Amakuru atangazwa n’urubuga bellanaija, aravuga ko umwe mu basore b’impanga bagize itsinda P-square ryamenyekanye cyane mu muziki witwa Peter Okoye yibarutse umwana wa kabiri w’umukobwa.
Ku wa kabiri tariki ya 22 Mutarama 2013, ni bwo Peter Okoye yagaragaje amafoto y’umugore we ari mu bitaro amaze kubyara.
Okoye yahise yandika kuri twitter ye agaragaza ibyishimo atewe no kwibaruka umwana wa kabiri, ati “Urakoze Mana! Ndongeye mbaye umubyeyi mushya muri uyu mujyi….. ibi bintu ni byiza kandi ni ibyo kwishimira.”
Uyu mwana yavukiye mu bitaro byitwa US Hospital, bakaba barahise bamuha izina rya Aliona Okoye.
Peter Okoye yashakanye na Lola Omotayo, mu mwaka wa 2008 bakaba bari bafitanye umwana w’umuhungu witwa Cameron.



















TANGA IGITEKEREZO