Itsinda ribyina ryo mu mujyi wa Kigali ryitwa ‘Sick City Entertainment’ ryateguye igitaramo cyo kubyina cyitwa ‘Nit’s all about dance’ kizabera ku Kacyiru kuri Ishyo Arts Center ku itariki ya kabiri Mutarama 2013 guhera saa moya z’umugoroba.
Intwali Christian, umwe mu bateguye iki gitaramo, avuga ko bagiteguye kugira ngo bateze imbere umuco wo kubyina no gukangurira urubyiruko kwirinda gukoresha ibiyobyabwenge.
Ntwari asobanura ko urubyiruko rugize iri tsinda rwifuza kugaragaza impano yarwo yo kubyina bakanerekana aho ubu kubyina bigeze mu Rwanda.
Muri iki gitaramo hazaba harimo no kuririmba, kwerekana imideli, kwerekana amafilimi (documentaires) no kwibwirana ku bazacyitabira.



















TANGA IGITEKEREZO