Ubushakashatsi bwakozwe n’ikigo Gallup ku mibereho y’abaturage, bwagaragaje ko u Rwanda ruza ku mwanya wa kabiri mu bihugu 136 bwakorewemo ku kugira abantu bishimira urukundo n’abakunzi babo (Couple Love).
Ubu bushakashatsi bwashyizwe ahagaragara ku ya 14 Gashyantare 2013 bwatunguye abatekerezaga ko i Paris mu Bufaransa n’i Roma mu Butaliyani ari ho hagaragara abakundana benshi, nk’uko ikinyamakuru Bloomberg kibitangaza.
Ubushakashatsi bwagaragaje ko Philipinnes ari cyo gihugu kiza imbere mu kugaragaramo abakundana bagerageza kubahiriza amabwiriza ubu bushakashatsi bwagendeyeho. Ayo mabwiriza yari impamvu ituma bakundana, aho urukundo rwabo ruhuriye n’ubwenegihugu bwabo, imyaka yabo, amafaranga n’iterambere ry’igihugu cyabo.
Mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba Tanzania iri ku mwanya wa 15, Kenya iri ku mwanya wa 47 naho Uganda iri ku mwanya wa 86. U Burundi bwo ntibugaragara ku rutonde rw’abakoreweho ubushakashatsi.
Urutonde rw’ibyo bihugu rugizwe n’ijanisha ry’abavuze ko banyuzwe n’urukundo bahabwa n’abo bakundana, naho imibare iri mu dukubo igaragaza umubare w’ababajijwe.
Ibihugu 10 bya mbere
1. Philippines 93% (2193)
2. Rwanda 92% (1495)
3. Puerto Rico 90% (495)
4. Hungary 89% (1002)
5. Cyprus 88% (988)
6. Trinidad and Tobago 88% (506)
7. Paraguay 87% (1986)
8. Lebanon 86% (970)
9. Costa Rica 85% (1985)
10. Cambodia 85% (1961)
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Umugabo yamenweho amavuta ashyushye azira kwanga gutera akabariro
20.05.2013 |
|
Irangi ryo mu cyumba bararamo rigira uruhare mu gusinzira
17.05.2013 |
|
Byateye intugunda iby’isabukuru y’amavuko y’umugore wa Sassou-Nguesso yatwaye miliyoni 1,5$
16.05.2013 |
|
Pologne : Nyuma yo kwibaruka umwana ufite alcool nyinshi ashobora gufungwa
16.05.2013 |
|
Zimwe mu ndangagaciro zikwiye kuranga abashakanye
15.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |