Imyitozo ngororamubiri ituma habaho imikorere myiza y’ubwonko


Yanditswe kuya 6-02-2013 - Saa 07:14' na Umurerwa Emma-Marie

Gukora imyitozo ngororamubiri bifasha ubwonko gukora neza, ndetse no gufata mu mutwe vuba (kutibagirwa), kugira imvugo iboneye, kumenya icyo gukora , kumenya uko witwara n’ibindi haba ku bantu bakuru cyangwa abato.

Amakuru atangazwa n’urubuga rwa metro de france, avuga ko siporo ifasha umubiri gukora, gukomera, ndetse ikanafasha imikaya igize umubiri mu gukora akazi kayo neza.

Ubushakashatsi bwagaragaje kandi ko abantu bakora imyitozo ngororamubiri, iyo ari abanyeshuri basubiza neza kurusha abatayikora.

Ku bantu bakuru, iyi myitozo ibafasha mu kugira ubwenge bwo kubasha guhangana mu bitekerezo n’abandi batandukanye, kugira imyitwarire iboneye, gushabuka n’ibindi.
Mu myanzuro yafashwe n’aba bashakashatsi bemeje ko ngo n’ubwo hari ibigikorerwa ubushakashatsi, gukora siporo cyangwa indi mirimo y’ingufu, bituma ubwonko bugira imbaraga.

Siporo kandi irinda indwara zitandukanye nk’izikunze gufata umutima, zikaba ari na zo ntandaro y’impfu nyinshi ku Isi nk’uko bitangazwa n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (WHO).

IBITEKEREZO
njewe nihereyeho nagonakundaga sport ntagira kufatwa nindwara zumugongo nimitsi mumaguru ntangiye kuhinamirana mbona inshuti ingira inama kotwajana muri sport yokujenda namaguru turajenda,ishuro nyinshi ubunkaba nkora sport katatu by week ubu umugogo warakize ,imishi yarakize nkaba infite imyaka 55 nkaniruka ibirometelo muweek 12 nkaba nshishikaza abantu bakore sport ifite akamaro.ubumezeneza.
Musubize5.03.2013 saa 11:58
jmwange@jmail.com
ikibazo nuko abantu bahora babibwira ariko ugasanga kubishyira mu bikorwa wapi, uzarebe ku wa gatanu, abakozi ba leta bamwe bahunga sport, kugeza ubwo usanga bacungana n'abayobozi babo ngo bitahire, ukagirango hari uwo bahima
Musubize6.02.2013 saa 04:06
sport
Uvuze neza,abanyarwanda bakwiye gufata umuco wo gukora imyitozo ngororamubiri,byibura iminota 30 ku munsi. Mujya mubona abazungu biruka se mukagirango ni abasazi,ni uko bamenye akamaro kabyo mu kurwanya indwara no mu gufasha kugira ubuzima butagira umuze.
19.02.2013 saa 07:05
Munyarwanda

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!