Abavandimwe babiri Serena Williams na Venus Williams b’ibihangange mu mukino wa Tenis bageze i Lagos muri Nigeriya ku wa 30 Ukwakira 2012 mu ruzinduko rwo guhagararira Ishyirahamwe “Breaking The Mould” riharanira uburenganzira n’iterambere ry’umugore.
Amakuru dukesha L’equipe.fr, muri gahunda yo gukangurira abagore kwigirira icyizere no kwiteza imbere, aba bakinnyi bombi batoranyijwe na ’Breaking The Mould’ kuba ba ambasaderi bayo muri Afurika.
Biteganyijwe ko aba bakinnyi baza gukina umukino wo kwishimisha mu rwego rwo gushimangira intego yabo yo guhindura imyumvire y’abagore no kubashishikariza kwiteza imbere.
Nyuma ya Nigeriya bazajya muri Afurika y’Epfo aho bazajya mu mashuri yigisha abana b’abakobwa banakine imikino yo kwishimisha.
Serena Williams yavutse mu w’1981, amaze gutwara ibikombe 46 ku rwego mpuzamahanga n’imidari 4 ya Olempike mu gihe mukuru we Venus Wlliams yavutse mu w’1980 akaba amaze gutwara ibikombe mpuzamahanga 44 n’imidari 4 ya Olempike.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Abatoza 50 muri Handball bahuguwe n’inzobere y’Umudage
16.05.2013 |
|
World Vision yateye inkunga ya miliyoni 6 "Marathon" y’amahoro
16.05.2013 |
|
RSSB yesheje umuhigo mu bigo bya Leta, itwara ibikombe bitatu
8.05.2013 |
|
Umukinnyi w’iteramakofe Floyd Mayweather yegukanye miliyoni 32 z’amadolari
7.05.2013 |
|
Bugesera : Ndayisenga na Uwimana banikiye abandi mu kunyonga igare
7.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |