Mu myaka yatambutse benshi mu bakurikirana irushanwa rya Miss Rwanda bakunze kunenga ukuntu umukobwa yashoboraga gutsindwa guhagararira Intara imwe, akajya gushakishiriza amahirwe mu yindi.
Nyuma y’igihe bigibwaho impaka nyinshi, ubuyobozi bwa Miss Rwnada bwabwiye IGIHE ko ibi byakorwaga n’abakobwa bitacyemewe.
Ibi byemejwe n’umuvugizi wa Miss Rwanda, Nimwiza Meghan wavuze ko umukobwa yemerewe gusa kwiyamamariza mu Ntara yiyandikishijemo.
Ati “Uwagerageza kujya kwiyamamariza mu yindi Ntara biroroshye kumumenya kandi rwose ntabwo byemewe.”
Ibi Nimwiza Meghan yabigarutseho nyuma y’uko mu mpera z’icyumweru gishize hamenyekanye abakobwa 18 bazahagararira Intara y’Amajyaruguru n’Iburengerazuba mu irushanwa rya Miss Rwanda2022.
Byitezwe ko mu mpera z’iki cyumweru hazamenyekana kandi abakobwa bazahagararira Intara y’Amajyepfo n’Iburasirazuba.
Igikorwa cyo gushaka abakobwa bazahagararira Intara zose muri Miss Rwanda 2022 bizrangira ku wa 12 Gashyantare 2022 ubwo hazaba hatoranywa abazahagararira Umujyi wa Kigali.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!