IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Sosiyete sivile irifuza kugaragaza uruhare rwayo muri gahunda y’imbaturabukungu


Yanditswe kuya 19-10-2012 - Saa 00:25' na Constantin Tuyishimire

Sosiyete sivile mu Rwanda irifuza ko urahare rwayo rugaragara muri gahunda y’imbatura bukungu, gahunda yashyizweho na Guverinoma y’u Rwanda hagamijwe kuzamura imibereho y’abanyarwanda.

Mu nama yahuje Sosiyete sivile na Minisiteri y’imari n’igenamigambi n’abafatanyabikorwa batandukanye ku itariki ya 18 Ukwakira 2012, sosiyete sivile nyarwanda yagaragaje ko ifite ubushake bwo gutanga umusanzu wayo mu gushyigikira gahunda y’imbaturabukungu mu Rwanda((EDPRS))hagamijwe kwita ku buzima bw’Igihugu muri gahumda zose.

Karekezi Thadée, umunyamabanya nshingwabikorwa muri sosiyete sivile mu Rwanda, yatangaje ko bifuza kugira uruhare mu kureba imihindagurikire myiza y’ubuzima bw’Abanyarwanda, batanga ibitekerezo bitandukanye byatuma habaho iterambere ryihuse, hagabanywa ubukene mu baturage kuko bigaragara ko 41% by’abaturage bakiri munsi y’umurongo w’ubukene.

Ati “tugomba gushyigikira ibikorwa by’iterambere, duharanira guha ishusho y’icyo u Rwanda rwifuza kuba cyo mu minsi iri imbere, bityo gahunda z’icyerecyezo 2020 zikagerweho uko byifuzwa.

Karekezi yongeyeho ko abaturage nabo bagomba kubigiramo uruhare, bagatanga ibitekerezo kuko bishobora kugira icyo byongera ku mikorere ya gahunda y’imbaturabukungu(EDPRS).

Kabera Godfrey, ushinzwe isuzuma n’ubushakashatsi muri Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda yatangaje ko intego nyamukuru ya EDPRS, ari ukuzamura ubuzima bw’abanyarwanda bose ndetse no guhanga udushya muri gahunda z’igihugu zitandukanye.

Yongeyeho ko u Rwanda rwifuza kugira gahunda y’imbaturabukungu imara igihe kirekire kandi iteza umunyarwanda imbere.

Kabera yagize ati “turifuza ko mu myaka itanu iri imbere ubukungu bwazamukaho nibuba 11.5% ndetse n’abaturage batuye mu byaro bagatera imbere ku kigereranyo cya 30%.

Gahunda y’imbaturabukungu mu Rwanda ni gahunda yashyizweho na Guverinoma y’u Rwanda hagamijwe kuzamura imibereho y’abanyarwanda.

IBITEKEREZO
Ndasubiza Bebeto utagira ikinyabuphura yandika kuri iyi mbuga ngo APUUUUUUU, icyambere ntakurikira ibikorwa ibivugwa, ntareba TVR, ntiyumva amaradiyo akorera mu Rwanda, ntakurikira inama zitandukanye zitangirwamo recommandations, ikindi nuko nta burere agira cyangwa ntazi SOCIETE CIVILE icyo aricyo nuko ikora, umuntu utinyuka akavuga ngo abantu barasakuza, nta gaciro yihesha, nta genzura ururimi rwe, niyisubireho. Murakoze
Musubize19.10.2012 saa 02:36
Boniface
bategerje ko inteko shigamategeko iragiza information bill basobanturire abaturage.
Musubize19.10.2012 saa 01:13
######
SOCIETE CIVILE YO MU RWANDA NAYOBEWE ICYO IMAZE...MU GIHE DUFITANYE IKIBAZO NA CONGO MURI IKI GIHE, SOCIETE CIVILE YAHO YARAHAGURUTSE...IRASAKUZA, IRASAKUZA WEEEEEE, NDETSE IRUSHA LETA....MU RWANDA SINZI NIBA IHARI...NIBA IHARI SE IMAZE IKI ??? YAKOZE IKI SE MURI IKI GIHE ABANYARWANDA BAHOHOTERWA MURI DRC ??? SHAME ON YOU ...APUUUU.
Musubize19.10.2012 saa 00:40
Bebeto

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!