Amakuru atangazwa n’urubuga bellanaija, aravuga ko umwe mu basore b’impanga bagize itsinda P-square ryamenyekanye cyane mu muziki witwa Peter Okoye yibarutse umwana wa kabiri w’umukobwa.
Ku wa kabiri tariki ya 22 Mutarama 2013, ni bwo Peter Okoye yagaragaje amafoto y’umugore we ari mu bitaro amaze kubyara.
Okoye yahise yandika kuri twitter ye agaragaza ibyishimo atewe no kwibaruka umwana wa kabiri, ati “Urakoze Mana ! Ndongeye mbaye umubyeyi mushya muri uyu mujyi….. ibi bintu ni byiza kandi ni ibyo kwishimira.”
Uyu mwana yavukiye mu bitaro byitwa US Hospital, bakaba barahise bamuha izina rya Aliona Okoye.
Peter Okoye yashakanye na Lola Omotayo, mu mwaka wa 2008 bakaba bari bafitanye umwana w’umuhungu witwa Cameron.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Juliana arahakana avuga ko nta rukundo arimo na Ian
17.05.2013 |
|
Tanzaniya : Amagambo umuhanzi Lady Jaydee yanditse kuri twitter amugejeje mu nkiko
17.05.2013 |
|
Chameleone yashimiye Goodlyfe ku gutorwa kwabo muri BET Awards
17.05.2013 |
|
Angelina Jolie arifuza gushyingirwa na Brad Pitt mu gihe cya vuba
15.05.2013 |
|
La Fouine yegukanye ibihembo byinshi muri ’Trace Urban Music Awards’
15.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |