Muri iki gihe abahanzi 10 bari mu irushanwa rya PGGSS II, ushobora kuba ukeneye kumenya byinshi kuri bo.
Twagiye twegera buri muhanzi ngo atubwire ubuzima bwe burambuye muri Interview. Twahereye kuri Urban Boyz, tukazakomereza ku bandi nk’uko Nimero zabo zikurikirana.
Uratungurwa no kumva bimwe mu bintu bitangaje mu buzima bwabo, n’icyo batekereza kuri bimwe mu bibazo bireba igihugu. Rumwe muri izo ngero ni uko Safi avuga ko n’ubwo baje mu Mujyi agikunda ibiryo byo mu cyaro, akanavuga ko ku bijyanye no gukuramo inda abyemera ku ruhande rumwe urundi akabihakana.
Anavuga kandi ko kuri we asanga kuryamana n’umukunzi wawe mutarashakana nta kibazo abibonamo kuko ’ubugabo n’ubugore biba mu mutwe’ nk’uko abivuga.
Soma ikiganiro kirambuye twagiranye na Safi wa Urban Boyz :
IGIHE : Muraho safi ?
Safi : Muraho.
IGIHE : Urban Boyz muri bande ? Mwahuye gute ?
Safi : Itsinda Urban rigizwe n’abahnzi 3 ari bo Safi-Lee, Humble-G na Nizo. Ryashinzwe mu 2008, I Butare ubwo nahuraga bwa mbere na Nizzo. Twahuriye muri Studio yitwaga FN Studio yakorwagamo n’uwitwaga Junior (w’umuzayirwa) ndi gukora indirimbo nawe aje gukora indirimbo tuhakura igitekerezo gutyo.
Turirimba indirimbo ziri mu njyana ya Afrobeat. Dutuye mu Mujyi wa Kigali, buri wese ukwe. Dukorana na Alexis Muyoboke nk’umujyanama wacu.
IGIHE : Indirimbo yanyu ya mbere ni iyihe ?
Safi : Ni “Icyicaro”.
IGIHE : Mumaze gushyira hanze Album zingahe ?
Safi : Album zimaze kuba ebyiri n’iya Gatatu duteganya gushyira hanze mu Kwakira uyu mwaka wa 2012. Hari iyitwa “Gatebe Gatoki” na “Ishyamba”.
IGIHE : Ni ibihe bihembo mwakiriye ?
Safi : Salax Awards n’ibindi bihembo.
IGIHE : Ni ayahe mafaranga wowe nka Safi wafashe uyakuye mu muziki ?
Safi : Miliyoni 2
IGIHE : Irushanwa rya PGGSS II murimo uri kubona riri kugenda gute ?
Safi : Guma Guma iri kugenda neza, iri kugenda neza muri rusange ; turi kwitwara neza, ndabona ibintu bimeze neza cyane.
IGIHE : Mubona ari he mwashimishije abantu cyane kurusha ahandi ?
Safi : Yenda turagendana, uko mbibona nta hantu tutashimishije abantu kimwe n’uko ntaho batatwishimiye….
IGIHE : Aho mubona hari ku mwanya wa mbere ?
Safi : … Gusa bigenda birutanwa nk’I Butare ubona ko bagenda baruta abandi, wajya nk’I Gikongoro ukabona ko yenda hari ukuntu abantu baho kuba badakunda kubona ibirori ukabona ko batishimye cyane ibintu nk’ibyo ngibyo, ariko I Butare nabonye ko ari ho hantu ha mbere byagenze neza kurusha ahandi.
IGIHE : Ubona ari nk’iki ubona utishimiye muri Primus Guma Guma Super Star aho bigeze ubu ngubu ?
Safi : Navuga ko ntacyo kuko muri Guma Guma ibintu byose 100% baba babikoresheje neza cyane. Usibye ko nta byera ngo de hari igihe hazamo utuntu tumwe na tumwe ugasanga… wenda tugiye nko kuririmba ahantu ugasanga baduhaye ngo kuririmba indirimbo imwe, ebyiri,… bitewe n’igihe cyangwa bitewe na Polisi.
Ariko nabyo navuga ko atari ikibazo cya Guma Guma kuko wenda biba byatewe n’ikibazo cy’ahantu tuba twagiye. Nko ku Gikongoro wenda bari baduhaye isaha imwe gusa, kandi kuririmba isaha muri abahanzi 10 harimo n’amagambo y’aba MC biba ari imbogamizi kuri twebwe bituma tutaganira n’abafana bacu uko bikwiye.
IGIHE : Waba ufite umukunzi ?
Safi : Ntawe.
IGIHE : Waba warakundanye n’abakobwa bangahe ?
Safi : Ntabwo ari benshi, batatu.
IGIHE : Kubera iki muri iki gihe nta mukunzi ufite ?
Safi : Biterwa n’umuntu, umuntu wese akora ikintu yumva kimushimishije. Ubwo numva gutya ari byo bimpaye amahoro ndumva ari byo bimpaye amahoro kandi umuntu wese aba ashaka amahoro.
IGIHE : Safi wigeze gukundana na Knowless, umwe mu bakobwa beza kandi bazwi kubw’umuziki. Ni iki cyatumye mutandukana ?
Safi : Narabisobanuye ni ibintu bibaho ni ubuzima. Abantu barakundana igihe kikagera nyine bikarangira. Ntabwo ari ikindi wenda ngo twapfuye iki n’iki. Ni uko ari uko nyine, ibyo bita destin, hari ukuntu nyine niko biba byagenze ; tukumva wenda tutagihuza. Burya iyo umuntu mutagihuza cyane, ntacyatuma mukomeza kubangamirana biba byiza mutandukanye mu mahoro. Ariko turi inshuti bisanzwe nta kibazo.
Burya uzirinde gutandukana n’umuntu mwagiranye ibibazo cyane iyo ubonye hari ukuntu mutagihuza biba byiza murekanye hakiri kare kugira ngo hato mutazatandukana nabi ; ehhh ni uko twabishatse twebwe.
IGIHE : Uri umwe mu bahanzi baririmba urukundo. Urukundo kuri wowe ni iki ?
Safi : Urukundo njyewe navuga ko ari amayobera, abantu barufata ugutandukanye. Abantu bavuga ko ari affection, kwita ku muntu utuntu nk’utwo ngutwo, ariko hari n’abumva ko ari ugufasha umuntu ariko byose bijyana na Affection, kwita ku muntu…. Hari n’urukundo rw’Imana.
IGIHE : Uretse kuba umuhanzi wumva wakora iki ?
Safi : Ntacyo nakora kuko ndiga. Niga ibintu bijyanye n’Amabanki. Nakora muri Bank, namanaginga (manager) IGIHE Ltd, utuntu nk’utwo nabikora byose.
IGIHE : Inzozi zawe ni izihe ?
Safi : Ni ukuzaba umuyobozi wa Kampani, yigenga ariko apana iya Leta.
IGIHE : Ni iki wavuga ku mibonano mpuzabitsina hagati y’abakundana batarabana ?
Safi : Ibyo biterwa n’ukuntu umuntu wese abyumva. Gusa ni ibintu bibaho cyane, byabayeho cyane. Njyewe ikintu mbivugaho biterwa n’ukuntu umuntu yumva ibintu. Iyo ufite umuntu mukundana mutabeshyana n’iyo mwaba mutarakoranye ubukwe njye numva mukundana mufite ukuntu mubyumvikanaho, njye numva nta kibazo.
Ikibi ni uko wenda yaba ari umuntu mwaba muhuye puff puff ; ariko umuntu mukundana.... kuko ubu barabyoroheje ujya kumva ukumva umuntu aravuze ati :”Uriya mugore wawe” kuki se amwita umugore kandi nta bukwe mwagiyemo ? Hari n’igihe muba mwaragiye mu bukwe ariko mudakundana, ibyo nabyo bibaho. Numva rero icya mbere ari icyaba kiri mu mutwe kuko burya ubugabo n’ubugore buba mu mutwe kuko hari abashyingiranwa nyamara bacana inyuma batarakundanye, ariko ukabona abantu batarakora ubukwe nibo bakundana.
Ibyo rero bitumva mvuga yuko niba abantu bumva bafite ukuntu bumvikana bakundana, bakundana byo gukundana batabeshyana ibindi byo bumvikanye nta wuhohoteye undi njye mba numva nta kibazo.
IGIHE : Wowe byaba byarakubayeho ?
Safi : Ibyo naba ndengereye ariko ni uko mbivuze, ni uko mbivuze.
IGIHE : Ni ibihe biryo ukunda ?
Safi : Yenda twageze mu Mujyi dusigaye turya amafiriti na mayoneze tukumva turaryohewe kuko nta bindi bihari, ariko kuva kera ubu numva nta ndyo irandutira imyumbati n’inshyushyu. Imyumbati n’inshyushyu niyo ndyo ndya n’ubu ngubu hari ubwo mama njya mubwira nti :"Nyabuneka tabara nzanira imyumbati", iyo nyiriye akanzanira n’amata y’inyange numva bimeze neza.
