Nyuma yo kuyobora tombola y’amatsinda y’igikombe cy’Isi ntibivugweho rumwe, umunyamideli w’Umunya Brazil Fernanda Lima w’imyaka 36, yasabwe kwambara akikwiza ubwo azaba ayoboye imihango yo gutanga igihembo cy’umukinnyi mwiza ku si mu 2013.
Lima yayoboye tombola y’imikino y’amatsinda y’igikombe cy’Isi maze kubera imyenda migufi, ubuyobozi bwa Irani busaba abayobozi ba televiziyo gukuraho amashusho bise ay’urukozasoni, bubuza abaturage gukurikirana iyi tombola.
Uyu mukobwa washimwe n’Umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku Isi (FIFA), Sepp Blatter, yasabwe kwambara imyenda itagaragaza ubwambure bwe kugira ngo ayobore ibi birori bizaba tariki ya 13 Mutarama 2014 i Zurich ku cyicaro cya FIFA.
Adel Ferdosipour, Umuyobozi wa televizo ya Iran yavuze ko imyambarire ya Lama itajyanye n’imyemerere yabo aho umugore agomba kwikwiza agahisha umusatsi. Benshi basabye ko yakwambara ḥijāb, agatambaro abakobwa bambara mu mutwe.
Iran yatombowe mu itsinda F na Argentina, Iran, Nigeria, Bosnia Herzegovina.
Nyuma ya tombola, Lima yihutiye gusaba imbabazi abaturage n’abafana babujijwe kureba tombola kubera imyambarire ye.
Yagize ati “Sinari ngamije gusesereza umuco cyangwa imyemerere y’abantu, n’isomo mbonye ubutaha nzajya nambara bijyanye na buri wese.”
Umunyaporitigali Christiano Ronaldo ukinira Real Mdrid yo muri Espagne, Umufaransa Frank Ribery ukina muri Bayern Munich yo mu Budage n’Umunya Argentine Lionel Messi ukinira FC Barcelona yo muri Espagne nibo bategerejwemo kwegukana ballon d’or 2013.
Muri ibi birori kandi hazahembwa umukinnyi mwiza w’umwaka w’umugore, umutoza w’umugabo n’uw’umugore, igihembo cy’umuntu wafashije iterambere ry’umupira w’amaguru (Fifa Presidential Award) n’igitego cyiza, Fifa Puskas Award.



















TANGA IGITEKEREZO