Kwinjira wambaye ubusa wemererwaga gufata icyo ushaka ku buntu


Yanditswe kuya 20-06-2012 - Saa 10:45' na UMUTESI Gisèle

Abadage benshi ndetse n’Abadanois (bo muri Danemark) bari biteguye kuri uyu wa Gatandatu guhahira ku buntu mu iduka riri mu Majyaruguru y’Ubudage. Ibi bikaba byaragombaga guhabwa abakiriya ba mbere bari kwinjiramo bambaye ubusa.

Nk’uko 7sur7 dukesha iyi nkuru yabitangaje, Ubwo iri duka ryafunguraga ku isaha ya saa mbiri za mugitondo ku isaha ngengamasaha ni ukuvuga saa yine za mugitondo ku isaha yo mu Rwanda, abarenga mirongo irindwi bambaye ubusa bari bamaze kuhagera nk’uko byatangajwe n’ibiro ntaramakuru bya AFP.

Iri duka ryari ryemeye gutanga ku buntu ibifite agaciro k’amayero 270 ni ukuvuga amanyarwanda 211,950 kubakiriya ijana ba mbere. Hari higanjemo Abadage n’Abadanois (bo muri Dan mark) bahise bahabwa ibihembo byabo birimo ibiribwa, ibinyobwa by’ubwoko bwose barebwa n’abarenga 250.

Gusa ngo byose byabaye mu mutuzo nk’uko byatangajwe na Polisi yo muri icyo gihugu, kuko nta kintu byigeze bihungabanya ku mutekano cyangwa ngo bitere ubusambanyi.

IBITEKEREZO
hahahaaaaaaaaaaaaaaaa nibigera ino ndebe ko mutazantangayo.
Musubize26.06.2012 saa 08:55
sympathos
yeyeyeywewewe
Musubize25.06.2012 saa 10:08
omba
reka reka none se tuzasubire kubyo twavuyeho ntibikabeho gusa tugomba kumenya ko inzara ishira ariko igihemu ntigishire ngaho tekereza abana bakubonye uri umubyeyi ugenda wambaye ubusa ngo ugiye guhaha tekereza ejo uko uzabona ifoto yawe wambaye ubusa gusa njye ndahamanya neza n'uriya wavuze ko ari ibihe bya nyuma ni ugusaba Imana iakadufasha naho ubundi nitutihana biraturangiranye Imana Ibafashe guhinduka ku munsi w'imperuka tuzitahire amahoro
Musubize25.06.2012 saa 06:01
kaka
ISI YARAHINDAGANYE CYANE
Musubize24.06.2012 saa 04:19
HAMZA
reka,reka,reka,oya simbishyigikiye tugombakwisubiraho !!!!!!!!
Musubize23.06.2012 saa 13:24
pggs
Abanyarwanda baciye umugani ngo : <<Inzara irashira ariko ikinegu ntigishira.>> Mubona amajyambere abazungu bagezeho abamariye iki koko, niba basigaye bitwara kuriya ? Nyamara niba ari hariya twiruka tugana, dushatse twagabanya umuvuduko. Yezu ati : abafite amatwi yo kumva.....
Musubize23.06.2012 saa 11:37
sinumvaybo
we nimuceceke kuko biriya nintu byoroshye cyane.nonese ari ugufata umuhoro ugatema umuntu umuziza ngo nuko akarusha inka,ngo ni umututsi no kwambara ubusa kugirango ubone uko uramuka,igikomeye ni ikihe ?nimureke twakoze amahano akomeye gusa tujye dusenga Imana izaduhe kwiyunga naho i Burayi baturusha gutekereza kure.
Musubize23.06.2012 saa 05:22
dady
Ibi byo ni zuwahama pe ariko ntakundi nawe ntiwajya kwambara ubusa ntacyo urengera ubwo barebaga kunyungu zinda gusa.
Musubize23.06.2012 saa 04:24
chicko
birandenze niko satani atangira ahubwo bitondere nyiri Duka eliminate mubi cyane
Musubize22.06.2012 saa 07:53
boofet
NIKO BIGENDA IYO ICYA KIMAZE KURENGA
Musubize22.06.2012 saa 06:41
patient
muzaturangire natwe tujye kwirebera nubwo amaso arya inda ikaburara. arikose mwazarangiye uriya mugore ibigabanya iriya nyakubahwa ? buriya nakubitiraho nibyo yavanye muri ririya duka ( super market) azangana ate ?
Musubize22.06.2012 saa 05:11
jeanne
ARIKO KWAMBARA UBUSA NI BYAKERA KANDI BIGOMBA KUBAHO NUKUVUGA ABANTU BAGEZE KUCYO BITA APOGE IYO UVUYE KURI APOGE UKORA CHUTE BISHATSE KUVUGA KO TWABAYEHO TUTAMBARA TUGERA IGIHE TWAMBARA IGICE KIMWE CYUMUBIRI TUGERA IGIHE TURIKWIZA NONE UBU TWABUZE IKINDI CYAKORWA USIBYE GUSUBIRA UKO TWARI TUKAGENDA TWABUNUJE
Musubize22.06.2012 saa 04:09
HHH
ntimukavuge ngo ntibagira umuco barawugira n'uwonguwo mudahuriyeho
Musubize22.06.2012 saa 00:44
chris
Uwabikora muriki gihugu yahanwa kabone niyo inza yaba yenda kugukura kwisi abanyarwanda turacyafite umuco nubwo uri kugenda ucika ,ahubwo dusenge cyane bitazadushyira kuko ndabona hari nababishyikiye da ?Ahaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaa ubu turaganahe ???
Musubize21.06.2012 saa 16:32
Anny
isi irikoreye muhumure isi izatoboka uno mwaka namwe mushaka mwakora ibyo mushaka
Musubize21.06.2012 saa 10:25
john
guys ntimugacire abantu imanza, twe twakoze ibirenze ibyabo (genocide)
Musubize21.06.2012 saa 09:26
h
NDABONA NTAGITANGAJE KIRIMO ,NUBUSAZWE ABAZUNGU BAMBARA UBUSA, KANDI NAKERA BYAHOZEHO, MUZASURE INZUNDANGA MURAGE IBUTARE MUREBE,ARIBYO UBUNIBWO TWATAYE UMUCYOGAKONDO, URETSEKO NUWODUFITE UBU SIMUBI KUKO TUWITA UMUCYO WIMANA, NIBIBI BITEWE NIMPANVU UBIKOZE CYENE NKIYOMPAMVU YABIBATEYE WAGIRANGO BARENDAKWICA NAYO
Musubize21.06.2012 saa 06:09
ggggggg
Ehe ibyo wikibeshya mu Rwanda ntanumwe babona kuko turiyubaha keretse cyokoza bavuze kwambara mini cyangwa kwambara ibintu bibafashe.
Musubize21.06.2012 saa 04:25
m
yemwe, yemwe isi irashaje pe .
Musubize21.06.2012 saa 04:07
gilbert
Gasiya ! inyanazimba zitagira umuco.ntibikagere iwacu murwagasabo mbandoga rwabutogo wampaye inka twataramye
Musubize21.06.2012 saa 03:19
gihangangomijana
1 | 2 | 3 | 4

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!