IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Uganda, isoko ry’intwaro ku Burusiya


Yanditswe kuya 9-02-2013 - Saa 15:15' na James Habimana

Amakuru aravuga ko u Burusiya bwaba bugiye kujya bucururiza intwaro zabwo muri Uganda ku buryo buri hejuru, nyuma yo kubura isoko muri Asiya no muri Afurika y’Amajyaruguru.

Ibi byashimangiwe n’ikinyamakuru The Moscow Times cyo mu Burusiya, cyatangaje ko uhagarariye ubufatanye mu by’ikoranabuhanga mu ngabo z’u Burusiya Alexander Fomin, yavuze ko nyuma yo kubura isoko ry’intwaro muri utu duce kubera umutekano muke uhari, bahisemo kuzicururiza mu bihugu bya Uganda, Peru, Ghana, Mali na Oman.

Aya makuru aje nyuma y’aho mu kwezi gushize Perezida wa Uganda Yoweli Museveni, yasuye u Burusiya abonana na Perezida Vradimir Putin baganira uko bafatanya mu bijyanye n’intwaro.

Ibi kandi byanemejwe n’umuvugizi w’ingabo za Uganda Col. Felix Kulayigye, wavuze ko kuba Uganda igiye gukomeza kugura intwaro mu Burusiya ngo atari bwo bibaye ubwa mbere, kuko n’ubundi baherutse kugurayo indege zo mu bwoko wa Sukhoi ndetse n’ibindi bimodoka by’intambara, kuko ngo intwaro z’u Burusiya zihendutse, bityo bikorohera igihugu nka Uganda guhahirayo.

Mu mwaka wa 2011, Uganda yaguze indege 6 z’intambara mu Burusiya, zifite agaciro k’amadolari ya Amerika miliyoni 740. Byababaje abaturage ba Uganda, aho bavuga ko Perezida Museveni atari akwiye kugura indege zihenze mu gihe ibikorwa by’ubuvuzi n’ibindi bikiri hasi, ariko we akababwira ko byose bibaho kubera umutekano.

IBITEKEREZO
Arabeshyera ubusa, n'iyo yagura izingana iki ! Keretse CIA nitabimenya naho ubundi ake kashobotse. Icyo azigurira kirakemangwa... Akarere kagiye kwaka umuriro, ndabona ibyangombwa biri kugenda byegeranywa buhoro buhoro, abasenga musenge ! Ikiri ukuri ni uko intwaro atari zo zizagira ijambo rya nyuma.
Musubize10.02.2013 saa 09:02
Kanakamwe
harya ibibbyose nibyakorewe kwica mwen'ADAMU ????????????? ngo uwicisha inkota azicwanayo !!!!
Musubize10.02.2013 saa 01:00
nakumiro
uh, umutekano mukarere uzahungabana kuko kugura intwaro bizoroha ugereranije nuko ubu bimeze.
Musubize9.02.2013 saa 10:03
umutekano
Abagande barye bari menge buriya haratutummba intambara kandi rero izo ntwari zigenewe kubarimbura nkuko muri 198....... Museveni avata butegetsi byagenze Imana ibarinde kandi ibakize uwo mugizi wa nabi
Musubize9.02.2013 saa 08:31
christian
Imana irareba .
Musubize9.02.2013 saa 08:12
Roro

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!