Nyuma yo gusezererwa bitunguranye i Wimbledon ntanitabire imikino Olempike, igihangange numero ya 2 ku isi mu mukino wa Tennis, Rafael Nadal yatangaje kuri uyu wa 15 Kanama 2012 ko na none atazitabira irushanywa US Open kubera imvune.
Nk’uko tubikesha urubuga rwa internet lepoint.fr, Umunyesipanye Nadal yatangarije ku rubuga rwa Twitter, ko atazitabira iri rushwanywa rikomeye rya US Open kubera imvune yo mu ivi. Yavuze ko yumva atameze neza bityo bikaba ari ngombwa kumenyesha abafana be ko atazitabira ririya rushanywa.
Na none ku rubuga rwa facebook, Nadal yagize ati “Siniteguye gukina, ni ngomba kubanza nkaruhuka kugira ngo nzakine nakize neza”.
Akaba yatangaje aya makuru ariko yirinda kuvuga itariki azagarukira mu kibuga.
Nadal ntarongera gukina kuva kuwa 29 Kamena aho atsindiwe mu cyiciro cya kabiri n’Umunya-Tcheque, Lucas Rosol i Wimbledon aho yaratangaje ko byatewe no kuba atari ameze neza mu ivi.
Uyu mukinnyi watwaye igikombe cya Roland-Garros, yagombaga guhagarara kuri icyo cyubahiro cye muri iyi Olempiki ishize dore ko ari nawe wagombaga gutwara ibendera rya Esipanye mu mihango yo gufungura iyo mikino.
Nadal w’imyaka 26 avuga ko byamubereye bibi mu buzima bwe kudatwara ibendera ry’igihugu cye muri Olempiki.
Irushanywa US Open rizatangira kuwa 27 Kanama 2012, rikaba ari ryo rushanywa rya nyuma rikomeye uyu mwaka. Irushanwa nk’iri riheruka ryatwawe na numero ya mbere ku isi, Novak Djokovic atsinze Nadal.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Abatoza 50 muri Handball bahuguwe n’inzobere y’Umudage
16.05.2013 |
|
World Vision yateye inkunga ya miliyoni 6 "Marathon" y’amahoro
16.05.2013 |
|
RSSB yesheje umuhigo mu bigo bya Leta, itwara ibikombe bitatu
8.05.2013 |
|
Umukinnyi w’iteramakofe Floyd Mayweather yegukanye miliyoni 32 z’amadolari
7.05.2013 |
|
Bugesera : Ndayisenga na Uwimana banikiye abandi mu kunyonga igare
7.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |