umusore witwa Iyakaremye Théogène wo mu Kagari ka Kamashangi, mu Murenge wa Kamembe yatawe muro yombi azira kurwanya inzego z’umutekano.

Uyu musore yateje umutekano muke mu isoko, aho yadutse muri bagenzibe atangira kubakubita. Ubwo yakoraga urwo rugomo, rwo guhohotera bagenzi be yitwaje ko abarusha imbaraga, abari mu isoko rya Kamembe bihutiye gushaka inzego z’umutekano zihageze zisanga uyu musore yaciye ibintu akazi kahagaze abasirikare bagize ngo bamubuze guteza imvururu, nabo atangira kubafata mu ijosi.

Muri ako kanya nibwo Polisi yahageze, uwo musore Iyakaremye Théogène abakubise amaso ariruka, icyakora kubufatanye bw’abaturage n’inzego z’umutekano arafatwa. Nubwo mu by’ukuri nta kintu gifatika cyamenyekanye cyaba cyaratumye yahuka muri bagenzi be agatangira gukubita, abo twaganiriye nabo batashatse kwivuga amazina batubwiye ko ashobora kuba yarabitewe no kunywa ibiyobyabwenge ubundi ngo akaba yarashakaga kwereka bagenzibe ko ariwe ufite imbaraga, bityo akaba agomba kuzajya ategeka insorersore zose zirirwa mu isoko rya Kamembe, kenshi usanga nta n’umurimo ufatika ziba zihafite.

Kuri ubu, Iyakaremye ari mu maboko ya Police kugira ngo basuzume icyaba kimutera kubuza abantu umutekano.

Jean Pierre Niyibizi Ushinzwe Itangazamakuru mu Karere ka Rusizi

IBITEKEREZO
Nimureke umunyarwanda yigendere ! Wenda yabakinishaga abonye polisi arigendera, ubwo icyo ni icyaha cyakwicisha umugabo ! Ngo bamufunge.....! Uzamutunga se...!? Ubu wowe nta muntu uratera ikofe mubikino ! Sha mwagiye mureka kwirata !
Musubize30.07.2012 saa 02:31
Ruhogo@
Ubwo se ibyo yabiretse akifatira isuka agashaka icyamuteza imbere ? Arahaze.
Musubize26.07.2012 saa 03:46
puchu
Iki gisenzi bagihambire kiracyafite esprit ya giterahamwe
Musubize26.07.2012 saa 03:16
karenzi jean
nibagifunge kujya gisonga ubugari bwa gereza nkamezi 3 kibusonga buri munsi umujinga ashindikana gute ? cg bakijyane muri Military police igikosore for 2week nikigaruka kikazongera muzangaye,bazagiha akazi kuburyo kizagaruka kirusha ubwitonzi Musenyeri. Cyakumva n'aho batongana gusa kikiyirukira cg Cyabona umusirikare kigahita kimera nk'umwana wumvise Ise atashye. Nimutamutangaho urugero kandi imbaragasa ziraza kuburira ari nyinshi nkababandi bigeze kubeshyera umusirikare yagambaniwe ngo yananiwe kubishyura icupa 1rya byeri bakamukanda ibintu bye mpaka aho ahembukiye akabereka aho abera akaga,kuko bari bamusuzuguye birenz'igipimo.
Musubize25.07.2012 saa 23:32
Munyurangabo
Uyu mujinga wifoye namaboko wagirango ni ingiga z'ibiti akaba atagira ninzara zo kwishima yakwadutse ibishanga agahinga cg akajya kuroba mu Kivu akiteza imbere nkabandi basore ? uwakijyana iWawa kikajya kwiga imyuga. otherwise bamwereke ko Leta idafite umwanya wo guta n'ibigoryi nkibi.
Musubize25.07.2012 saa 11:11
KC
Uwampa ibigufu nk'iby'uburusi n'amerikaaaaa nahana ab'urugomo nk'iki gisore, ibibaraga byacyo nkabyohereza mu gishanga cy'umuceri wa Bugarama maze aboro n'indushyi bakareka kwicira isazi mu jisho. Rugamba Sipiriyani Remix
Musubize25.07.2012 saa 10:04
Julien
reka mbareke mwivugire, biracyaza. mwigeze mubona ukuntu ikinani mu minsi y'imperuka yacyo bagisuzuguraga. ntacyo mvuze. muzasome psychology cyangwa psychiatry mu menye uko umuntu aremye atandukanye n'ibindi biremwa.
Musubize25.07.2012 saa 09:34
getho religion
Getho religion, ubutumwa bwawe simbwumvise neza. Uwo cyangwa abo ugereranya n'Ikinani akaba ageze cyangwa bageze mu minsi y'imperuka ni nde cyangwa ni bande ? Niba ari abasirikare ba RDFuvuga uranshekeje cyane. Ushobora kuba ujya ubabona bigendera cyangwa bahagaze ntawe bakura ukagirango ni intege nke. Ukeka nta mbunda bari bafite cyangwa batarimo abasore bahangana n'uyu wigize Gangi ? Ariko bafite ibyo batojwe n'uburyo bakoresha ibyo bazi n'intwaro bafite. Uzabaze ababazi neza n'ababakekaga gutyo ibyo babonye !
27.07.2012 saa 04:46
Kalisa
isi yararangiye musenge cyane,uyu ashobora kuba yari yanyoye urumogi.
Musubize25.07.2012 saa 09:14
ds
Ngo abasirikare baje abafata mu ijosi, abapolisi bahageze ariruka ? Nukuvuga ko abasirikare bo yabasuzuguye ? Bamufunge n'urufunguzo barujugunye mu kivu.
Musubize25.07.2012 saa 07:23
Sekidende
Umenya babicuritse !! Abapolisi bi Kamembe nibo batinyitse kurusha abasirikali ?!!!!!!!!!!!!!!!!!
26.07.2012 saa 01:03
claude
MUJYE MUHINDURA INKURU ZIMAZE IGIHE MUZIKUREHO
Musubize25.07.2012 saa 07:06
papy makala
Ahubwo se isoko rya Kamembe riracyabaho ? Mujye mwandika inkuru zisobanutse ! Ugiye i Rusizi ahahoze isoko harunze itaka n'inyubako ndende ! Uyu musore yaba yakoreye he uru rugomo ? Simvuze ko atarukoze ahubwo mudusobanurire mu kihe gipangu(kubera ko amasoko asigaye akorerwa mu bikari) !
Musubize25.07.2012 saa 05:46
DFR
urashaka ko bagusobanurira iki ? uri igiki basobanurira ? uri muri investigation ababivuze se ubonye Iyi foto n'iyo bahimbye ? iyo bavuze abagizi ba nabi hari abo wagirango ni ukubakora mu nkovu
26.07.2012 saa 03:45
mapa
bamukubite izasagutse kuri yezu. nibyanga bazamunyohereze mabafashe, abo ni ikiraka cyange.
Musubize25.07.2012 saa 04:52
kamana didace dodo
Uwakunkubitira ahubwo ari wowe, ndetse akakunoza bihagije !
25.07.2012 saa 06:37
Jeanne
Ubonye iyo nibura aza kwiga iteramakofe izo mbaraga afite zikamuzanira agafaranga aho guhimbira mubo arusha ingufu ngo atimbagure kandi ntagire icyo asarura ! Ubonye se niyo aba karaningufu akajya yikorera 200kg agacyura nka 20,000Frw k'umunsi ejo akazigirira akamaro n'abazamukomokaho ! Nibamuhe gasopo bamwumvishe ko ntanarimwe amategeko yemera ibintu nkibyo.
Musubize25.07.2012 saa 04:10
Rugamba

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!