Kuri uyu wa 18 Ukwakira 2012, u Rwanda rwatorewe kujya mu Kanama ka LONI Gashinzwe Amahoro ku isi mu matora yabereye i New York muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.
Mu bihugu byatoraga 193, u Rwanda rwatowe ku majwi 148. U Rwanda rugiye muri uyu mwanya ruhagarariye umugabane w’Afurika, rukaba rusimbuye Afurika y’Epfo. Uyu mwanya rutorewe ugira manda y’imyaka ibiri, bivuze ko u Rwanda ruzaba ruri muri aka kanama kuva mu 2013 kugeza mu 2014.
Abanyarwanda n’abanyamahanga batandukanye bagaragaje ko bishimiye uyu mwanya u Rwanda rwatorewe, cyane cyane ku mbuga nkoranyambaga za Twitter na Facebook.
U Rwanda rutorewe manda y’imyaka ibiri nka kimwe mu bihugu icumi bigize aka kanama mu buryo budahoraho.
Uyu mwanya rwawuherukagaho hagati y’umwaka w’1994 n’1995, mu 1994 hakaba ari bwo Leta y’icyo gihe yarenze ku nshingano zo kuba rushinzwe umutekano igakorera Jenoside bamwe mu baturage b’u Rwanda. N’ubwo leta y’icyo gihe itashyize mu bikorwa inshingano zo kubungabunga umutekano, Leta iriho mu Rwanda yakomeje kugaragaza ibikorwa bitandukanye byo kubungabunga umutekano, igaragaza ko iharanira ko ibyabaye bitazasubira mu Rwwanda n’ahandi hose ku isi.
Bimwe muri ibyo bikorwa, harimo kubungabunga amahoro mu Ntara ya Darfur muri Sudani, no muri Haiti hari abapolisi b’u Rwanda mu rwego rwo kubungabunga amahoro.
Uyu mwanya u Rwanda ruwubonye nyuma y’amagambo menshi, aho rwashinjwaga gutera inkunga inyeshyamba z’umutwe wa M23 urwanya Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Mu ntangiriro z’umwaka utaha ni bwo u Rwanda ruzatangira imirimo muri aka kanama rwatorewe. Mu bindi bihugu byatorewe kujya muri aka kanama harimo Argentine yagize amajwi 182, na Australia yagize amajwi 140.
U Rwanda rwishimiye uyu mwanya
Nyuma yo gutorerwa kujya mu Kanama Gashinzwe Amahoro ku isi, u Rwanda rwagaragaje ko rubyishimiye.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Loiuse Mushikiwabo, yagize ati “Twishimiye gutsindira icyizere duhawe n’ibindi bihugu byagaragaje ko bishyigikiye intero y’uko mu Rwanda duha agaciro ’Amahoro’, kandi natwe dutewe ishema no kubikorera."
U Rwanda kandi rwagaragaje ko rwanejejwe no kuba Afurika Yunze Ubumwe yararushyigikiye mu kubona uyu mwanya, rukaba rutanga icyizere ko amateka mabi yabaye ubwo rwari muri aka kanama atazongera kubaho, ko icyo rugiye gukora ari uguharanira ko nta n’ahandi yazongera kuba ku isi.
Minisitiri Mushikiwabo avuga ko amateka azabera isomo u Rwanda rizatuma rubasha kugera ku nshingano zo kuba muri aka kanama. Mushikiwabo akavuga ko ku bufatanye n’ibindi bihugu bikarimo izi nshingano zizagerwaho.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Muhanga : Isoreshwa ry’inkunga ryatumye abanyeshuri bagurishwa inkweto
19.05.2013 |
|
London : Perezida Kagame yahaye impanuro abitabiriye Rwanda Day
19.05.2013 |
|
London : Perezida Kagame yahawe igihembo cyo guteza imbere ishoramari muri Afurika
18.05.2013 |
|
Abagize Inama y’Igihugu y’abafite ubumuga barasabwa kubakorera ubuvugizi
18.05.2013 |
|
Kigali : Urusimbi rwamuriye moto ya Miliyoni imwe, none ararira ayo kwarika
18.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |