Abanyarwanda baba hanze nabo batangiye gutanga umusanzu mu kigega AgDF


Yanditswe kuya 17-09-2012 - Saa 05:52' na Habimana James

Mu cyumweru gishize, Abanyarwanda baba mu mahanga batangije ku mugaragaro gahunda yo gutanga amafaranga mu kigega AgDF aho agerenga miliyoni 42 ariyo yatanzwe.

Mu gihugu cya Kenya, iyi gahunda yatangijwe ku mugaragaro na Bazivamo Christophe uhagarariye u Rwanda mu Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Afurika y’i Birasirazuba, akaba yari kumwe na Patricia Hajabakiga umudepite muri iyo nteko.

Bazivamo Christophe wahise atanga inkunga ingana n’igihumbi cy’Amadorari y’Abanyamerika, yakanguriye Abanyarwanda baba muri Kenya gukomeza gutanga umusanzu wabo muri iki kigega, kandi ababwira ko kugeza ubu Abanyarwanda bamaze gutanga amafaranga arenga miliyari 17, bityo ababwira ko ayo mafaranga azacungwa neza agakoreshwa icyo yagenewe.

Bazivamo yagize ati “RPF iritegura kwizihiza isabukuru y’imyaka 25, n’ubwo hari byinshi u Rwanda rumaze kugeraho, ariko haracyakenewe ingufu kugirango aho iterambere ritaragera naho rihashyitswe.”

Uhagarariye Diaspora y’u Rwanda muri Tanzaniya Ben Rugaganzi nawe yatangaje ko Abanyarwanda bahaba batanze inkunga ingana n’amadorari ibihumbi 75,500, kandi avuga ko iki gikorwa kigiye gukomereza mu mijyi yindi irimo Arusha ndetse na Mwanza.

Ben Rugaganzi, yahaye urugero aba banyarwanda rw’uwahoze ayobora igihugu cya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika John F. Kennedy, aho yagize ati “Wibaza icyo igihugu cyawe gishobora ku gukorera, ahubwo ibaze icyo ushobora ku gikorera.”

Bityo nawe aboneraho kubwira abo banyarwanda ko kugirango igihugu cyabo kigire agaciro, aribo bonyine bazabigiramo uruhare badategereje inkunga z’amahanga.

Iyi gahunda kandi itegerejwe no mu gihugu cy’u Bubiligi aho Ambasaderi w’u Rwanda muri iki gihugu, yatangaje ko nabo bateganya iyi gahunda tariki ya 29 Nzeri aho bazaba bafite na gahunda y’ubusabane buzamara iminsi ibiri.

Vincent Karega, uhagarariye u Rwanda muri Afurika y’Epfo nawe yatangaje ko Abanyarwanda bari mu bihugu nka Botswana, Zimbabwe, Angola, Mozambique, Mauritius, Swaziland, Lesotho na Namibia nabo bafite gahunda yo gutanga umusanzu wabo muri iki kigega.

IBITEKEREZO
Bazivamo ni bazivamo kuko. None ahuza ate Agaciro n'anniversaire ya FPR. Aya mafaranga y'Agaciro azajya mu kigega cya RPF.
Musubize17.09.2012 saa 17:30
bisusabyiwacu
Nanjye ntyo ! nibyo kwibaza ukanabitekerezaho. ???????????
9.10.2012 saa 03:51
Gakeri
Komera BAZIVAMO. abadepite nabo barebereho.
Musubize17.09.2012 saa 13:59
papy
Mu Bubiligi ndabona ari rurangiza : ubusabane bw'iminsi ibiri !!! Aho ayo bazateranya ntibazahava ari uko banyanywereye yose dore ko muri iki gihugu ngo ariho haba amako menshi ya byeri ku isi !!!
Musubize17.09.2012 saa 09:30
semuheshi
Uwabimburiye abandi mu Bubiligi ngo ni umu Colonel ex FAR witwa Lautent Rhayisire. Uwomugabo afite Hotel i Kigali afatanije na muramuwewitwa Musoni Thadeyo we unaba i Kigali ayicunga. naho Rutayisire agacunga za comptes. Umugorewe niwe unyarukirayo. N'abandi rero nibakurikize urugero rwe.
18.09.2012 saa 01:25
Frank
Ese bazivamo yatanze 600.000frw abandi dutanga imishahara ??? ntacyo nagato kava kuyabazwe !!! nimutereke rero igiseke cyagaciro munteko ishinga amategeko nabo bikoremo bityo twiheshe agaciro !!!
Musubize17.09.2012 saa 09:03
Byamungu
Abo muri Suede nibihugu baturanye nabo babigeze kure muminsi iri imbere tuzababwira amaze kuboneka. Ambassade yaho yarabihagurukiye gukangurira les Rwandais bahatuye
Musubize17.09.2012 saa 08:20
S
1000 USD = 630,000 byamafaranga y'U RWANDA , so ndatekereza ko ntakidasanzwe kuburyo mwatubwira ngo Depite yatanze amafaranga kdi ni abaturage basanzwe umusharara wabo *10 bishobora kungana nayo
Musubize17.09.2012 saa 07:44
Gakwisi
ABANYARWANDA BIGA KIU NABO BAFIT GAHUNDA YO GUTANGA UMUSANZU WAWO MU GACIRO DEVELOPEMENT FUND KU ITARIKI YA 20 NZELI 2012 TWIFATANIJE NAMWE.
Musubize17.09.2012 saa 06:59
moussa

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!