Mu kiganiro Minisiteri y’uburezi yagiranye n’abanyamakuru mu rwego rwo kugaragaza ibitenyijwe kuganirwaho mu nama izabera I Kigali kuva tariki ya 5 kugeza tariki ya 7 Nzeri, yigira hamwe uburyo ikoranabuhanga ryakwihutishwa mu burezi, Minisitiri Dr Vincent Biruta yavuze ko Minisiteri izahemba abanyeshuri n’abarimu bahanze udushya mu ikoranabuhanga.
Biteganyijwe ko tariki ya 6 Nzeri, abazaba bagaragaje udushya bakoze mu ikoranabuhanga aribwo bazahabwa ibihembo bitandukanye birimo za mudasobwa ndetse n’abarimu bagaragaje udushya mu kwigisha amasomo hakoreshejwe ikoranabuhanga bagera kuri 4 bakazahabwa ibihembo birimo nko kubarihirira icumbi, ndetse no kubagenera itike izabafasha mu ngendo bazaba bakoze.
Minisitiri w’uburezi Dr Vicent Biruta, yatangarije abanyamakuru ko iyi nama izahuza abafite aho bahuriye n’ibijyanye n’ikoranabuhanga hirya no hino ku Isi aho bazaba bafite intego ijyanye no kwihutisha ikoranabuhanga mu burezi kandi ngo hakazagaragarizwamo bimwe mu bikorwa by’indashyikirwa byakozwe n’abanyeshuri.
Ibigo by’amashuri makuru na Kaminuza ndetse n’abarimu batandukanye berekeranye ko bakoze udushya kandi ngo abatsinze bakaba bazahabwa ibihembo bitandukanye byose bifite agaciro k’ibihumbi 57 by’Amadora y’Amerika.
Bimwe mu bibazo byagaragarijwe muri iyi nama, birimo nk’aho usanga mu byaro ibigo by’amashuri bifite umuriro udahagije bityo ugasanga abanyeshuri biga ikoranabuhanga mu makayi gusa.
Dr Vicent Biruta, yavuze ko iki kibazo minisiteri y’uburezi igifite ariko avuga ko ibi bitazahagarika Minisiteri ayoboye gukomeza ibikorwa yiyemeje byo gutanga mudasobwa, avuga ko bagenda bazitanga aho umuriro umaze kugezwa kandi ngo ingamba zimwe zikaba zigenda zifatwa nk’aho ngo mu mwaka utaha wa 2012, biteganyijwe ko amashuri asaga 100 yo mu byaro azahabwa umuriro w’amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba mu gihe hataragezwa umuriro wazafasha ku buryo burambye.
Muri iyi nama kandi hagarutse ikibazo kijyanye na bamwe mu banyeshuri barangiza amashuri ya Kaminuza nyamara ugasanga ibitabo baba banditse ibyinshi usanga biba binarimo n’ibyikoranabuhanga, bitifashishwa mu kwigisha abanyeshuri, Dr Biruta yavuze ko kugeza ubu Minisiteri y’uburezi yashyizeho itsinda rizajya rijya hirya no hino muri za kaminuza kugira ngo rirebe ibyo bitabo bikubiyemo ubwo bumenyi bityo bibe byakwifashishwa mu mashuri atandukanye.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Mobicash, ubuhanga bw’Umunyarwanda mu kubitsa no kubikuza bugiye gukoreshwa mu Rwanda
17.05.2013 |
|
Ngoma : Yakoze imbabura ikoresha amakara make ikarinda ibidukikije
11.05.2013 |
|
Nyuma y’imyaka 10 yavumbuye uburyo bwo guhindura imboni y’ijisho
10.05.2013 |
|
Indege ikoresha ingufu z’imirasire y’izuba yatangiye igeragezwa
5.05.2013 |
|
KOICA izatanga asaga Miliyoni eshanu z’amadolari mu guteza imbere ikoranabuhanga
18.04.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |