Muri aya masaha Abanyarwanda n’isnhuti zabo baturutse mu bihugu binyuranye cyane cyane ibyo ku mugabane w’u Burayi ndetse n’abaturutse muri Canada, barimo kwiyandikisha kugira ngo babone uko bajya kuganira n’Umukuru w’igihugu.
Igikorwa cyo kwiyandikisha kirimo gukorerwa mu gice cy’Uburengerazuba bw’Umujyi wa London, abarangije kwiyandikishwa bagahita burizwa imodoka zishinzwe gutwara abagenzi (Bus) bakereza mu Burasirazuba bw’uwo mujyi, aho baza guhurira na Perezida Kagame.
Nyuma yo kwiyandikisha, abitabiriye Rwanda Day London 2013, bagejejwe mu Burasirazuba harakurikiraho imurikabikorwa, aho Abanyarwanda bagaragaza ibimaze kugerwaho n’aho u Rwanda rugeze mu iterambere. Imurikabikorwa rirangiye harakurikiraho umwanya wo kuganira na Perezida wa Repubulika.



















TANGA IGITEKEREZO