Igitabo Guiness des records giherutse kugaragaza ko umuntu wa mbere ku isi ushaje ari Umuyapani Jirouemon Kimura wavutse tariki ya 19 Mata 1897, akaba abura iminsi mike ngo yuzuze imyaka 116.
Nk’uko tubikesha urubuga 7 sur 7, ku Isi yose, Kimura ni umuntu wa gatatu ubashije kugeza kuri iyi myaka muri ibi bihe bya vuba.
Guiness Book kivuga ko amaze ibinyejana bitatu abayeho, yiboneye n’amaso ye uko iterambere mu mibereho y’abantu n’ikoranabuhanga ryagiye rikurikirana. Aha bavugamo umwaduko w’imodoka zifite moteri, televiziyo, internet n’ibindi. Yiboneye kandi abaperezida 20 bayoboye Amerika.
Uyu mukambwe afite abuzukuru 14, abuzukuruza 25 n’ubuvivi 23.
Kugira ngo arambe, uyu muyapani ngo yagendeye ku iturufu igira iti « kurya bike ugamije kubaho igihe kirekire ». Yakoze mu biro by’iposita imyaka 38 nyuma asubira mu buhinzi, aho yakoze kugeza ku myaka 90.
Jirouemon Kimura asimbuye kuri uyu mwanya Umunyamerika kazi Dina Manfredini watabarutse afite imyaka 115 n’iminsi 257.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Irangi ryo mu cyumba bararamo rigira uruhare mu gusinzira
17.05.2013 |
|
Byateye intugunda iby’isabukuru y’amavuko y’umugore wa Sassou-Nguesso yatwaye miliyoni 1,5$
16.05.2013 |
|
Pologne : Nyuma yo kwibaruka umwana ufite alcool nyinshi ashobora gufungwa
16.05.2013 |
|
Zimwe mu ndangagaciro zikwiye kuranga abashakanye
15.05.2013 |
|
Agashya i Kigali : Imodoka yatereye mu muhanda itagira umushoferi
14.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |