Hatangajwe uko Miss Rwanda 2012 azatorwa


Yanditswe kuya 12-07-2012 - Saa 17:08' na Richard IRAKOZE

Minisitiri w’umuco na Siporo, Mitali Protais, yatangaje ibisabwa ku mukobwa wifuza gutorerwa kuba nyampinga w’u Rwanda 2012. Yatangaje kandi uko gahunda yo gutora nyampinga w’u Rwanda 2012 iteye.

Ibisabwa ni :

  • 1. Kuba umukobwa ari umunyarwandakazi
  • 2. Kuba afite hagari y’imyaka 18 na 24
  • 3. Kuba ari ingaragu, atarashatse cyangwa atarabyaye kandi adatwite.
  • 4. Kuba afite amashuri atandatu yisumbuye
  • 5. Kuba azi ikinyarwanda n’urundi rurimi mpuzamahanga nibura rumwe ; icyongereza cyangwa igifaransa.
  • 6. Kuba ari indakemwa mu mico no mu myifatire, kuba ntacyo ubutabera bumukurikiranyeho.
  • 7. Kuba yiyemeza ko nyuma yo gutorwa yamara amezi 12 ari mu Rwanda, ari ho atuye. Ku buryo agaragara mu bikorwa bitandukanye yakenerwamo, n’iyo yaba ajya mu ngendo ariko atuye mu Rwanda.

Aho amarushanwa azabera n’amatariki azaberaho :

  • 1. Huye mu Ntara y’Amajyepfo ni Tariki ya 14 Nyakanga 2012
  • 2. Rubavu mu Ntara y’I Burengerazuba ni Tariki ya 21 Nyakanga 2012
  • 3. Rwamagana mu Ntara y’I Burasirazuba ni Tariki ya 28 Nyakanga 2012
  • 4. Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru ni Tariki ya 04 Kanama 2012
  • 5. Kigali mu Mujyi wa Kigali ni kuwa 12 Kanama 2012
  • 6. Final I Kigali ni Tariki 1 Nzeri 2012

Dore uko wajya mu marushanwa ya Miss Rwanda 2012

Mu nama n’abanyamakuru ndetse n’abaterankunga yabereye i Remera ku Cyicaro cya Minisiteri y’Umuco na Siporo kuri uyu wa Kane tariki ya 12 Nyakanga, Minisitiri Mitali yavuze ko impamvu yatumye iki gikorwa gitinda ari uko hari hagishakwa inkunga yacyo. Havuzwe ko iki gikorwa cyateguwe n’amafaranga arenga miliyoni 58,5 z’amanyarwanda zishobora kurenga kuko hari ibitarabarwa neza.

Minisitiri Mitali yagarutse ku gusobanura ko Nyampinga agomba kuba ishusho n’indorerwamo y’u Rwanda.

Yagize ati :”Ibijyanye no gutoranya nyampinga ntibigarukira ku kureba umukobwa mwiza gusa bireba n’igihugu. Binajyana no kuba asobanutse mu mutwe asobanukiwe gahunda z’igihugu, afite ubumenyi rusange agaragaza koko ko ari umuntu waserukira igihugu, agomba kuba arangwa n’indangagaciro z’umuco nyarwanda.”

Minisitiri Mitali yasabye ababyeyi gushyigikira abana bifuza kuzaya muri aya marushanwa, avuga ko kuba nyampinga bitararura abakobwa ahubwo bibafasha.

Ku bijyanye n’uko nyampinga Grace Bahati, watowe mu 2009, ari nawe uheruka gutorerwa uwo mwanya, byavuzwe ko yaba atwite aho ari muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika i Washington DC ku mpamvu z’amasomo, Minisitiri Mitari yasobanuye ko ayo makuru batayazi neza ku buryo batayahamya. Gusa avuga ko biramutse ari byo byaba bigayitse.

Yongeyeho kandi ko Bahati yari yaravuye ku mwanya wa nyampinga Rwanda kuko yari yaratorewe umwaka umwe gusa.

Mitali yagize ati :”Ibyo twe ntitubizi tubyumva nk’uko nawe wabyumvise, ibyo ni ibijyanye n’imibereho ye bwite. Ubundi ikamba ry’ubu miss rimara umwaka n’ubwo hatabayeho abandi nyuma ntabwo yari miss ntabwo yabaye miss 2010 na 2011. Uko yaba yaritwaye n’ubwo tutabishyigikiye (nabyo biragayitse) ariko nagira ngo nsobanure ko atari we ugifite iryo kamba yego ntawe yarihaye ariko iryo kamba ryagombaga kuba ryararangiye uwo mwaka. Niba harabayeho gukererwa ariko niko bimeze.”

Aya murushanwa yateguwe hifashishijwe abafatanyabikorwa batandukanye harimo RDB, BRALIRWA, BRD, Kaminuza Nkuru y’u Rwanda (National University of Rwanda), NAEB, National Youth Council, Itorero Mashirika Performance Arts n’abandi.

Ushaka kwiyandikisha Online, wasura urubuga rwa Missrwanda2012.com



KANDA HANO USHOBORE KUMVA
  Ijambo Minisitiri Mitali yagejeje ku banyamakuru
IBITEKEREZO
Akineza carmen
Musubize31.08.2012 saa 06:40
nkundabose Reverien
Muri ano matangazo harimo urujijo kuko mubisabwa ngo hatorwe miss rwanda 2012, mu matangazo y'icyongereza hari ahanditse ngo Miss rwanda agomba kuba afite m 1.70 z'igihagararo naho mu matangazo y'ikinyarwanda ntibirimo.Ibi birajijisha abantu kuburyo hari abashobora kubikoresha batujuje ibyangombwa bisabwa. Dusabye ababishinjwe kubirebana ubushishozi mugafata kimwe kuko bigaragara ko hashobora kubamo amanyanga.
Musubize20.07.2012 saa 03:55
simbi Joe
Iyi logo yanyu irimo ubuswa
Musubize18.07.2012 saa 07:17
kibwa
Niba atwite aramaze umugore n'ubyara. Abandi se ko bazikuramo, mugabany' utugambo.
Musubize13.07.2012 saa 10:52
Giti
dukeneye miss rwanda udafite ibisabwa bya miss bazungu.hazajyeho uburyo abanyarwanda tuzajya twishyiriraho ibisabwa kuri miss rwanda kd tumwitorere aho gutorwa nikipe igendera kuri miss bazungu.miss utorwa ni uwabariya batanga amanota si miss rwanda kuko umwali mwiza wumunyarwandakazi sikuriya aba ameze nkuko abamutora babyifuza.ibisabwa bigomba kuba birimo amasugi kd yaciye imyeyo ufite imbavu ndende no munda ha zeru.wow mbega miss rwanda koko,ndamugutuye,uwo nanjye nzamutora kd azabahiga kuko azaba atambuka nkinyambo ureke bariya batambuka nkabagashize.miss rwanda murwanda hose
Musubize13.07.2012 saa 09:44
ivunimpuruza
muri condition barabuza kuba utwite cyangwa se uri umugore !!! mujye mwongeraho indi condition muti kuba miss birabujijwe kuba warakoze imibonano mpuzabitsina byatuma nibura ba nyampinga bacu bakomeza guharanira ubusugi bwabo mu gihe batarashaka abagagabo bityo bikongera ishema ababyeyi n igihugu cyababyaye
Musubize13.07.2012 saa 07:26
monique
Bafite LOGO MBI Ishoboka !
Musubize12.07.2012 saa 13:18
Nays
Eeee ni sawa ariko ntibashyizemo ibirebana n' uburebure busabwa ndetse n'ibiro ubwose ni ukuvugako igikuri cya kibonge bose bemerewe ? mumbarize mwokabyaramwe niyandikishe kuko mfite 1.65 nkagira 80kgs
Musubize12.07.2012 saa 11:17
Iaad

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!