IGIHE : Ni iyihe myambaro ukunda ?
Safi : Ni ukwambara amapantaro atari manini, atari big, ayo bita small size, bita amacupa ariko njye nyita small size, anyegereye atantera stress. Inkweto ndende bita ‘sneakers’, ubundi hejuru nkunda utuntu tumfashe kuko tutantera ibibazo.
IGIHE : Amabara ukunda cyane ni ayahe ?
Safi : Amabara yo nkunda amabara ajyanye, nakwambara umukara nakwambara iki, apfa kuba ajyanye.
IGIHE : Mu kuruhuka ukora iki ?
Safi : Kugira ngo nduhuke ndasinzira nkumva utuziki tw’umuntu bita Shayne Ward cyangwa Karl Wolf , abo nibo bantu numva imiziki yabo ndi kuruhuka nkumva naruhutse cyane.
IGIHE : Kubera iki washyizeho Teinture, ese abantu babikubwiraho iki ?
Safi : Nk’umuhanzi uba ubonwa n’abantu benshi, biba byiza iyo uhinduye uko ugaragara (look) kugira ngo abantu batanakurambirwa. Nk’uko njya ntegura style ngo iyi weekend nzambara gutya n’ejo bundi nzaba nayikuyeho nashyizeho indi, ni ugihindura look kugira ngo abantu babone ko uhorana ibintu bishyashya.
IGIHE : Bakubwira gute se abantu, nk’ishuti zawe ?
Safi : Ndumva nta muntu urangaya.
IGIHE : Nk’uwabikubwiye we yakubwiye iki ?
Safi : Yarambwiye ati :”Wabaye umustar sha ! Noneho wabyakiriye muri wowe”, utuntu nk’utwo.
IGIHE : Mu Rwanda hari kuvugwa itegeko ryo gukuramo inda, ubu rikiri umushinga wemerejwe ishingiro ubu ukaba uri gusuzumwa muri Komisiyo, wowe nk’umuhanzi iri tegeko urivugaho iki ?
Safi : Njye nabyize mu mateka (Histoire), batubwira ko kubera ukuntu abaturage baba ari benshi cyane, nko mu Bushinwa biba byemewe gukuramo inda.
Hari ibyiza hari n’ibibi ; ubundi gukuramo inda ni ukwica, ni icyaha ; ku bwanjye ntabwo mbyemera kuko ni icyaha gukuramo inda. Ku rundi ruhande, njyewe nemera ubuyobozi kurusha ibindi byose niba Leta ivuze iti :”Kuringaniza imbyaro byanze (habanje kuringaniza imbyaro), abaturage bari kuba benshi, ibi n’ibi n’ibi, kuboneza imbyaro byanze, gukuramo inda byemerwe”… buriya Leta ifite uko yabigenza ni ukuringaniza imbyaro (planning familiar).
Ku bwanjye nk’umuntu usenga, ni icyaha ariko nk’umuntu wemera ubuyobozi bwacu itegeko rigiyeho narikurikiza kuko twese tuzi ko bitujyana ahantu heza.
IGIHE : Ni iki wumva tutakubajije twagombaga kukubaza ukaba wakivugaho, cyangwa se icyo wifuza kubwira abafana bawe ?
Safi : Nk’uko watangiye ubivuga, turi mu marushanwa ya PGGSS II, twagiyemo nyuma ariko ibyo ntacyo bivuze.
Ikintu nsaba Abanyarwanda bose ni uko bashyigikira Urban Boyz kuko turabishoboye, turagerageza turakora mu by’ukuri kandi barabibona, badushyigikire umubare wacu ni 1, badutore tubashe kubahagararira kuko twe intego yacu nka Urban Boyz ni uguhagararira u Rwanda mu bindi bihugu.
Turifuza kujya muri Amerika, turifuza kujya mu Burayi, turifuza kujya ahantu hose duhagarariye u Rwanda. Byibura bazajye bavuga bati :”Aba bahanzi nitwe twabakujije”, badushyigikire rero batugeze kuri iyo ntego twihaye.
IGIHE : Murakoze Safi.
Safi : Sawa, murakoze.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Jason Derulo yasuye abarwayi muri CHUK
29.07.2012 |
|
Umuhanzi Jason Derulo yataramiye Abanyarwanda mu gusoza irushanwa rya PGGSS II
28.07.2012 |
|
Jason Derulo yagiranye ikiganiro n’Abanyamakuru
28.07.2012 |
|
Inama Tom Close agira abahanzi 2 bageze Final
25.07.2012 |
|
Jason Derulo azagera I Kigali kuwa Gatanu nijoro
23.07.2012 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |