Umunyarwanda w’imyaka 21, Gatete Djuma arabarizwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Ni umukinnyi w’umukino wa Basketball akaba akina muri icyo gihugu cya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika mu ikipe yitwa Long Beach State.
Iyi kipe ibarizwa muri NCAA. Bimaze kumenyekana ko uno mukinnyi w’umunyarwanda ndetse wari urimo kuzamuka neza muri uyu mukino yahinduye ubwenegihugu agafata ubwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika kugira ngo azabashe gukinira icyo gihugu mu minsi iri imbere.
Yari ahagaze neza koko kuko mu minsi ishize yifiuzwaga n’ikipe ya Miami Heat ikipe ibarizwa muri NBA. Abakinnyi usanga bakina muri shampiyona ya NBA baba ari ibihangange ku isi kuko gukina muri iyo shampiyona uba uri mu ikipe ikomeye yemererwa gukina muri NBA ifatwa nk’icyiciro cya mbere muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Ibi bintu uyu mukinnyi wari umunyarwanda yakoze byababaje Ishyirahamwe Nyarwanda ry’umukino wa Basketball ( Ferwaba ). Ababaye, Richard Mutabazi, Umunyamabanga Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umukino wa Basketball mu Rwanda (Ferwaba ) yavuze ko bamaze kumenya ko Gatete yamaze guhindura ubwenegihugu. Ibi bikaba bishimangira ko adashobora gukinira u Rwanda. Ikibabaje cyane ni uko uno mukinnyi yirengagije ko u Rwanda ari rwo rwamufashije kujya muri Amerika.
Richard Mutabazi yagize ati ”byaratubabaje cyane nyuma yo kumenya ko Gatete yahinduye ubwenegihugu kandi ari twe twamufashishije kujya muri Amerika. Uyu musore yari mu bakinnyi b’abanyarwanda bakizamuka cyane mu mukino wa Basketball, kuba atazadukinira ni ibintu bibabaje cyane.”
N’ubwo ariko ngo Gatete Djuma yirengagije ibyo yakorewe , Richard Mutabazi avuga ko bafite abandi bakinnyi babarizwa muri Leta ya Florida muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika na bo bahagaze neza. Abo bakinnyi ngo bakaba babakurikirana kugira ngo nabo batazahindura ubwenegihugu.
Yagize ati ”Dufite umukinnyi mwiza witwa Dan Manzi ndetse na Rwabigwi bose bakina muri Leta ya Florida. Dufite kandi Twagirayezu Patrice ukinira i Calfornia na Ngenzi Eric Sambusa ukinira i Washington DC”. Akomeza avuga ko abo bose bahagaze neza kandi bakiniye ikipe y’igihugu y’ingimbi. Ikindi ni uko ngo bakomeje kubakurikirana kugira ngo nabo batazahindura ubwenegihugu ndetse mu minsi iri imbere bakazahamagarwa mu ikipe y’igihugu.
Aba bakinnyi sibo gusa u Rwanda rushaka gukomeza gucungana nabo, ahubwo Umunyamabanga Mukuru wa Ferwaba avuga ko barimo gushaka ubufatanye na za kaminuza zo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku buryo bajya boherezayo abakinnyi b’Abanyarwanda buri mwaka.
Orinfor
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Ikipe y’igihugu irategura kwitabira imikino Nyafurika
20.04.2013 |
|
NBA : Kobe Bryant agiye kumara amezi 6 adakina
15.04.2013 |
|
APR BBC y’abagore yegukanye igikombe cya Play off
30.03.2013 |
|
“All Star Game” bwa mbere mu Rwanda
30.03.2013 |
|
Umutoza wa ESPOIR BBC atwaye ibikombe bitatu mu mwaka umwe
23.03.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |