Minisitiri w’umuco na Siporo, Mitali Protais, yatangaje ibisabwa ku mukobwa wifuza gutorerwa kuba nyampinga w’u Rwanda 2012. Yatangaje kandi uko gahunda yo gutora nyampinga w’u Rwanda 2012 iteye.
Ibisabwa ni :
Aho amarushanwa azabera n’amatariki azaberaho :
Dore uko wajya mu marushanwa ya Miss Rwanda 2012
Mu nama n’abanyamakuru ndetse n’abaterankunga yabereye i Remera ku Cyicaro cya Minisiteri y’Umuco na Siporo kuri uyu wa Kane tariki ya 12 Nyakanga, Minisitiri Mitali yavuze ko impamvu yatumye iki gikorwa gitinda ari uko hari hagishakwa inkunga yacyo. Havuzwe ko iki gikorwa cyateguwe n’amafaranga arenga miliyoni 58,5 z’amanyarwanda zishobora kurenga kuko hari ibitarabarwa neza.
Minisitiri Mitali yagarutse ku gusobanura ko Nyampinga agomba kuba ishusho n’indorerwamo y’u Rwanda.
Yagize ati :”Ibijyanye no gutoranya nyampinga ntibigarukira ku kureba umukobwa mwiza gusa bireba n’igihugu. Binajyana no kuba asobanutse mu mutwe asobanukiwe gahunda z’igihugu, afite ubumenyi rusange agaragaza koko ko ari umuntu waserukira igihugu, agomba kuba arangwa n’indangagaciro z’umuco nyarwanda.”
Minisitiri Mitali yasabye ababyeyi gushyigikira abana bifuza kuzaya muri aya marushanwa, avuga ko kuba nyampinga bitararura abakobwa ahubwo bibafasha.
Ku bijyanye n’uko nyampinga Grace Bahati, watowe mu 2009, ari nawe uheruka gutorerwa uwo mwanya, byavuzwe ko yaba atwite aho ari muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika i Washington DC ku mpamvu z’amasomo, Minisitiri Mitari yasobanuye ko ayo makuru batayazi neza ku buryo batayahamya. Gusa avuga ko biramutse ari byo byaba bigayitse.
Yongeyeho kandi ko Bahati yari yaravuye ku mwanya wa nyampinga Rwanda kuko yari yaratorewe umwaka umwe gusa.
Mitali yagize ati :”Ibyo twe ntitubizi tubyumva nk’uko nawe wabyumvise, ibyo ni ibijyanye n’imibereho ye bwite. Ubundi ikamba ry’ubu miss rimara umwaka n’ubwo hatabayeho abandi nyuma ntabwo yari miss ntabwo yabaye miss 2010 na 2011. Uko yaba yaritwaye n’ubwo tutabishyigikiye (nabyo biragayitse) ariko nagira ngo nsobanure ko atari we ugifite iryo kamba yego ntawe yarihaye ariko iryo kamba ryagombaga kuba ryararangiye uwo mwaka. Niba harabayeho gukererwa ariko niko bimeze.”
Aya murushanwa yateguwe hifashishijwe abafatanyabikorwa batandukanye harimo RDB, BRALIRWA, BRD, Kaminuza Nkuru y’u Rwanda (National University of Rwanda), NAEB, National Youth Council, Itorero Mashirika Performance Arts n’abandi.
Ushaka kwiyandikisha Online, wasura urubuga rwa Missrwanda2012.com
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
PGGSS II : Ubuyobozi bwa EAP na BRALIRWA bwishimiye ko roadshow ya mbere yagenze neza cyane
16.05.2013 |
|
PGGSS III : Uburyo bwo gutora bwarahindutse
16.05.2013 |
|
Lil G yateguye igitaramo cyo kumurika amashusho y’indirimbo
14.05.2013 |
|
Icyo abantu batandukanye bavuga ku munsi wo kwibuka ‘Bob Marley’
13.05.2013 |
|
Abanyeshuri bagaragaje ko bafite impano zishobora kuzababera umwuga
13.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |