Amavubi yabonye uburyo bukomeye imbere y’izamu rya Ethiopia ku munota wa 13 ku mupira watewe na Tuyisenge Jacques maze Sugira Erneste ashatse kuwuterera mu kirere ujya hanze.
Nyuma y’iminota itandatu, Sugira yikosoye uwo yahawe na kapiteni Niyonzima Haruna awuteye n’umutwe atsinda igitego cya mbere, yaherukaga gutsinda bakina na Mozambique.
Umutoza w’Amavubi Jonathan Mckinstry yakinishaga Mugiraneza Jean Baptiste mu kibuga hagati afatanya na Mukunzi Yannick, Haruna ari inyuma ya rutahizamu umwe Sugira Erneste naho mu mpande zisatira hanyuraga Tuyisenge Jacques na Sibomana Patrick.
Iyi kipe yitegura guhatanira umwanya wa mbere w’itsinda H na Ghana banganya amanota atatu yakoresheje mu gice cya mbere uruhande rw’iburyo rwacagaho Rusheshangoga Michel na Tuyisenge Jacques.
Amavubi yashoboraga kubona igitego cya kabiri ku mupira watewe na Tuyisenge inyuma gato y’urubuga rwa Ethiopia, Sibomana ashatse kuwohereza mu izamu uca hejuru.
Ku munota wa 41, Amavubi yatakaje umupira hagati mu kibuga, Baye Gezagn ateye mu izamu rya Kwizera Olivier awufata nabi ujya mu izamu.
Iki gitego cyakurikiwe n’amakosa menshi muri ba myugariro b’Amavubi nk’aho Nshutinamagara Ismael yatakaje umupira, Omod Okwury ntabyaze umusaruro uburyo yari abonye, baruhukana igitego 1-1.
Iminota 10 ya mbere mu gice cya kabiri, Ethiopia yateyemo koroneri ebyiri bidatinze umutoza Mckinsrty akoramo impinduka ebyiri. Mukunzi Yannick yasimbuwe na Bizimana Djihad naho Sinomana Patrick aha umwanya Iranzi Jean Claude wibuze mu mukino.
Amavubi yabonye igitego cya kabiri ku munota wa 65 ku mupira myugariro wa Mukura VS, Ndayishimiye Celestin yateye mu rubuga rwa Ethiopia Tuyisenge Jacques awutanga umunyezamu n’umutwe.
Rusheshangoga Michel yasimbuwe na Fitina Ombalenga ku munota wa 70 nyuma y’iminota ine Iranzi Jean Claude atera umupira wakirwa ku mutwe na Mugiraneza Jean Baptiste atsinda icya gatatu.
U Rwanda rwaherukaga gutsinda ibitego bitatu mu mukino tariki ya 31 Gicurasi 2014 basezerera Libya kuri stade ya Kigali mu majonjora y’igikombe cy’Afurika cyabereye muri Guinea Equatorial.
Buteera Andrew yasimbuye Haruna naho Ndahinduka Michel afata umwanya wa Sugira umukino w’Amavubi urahinduka bakinira inyuma bugarira.
Amavubi arakomeza imyitozo mbere yo kwakira Ghana kuwa Gatandatu, tariki ya 5 Nzeli 2015. Ghana izabanza gukina umukino wa gicuti na Congo tariki ya 1 Nzeli 2015 i Brazzaville.
Kuva kuri uyu wa Mbere mu mwiherero w’Amavubi hariyongeramo abakina hanze barimo rutahizamu Rushenguziminega Quintin ukina mu Busuwisi na ba myugariro Bayisenge Emery (Autriche), Nisirisarike Salomon (u Bubiligi) na Sibomana Abuba wo muri Gor Mahia ya Kenya.
Abakinnyi b’Amavubi babanje mu kibuga
Kwizera Olivier, Rusheshangoga Michel, Usengimana Faustin, Nshutiyamagara Ismael, Ndayishimiye Celestin, Mugiraneza Jean Baptiste, Mukunzi Yannick, Niyonzima Haruna, Sibomana Patrick, Tuyisenge Jacques na Sugira Erneste



















TANGA IGITEKEREZO