Ibisobanuro bya bumwe mu buryo abantu baryamamo


Yanditswe kuya 9-01-2013 - Saa 11:49' na Emma-Marie Umurerwa

  • Dr Joseph Messinger, umushakashatsi mu by’imibereho y’abantu by’umwihariko ibijyanye n’imvugo z’umubiri (langage corporel), mu bushakashatsi yakoreye muri za hoteli zitwa Kyriad yasanze uburyo umuntu aryamamo iyo asinziriye bugaragaza byinshi ku wo ari we.

Dore bimwe mu byagaragajwe n’ubu bushakashatsi ku bisobanuro ku buryo abantu benshi bakunze kuryama nk’uko urubuga rwa Amazon rubitangaza :

Kuryama wubitse inda

Ubu buryo bukunze kugaragara mu miryamire y’abasore n’inkumi bari mu kigero cy’ubugimbi (adolescents). Kuryama wubitse inda bigaragaza ko umuntu agifite guhuzagurika mu mitekerereze.

Naho iyo ari umuntu mukuru (un adulte), ahanini bigaragaza ko arimo kugerageza gutwikira ikibazo cy’urukundo ruke yahawe cyangwa se agerageza guhisha amarangamutima arenze urugero amuranga.

Kuryama ugaramye, unyuranyije amaguru

Bigaragaza umudendezo. Ubu buryo bukunze gukoreshwa n’abatuye ibihugu bishyuha cyane, akenshi umuntu uryama gutya akaba aba arimo kuruhuka.

Iyo ugerekeranyije amaguru, imoso hejuru y’indyo, bigaragaza ko ufite icyizere cy’ejo hazaza cyangwa se muri wowe ubwawe. Iyo indyo igiye hejuru y’ imoso bisobanura ko nta cyizere wifitiye.

Kuryama ugaramye, amaboko afashe inyuma ku mutwe

Umuntu uryama muri ubu buryo arangwa n’ubwana muri we, ndetse akaba yarangwa no guhubuka igihe ahuye n’ibibazo agomba kubonera ibisubizo.

Kuryama ugaramye ukoza amaboko hirya no hino

Ibi bisobanuye ko wifitemo ubwigenge bw’ukuboko kw’ibumoso gusobanura kwemera ibintu utagoranye cyane, naho ukw’iburyo kugasobanura kwihutira gukora ibyo wemeye.

Ubu buryo bukunze kugaragaza umuntu urangwa n’ibyifuzo byinshi, kandi ugira umwete wo kubigeraho.

Kuryama ugaramye amaboko afashe ku nda

Ubu ni uburyo buranga umuntu urimo kwisuzuma kandi witeguye guhinduka.

Kuryamira urubavu kandi ugororotse

Kuryamira urubavu rw’ imoso ni uburyo bwo kugaragaza ko uhangayikishijwe n’ ibigiye kuba cyangwa se n’ ibiri kuba.

Iyo rero uryamiye iburyo, ni ikimenyetso cy’imyitwarire y’umuntu ukomeye cyangwa wikanyiza.

Kuryamira urubavu ikiganza gifashe itama

Kwifata itama ubwabyo bifite ubusobanuro bibiri : Umuntu nagukora ku itama ry’ibumoso azaba arimo akugaragariza ko akwitayeho.

Ibi ariko bihindura ubusobanuro mu gihe umuntu abyikoreye cyane cyane asinziriye kuko bigaragaza ko akeneye gukundwa.

Umuntu nagukora ku itama ry’iburyo uzamenye ko aguteye imbaraga, naho usinziriye yifashe ku itama ry’iburyo aba akeneye umuntu umutera imbaraga.

IBITEKEREZO
Muzatubwirenibindi
Musubize26.03.2013 saa 18:35
ndagijimana
Ubu bushakashatsi burambeshye kuko akensi umuntu aryama muri position bitewe numubiriwe ubwose urwaye nkamenyo wafatitama
Musubize14.02.2013 saa 02:30
Imenagitero
Hari ibyo tutemeranyaho, urugero, Kugarama, sibyiza kuko ushobora kubura umwuka wo guhumeka, kugarama byajemo cyane kandi abandi bavuga ko iyo ugaramye uri umukobwa ushobora kurota umuhungu akuryamye hejuru, ibyiza nuko uryama ukurikije izinama ngiye kukugira 1- Kuryama wubitse inda ugororotse utandukanyije amaguru , 2- Kuryama wubitse inda witambitse(diagonari), 3- Kuryamira uruhande rumwe ugororotse,waruha ukaryamira urundi, 4- Kuryama wicaye ureba hejuru urambuye amaboko, utoranye ibigufasha cyangwa ibyo ukoreska kenshi Umugoroba mwiza
Musubize15.01.2013 saa 02:59
kamugabo
hahahahahahahahahhhhhhhhhhhhhhhh uyu munyamakuru wa Igihe aranyemeza kabisa. Courage cyane cyane tugushimiye ubumenyi ujya utugezaho
Musubize10.01.2013 saa 06:14
Cathy
iyi analyse ndayemeye pe ! uyu ni umuhanga ndakababura.
Musubize10.01.2013 saa 00:30
kabageni
None se ko ntakintu bavuze ku bantu baryama ukagira ngo ni chaise ! bagapfunya ukagira ngo n'umugozi !
Musubize10.01.2013 saa 00:05
XXXZZZ
Najye ndunga mubya mugenzi wange ngo ubu bushakashatsi nibwo rwose ukurikije uko najye bijya bimbaho nsanze neza neza 95% ari byo rwose. Ahubwo muge mushaka uburyo mubugeza kubanyarwanda bose nabadashobora kugira access kuri internet kuko ndabona haricyo bya kungura umuryano nyarwanda muri rusange
Musubize10.01.2013 saa 00:00
Daouda TWAGIRIMANA
Ubu bushakashatsi bukorwa n'abazungu bugakorerwa ku bazungu. Nonese jye mbona hano iwacu(Africa) uryama ukurikije uko matelas yawe iteye kuko akenshi niyo iguha position ikugwa neza mu gihe ishaka agatotsi, ibi ikibikubwira n'uko iyo uhinduye aho wararaga(wasuye abantu cg muri Hotel) imiryamire wari usanganywe iratandukanye. So numva kubwanjye ubu bushakashatsi butuzuye
Musubize9.01.2013 saa 09:51
Bonny
Uvuze ukuri rwose. Naho ubundi bamwe bagiye gutangira gushakisha bihingamo kuryama ukundi ku nfgufu ngo barebe ko baba ba BOSS.
9.01.2013 saa 17:26
jaffy4@gmail.com
ubu bushakashatsi nibwo ndabwemeye kuko mbonye ibyo bavuga akenshi 90% nibyo.
Musubize9.01.2013 saa 08:28
bambin
imitwe .com
Musubize9.01.2013 saa 07:11
######
Ibi bintu ni ukuri pe ! Nange hari ibyo niyumviseho kandi nsanga ubu busobonuro ntawapfa kubusuzugura !
Musubize9.01.2013 saa 05:40
Saviola
Ni byiza kuduha ibisobanuro kuri ibi bituma rubanda nyamwinshi bunguka ubwenge.
Musubize9.01.2013 saa 05:32
MURENZI Augustin

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!