Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 10 Nyakanga, ahagana saa mbiri nibwo Umuyobozi ushinzwe tekinike muri federasiyo ya Karate, Rurangayire Guy yuriye indege agana muri leta zunze ubumwe za Amerika.
Aganira na IGIHE mbere y’urugendo yatangaje ko yitabiriye amahugurwa mpuzamahanga y’abatoza ba Karate, ayo mahugurwa akazasozwa n’ikizami cyo kuzamuka mu ntera muri Karate aribyo bita Dan grading, akaba yatangaje ko nta kabuza azagaruka mu Rwanda afite Dan ya kane, kuko kugeza ubu yari afite Dan ya gatatu.
Aya mahugurwa ari kubera San Diego muri Leta ya California, yatangiye kuri uyu wa Gatatu tariki ya 11 Nyakanga akazasozwa ku itariki ya 15 Nyakanga.



















TANGA IGITEKEREZO