00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kanyankore agiye gupima niba APR FC ifite ubuswa nk’ubwa Rayon Sports na Kiyovu Sports

Yanditswe na Kanamugire Emmanuel
Kuya 26 July 2016 saa 04:00
Yasuwe :

Kanyankore Gilbert Yaoundé wagizwe umutoza mushya w’ikipe ya APR FC, yatangaje ko bimwe mu bimugaruye muri shampiyona y’u Rwanda harimo gupima niba iyi kipe ifite ubuswa nk’ubw’andi makipe yatoje nka Rayon Sports na Kiyovu Sports akamwirukana atari uko byamunaniye ahubwo ari ubuswa bw’abayayoboraga.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 27 Nyakanga 2016, nibwo APR FC yemeje bidasubirwaho ko Kanyankore Gilbert Yaoundé ariwe mutoza wayo mushya ugiye gufatanya na Yves Rwasamanzi watozaga Kiyovu Sports na Ibrahim Mugisha wari umutoza w’abazamu mu Mavubi bose bakaba bahawe amasezerano y’umwaka umwe.

Kanyankore yabwiye itangazamakuru ko amakipe yatoje mu Rwanda arimo Rayon Sports na Kiyovu Sports yari ayobowe n’abantu b’abaswa mu mupira w’amaguru, ari nabyo byagiye bituma atandukana nayo, ndetse iki kikaba ari kimwe mu bimugaruye kuko ashaka gupima niba APR FC iyobowe nk’ayo yanyuzemo.

Yagize ati “Ntabwo navuye mu ikipe nabi kubera ubuswa, ni ubuswa bwabo. Kandi ndabivuze babyumve baze no kubireba kuri televizion. Bakoze nabi ku buryo n’ubu ngira ngo ntibaranikosora. Ntabwo navuyemo kuko banyirukanye ngo byananiye,nta na rimwe. Ubu rero ngarutse ngo nze gupima na APR, na yo nze kureba ariko ndazi ko imikoranire yabo, imikorere ya APR ndabyemeza neza ko itameze nka Kiyovu na Rayon Sport. Ibyo ndabihamya kandi ndabivuze,ntacyo ntinya.”

Uyu mugabo wari umaze amezi arindwi nta kipe atoza nyuma yo kwirukanwa muri Vitalo’o tariki 1 Mutarama 2016, yavuze ko APR FC ari ikipe nziza kandi ikomeye ariko adashobora kuzagera ku ntego abayobozi bamuhaye mu munsi umwe kuko akeneye igihe cyo kumenyana n’abakinnyi baba abashya n’abasanzwe.

Kanyankore afashe APR FC nyuma y’uko yegukanye igikombe cya shampiyona cya 2015-2016 ariko uwari umutoza mukuru Nizar Khanfir akanga kuyigumamo. Ni mu gihe Yves Rwansamanzi yasimbuye Rubona Emmanuel wari umutoza wungirije, akaba yarasubijwe mu ikipe y’abana ya APR FC ari nayo yahoze atoza mbere yo kuzamurwa uyu mwaka.

Kanyankore Gilbert ni muntu ki?

Kanyankore Kagabo Jean-Gilbert Yaoundé ni Umunyarwanda wavukiye i Butare mu 1954. Arubatse, yize icungamari mu mashuri yisumbuye. Mu 1975- 1977 yize ubucuruzi mu ishuri rikuru ry’ubucuruzi I Kinshasa, maze mu 1977-1980 abona impamyabumenyi muri Institut Pédagogique National de Kinshasa mu ishami ry’imikino n’ubumenyi. Mu 2004 yabonye impamyabumenyi y’ikirenga mu butoza ayikuye muri Nigeria.

Uhereye ibumoso ni Yves Rwasamanzi, Umunyamabanga wa APR FC, Kalisa Adolphe, Kanyankore na Ibrahim Mugisha

Yaounde nk’umutoza

Kuva mu 1986 kugera mu 2001 yatoje ikipe ya Vitalo’0 yo mu Burundi. Muri iyi myaka 16 akaba yaraserukiraga u Burundi mu mikino Nyafurika itandukanye. Kuva 1993 kugeza 2001 yatwaye ibikombe by’u Burundi umunani bikurikirana.

Muri 2001-2005, uyu mugabo uvuga indimi 6 zirimo Ikinyarwanda, Ikirundi, Igiswahili, Ilingala, Igifaransa n’Icyongereza, yatoje ikipe ya Les Citadins (AS Kigali y’ubu) mu 2003 atwara igikombe cy’Amahoro atsinze APR FC ku mukino wa nyuma.

Mu 2005 Kanyankore yajyanye na Rayon Sports mu mikino ya CECAFA yaberaga i Mwanza muri Tanzania ayigeza muri ½.

Mu 2004 na 2006, Kanyankore yari umwarimu w’umupira w’amaguru mu Ishuri Rikuru Nderabarezi rya Kigali (KIE). Yongeye gusubira muri Rayon Sports mbere yo kwerekeza muri Vital’O muri Mata uwo mwaka.

Hagati ya 2007 na 2013 yatozaga Vitalo’o, ayifasha gutwara ibikombe 6 bya shampiyona, anegukana CECAFA Kagame Cup muri 2013, atsinze APR FC.

Yaje gutoza ikipe ya Kiyovu Sports muri 2013, amara umwaka umwe mu Rwanda asubira i Burundi muri Vitalo’o, aho yatoje iyi kipe umwaka n’igice, akanayiha igikombe cya shampiyona.

Kuva yatandukana na yo tariki 1 Mutarama 2016, Kanyankore nta yindi kipe yari afite atoza kugeza uyu munsi abaye umutoza wa APR FC.

Muri Kanama 1999, yari umutoza wungirije mu ikipe y’igihugu ya Rwanda B yatwaye igikombe cya CECAFA, kimwe rukumbi u Rwanda rugira.

Mu 2001 atoza ikipe y’igihugu y’u Burundi yarangije muri ½ mu mikino ya CECAFA yari yabereye i Kigali.

Mu 2005 yabaye umutoza w’agateganyo w’Amavubi, atwara umwanya wa gatatu mu mikino ya CECAFA yakiniwe i Kigali.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages