Iri Torero riherereye mu Mujyi wa Pretoria muri Afurika y’Epfo, hakaba hari amafoto akomeje guhererekanywa no gukwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga, umuyobozi waryo witwa Penuel Mnguni, atamika abayoboke baryo baryo inzoka.
Nk’uko bigaragara ku mafoto yashyizwe ku rubuga rwa facebook rw’iri torero, hamwe no ku rubuga rwa Harare 24, yatamikaga inzoka ahereye ku murizo, mu gihe abandi yabafatiraga umurizo bakarya bahereye ku mutwe, ababwira ko ziri buhinduke shokora (chocolates).
Penuel Mnguni ngo yagize ati “Dufite ubushobozi bwo guhindura buri kintu kandi kikaba uko tugihinduye kubera ubwo bushobozi twahawe. Ibyo byose dutegeka kandi tukabikora, bigomba kutwubaha kuko tubifitiye ubushobozi.”
Mu minsi yashize kandi Penuel Mnguni yasabye abayoboke be gukuramo imyenda akabicaraho mbere y’uko abasengera, ndetse abasaba kurya imyenda yabo, abemeza ko ihinduka ibyo kurya no kunywa biryoshye, mu gihe hari n’ubwo yategetse abagore kurya inweri zo ku mitwe yabo, abizeza ko bakira indwara bakabona ibitangaza n’ibindi.



















TANGA IGITEKEREZO