Mu ntangiriro za buri mwaka, abaturage b’igihugu cy’u Bushinwa bafata igihe kitari gito bakizihiza irangira ry’umwaka, ari byo bita ’Chinese Spring Festival’.
Muri iki gihe, abashinwa baba ababa mu gihugu baba n’ababa mu mahanga bakora ibikorwa bitandukanye birimo imikino n’imyidagaduro iranga umuco wabo.
Mu gihugu cy’u Rwanda, kimwe no mu yandi mahanga, hari Abashinwa bakora imirimo itandukanye, nabo bafata umwanya bakishimira itangira ry’umwaka.
Ni muri urwo rwego Ishuri ryigisha ururimi n’umuco w’u Bushinwa rikorera mu Ishuri Rikuru Nderabarezi rya Kigali, CIKIE (Confucius Institute at Kigali Institute of Education) ryatumiye itorero ndangamuco rya Kaminuza ya Chongqing (Chongqing Normal University) yo mu Bushinwa kuza kwizihiriza ibyo birori mu Rwanda.
Aba banyeshuri baba bari mu Rwanda guhera tariki ya 22Gashyantare 2012, bazakorera igitaramo muri KIE ku wa gatanu tariki 24/02/2012, aho bazafatanya n’itorero ry’iri shuri gususurutsa abazitabira igitaramo.
Nk’uko bitangazwa n’umuyobozi wa CIKIE ku rwego rw’u Rwanda, Dr Beatrice YANZIGIYE, ngo kwinjira muri iki gitaramo bizaba ari ubuntu kuko hatagamijwe inyungu z’amafaranga, ahubwo ngo ni mu rwego rwo gukomeza gushimangira umubano hagati y’u Rwanda n’u Bushinwa, dore ko ibitaramo nk’ibi bigira uruhare mu gusabana ku babyitabira baturuka mu bihugu byombi.
Ikindi ngo gushimangira uyu mubano bigaragazwa n’amasomo atangwa muri iri shuri, aho ababyifuza biga ururimi n’umuco w’u Bushinwa, ndetse ngo hari na gahunda yo kwigisha ibijyanye n’umukino wa Kungfu. Mu mishinga miremire, CIKIE iri gutegura inkoranyamagambo (dictionary) y’ururimi rw’Igishinwa n’Ikinyarwanda, ibi bikazarushaho korohereza abifuza kwiga uru rurimi.
CIKIE yatangiye mu mwaka wa 2009, itanga amasomo ku rurimi n’umuco w’u Bushinwa ku cyicaro cyayo muri KIE, ndetse hari n’amasomo yagiye atangwa hirya no hino mu bigo by’amashuri makuru n’ayisumbuye nka Riviera High School, Ishuri Rikuru rya Byumba, n’ahandi.
Kuri ubu kandi Abashinwa banafunguye ishami mu Karere ka Rulindo, Intara y’Amajyaruguru. Kugeza ubu abamaze kurangiza baragera kuri 288, naho abandi 241 barakurikira amasomo.
Bidatinze, ururimi rw’Igishinwa n’imikino y’ubwirinzi birinjizwa mu masomo atangwa mu Ishuri Rikuru nderabarezi rya Kigali KIE.
Foto : chinese-culture.net na kaleidoscope.cultural-china
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Urban Boys yinjijwe muri PGGSS II isimbura Emmy
17.05.2012 |
|
Kwandika Buhanzi mu Kinyarwanda 2
14.05.2012 |
|
PGGSS II Roadshows
14.05.2012 |
|
PGGSS II : Stade ya Muhanga yarakubise iruzura
14.05.2012 |
|
PGGSS II : Roadshow y’i Karongi yitabiriwe kurusha iya Rusizi
13.05.2012 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |