Mu cyumweru gishize, Abanyarwanda baba mu mahanga batangije ku mugaragaro gahunda yo gutanga amafaranga mu kigega AgDF aho agerenga miliyoni 42 ariyo yatanzwe.
Mu gihugu cya Kenya, iyi gahunda yatangijwe ku mugaragaro na Bazivamo Christophe uhagarariye u Rwanda mu Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Afurika y’i Birasirazuba, akaba yari kumwe na Patricia Hajabakiga umudepite muri iyo nteko.
Bazivamo Christophe wahise atanga inkunga ingana n’igihumbi cy’Amadorari y’Abanyamerika, yakanguriye Abanyarwanda baba muri Kenya gukomeza gutanga umusanzu wabo muri iki kigega, kandi ababwira ko kugeza ubu Abanyarwanda bamaze gutanga amafaranga arenga miliyari 17, bityo ababwira ko ayo mafaranga azacungwa neza agakoreshwa icyo yagenewe.
Bazivamo yagize ati “RPF iritegura kwizihiza isabukuru y’imyaka 25, n’ubwo hari byinshi u Rwanda rumaze kugeraho, ariko haracyakenewe ingufu kugirango aho iterambere ritaragera naho rihashyitswe.”
Uhagarariye Diaspora y’u Rwanda muri Tanzaniya Ben Rugaganzi nawe yatangaje ko Abanyarwanda bahaba batanze inkunga ingana n’amadorari ibihumbi 75,500, kandi avuga ko iki gikorwa kigiye gukomereza mu mijyi yindi irimo Arusha ndetse na Mwanza.
Ben Rugaganzi, yahaye urugero aba banyarwanda rw’uwahoze ayobora igihugu cya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika John F. Kennedy, aho yagize ati “Wibaza icyo igihugu cyawe gishobora ku gukorera, ahubwo ibaze icyo ushobora ku gikorera.”
Bityo nawe aboneraho kubwira abo banyarwanda ko kugirango igihugu cyabo kigire agaciro, aribo bonyine bazabigiramo uruhare badategereje inkunga z’amahanga.
Iyi gahunda kandi itegerejwe no mu gihugu cy’u Bubiligi aho Ambasaderi w’u Rwanda muri iki gihugu, yatangaje ko nabo bateganya iyi gahunda tariki ya 29 Nzeri aho bazaba bafite na gahunda y’ubusabane buzamara iminsi ibiri.
Vincent Karega, uhagarariye u Rwanda muri Afurika y’Epfo nawe yatangaje ko Abanyarwanda bari mu bihugu nka Botswana, Zimbabwe, Angola, Mozambique, Mauritius, Swaziland, Lesotho na Namibia nabo bafite gahunda yo gutanga umusanzu wabo muri iki kigega.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Mu Bubiligi : Abanyarwanda baritegura kwitabira Rwanda day London 2013 bashyizeho umwete
13.05.2013 |
|
Zimbabwe : Hibutswe Jenoside yakorewe Abatutsi
11.05.2013 |
|
Urubyiruko rurenze 300 ruba hanze y’u Rwanda mu Itorero ry’Igihugu muri Kanama
10.05.2013 |
|
Abanyarwanda babiri basohoye Filimi nshya ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi
10.05.2013 |
|
Charleroi : Abanyarwanda bibutse ku nshuro ya 19 Jenoside yakorewe Abatutsi
10.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |