Bwa mbere mu mateka Nyampinga w’u Rwanda, agiye guhagararira igihugu cye mu marushanwa ya Nyampinga w’isi azaba mu kwezi kwa Nyakanga 2013.
Amakuru dukesha The Rwanda Focus avuga ko uzahagararira u Rwanda muri aya marushanwa ari Miss Umutesi Kayibanda Aurore uherutse kwegukana ikamba kuri tariki ya 1 Nzeri uyu mwaka.
Aya marushanwa ya Nyampinga w’isi 2013 azaba abaye ku nshuro ya 63 akazabera mu mujyi wa Jakarta mu gihugu cya Indonesia, akazitabiramo abakobwa bakunze kuba bayarimo bakanegukana imyanya ya mbere baturuka mu bihugu nka Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Ubuhinde, Mexique cyangwa Venezuela.
Uretse Nyampinga wo muri Nigeria Agbani Daregi watwaye ikamba ry’umukobwa mwiza ku mugabane w’Afurika muri 2001 mu marushanwa ya Nyampinga w’isi ndetse akanegukana umwanya wa mbere n’undi wo muri Angola bageze witwa Leila Lopes wabaye Miss Universe nta wundi wigeze ahagera.
Igihe cyari kigeze, Afurika yerekane ko atari umugabane uhoramo ibibazo n’indwara ahubwo ufite abakobwa beza bafite n’ubwenge ni muri urwo rwego Nyampinga w’u Rwanda yahisemo kuzajya guhatanira ikamba ry’umukobwa myiza ku isi.
Umushoramari w’Umunyarwanda uba muri Canada, Sabimana Pierre yavuze ko iki ari cyo gihe cyiza cyo kwereka amahanga ko n’ubwo mu Rwanda habaye Genocide yakorewe abatutsi ntabwo rugomba gusigazwa inyuma n’amateka kuko iyo bumvise u Rwanda bumva ko ari igihugu gihoramo intambara ariko ubu nibumva ko hari umuntu wavuye mu Rwanda bazibaza uburyo yatinyutse.
Makuza Lauren ushinzwe iterambere ry’umuco muri Minisiteri y’Umuco na Siporo (MINISPOC) yavuze ko Umutesi Aurore atangiye neza ko atari nka Miss Rwanda 2009 Bahati Grace wamaze gutorwa agahita azimira akaba ataranageze ku rwego rwo hejuru.
Yongeye kwibutsa ko iki gikorwa cyo gutora Nyampinga w’u Rwanda cyari gifite intego igira iti "Ubwiza bufite intego" kizaba ngarukamwaka, atari gusa ku rwego rw’igihugu ahubwo no ku rwego rw’intara.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
PGGSS II : Ubuyobozi bwa EAP na BRALIRWA bwishimiye ko roadshow ya mbere yagenze neza cyane
16.05.2013 |
|
PGGSS III : Uburyo bwo gutora bwarahindutse
16.05.2013 |
|
Lil G yateguye igitaramo cyo kumurika amashusho y’indirimbo
14.05.2013 |
|
Icyo abantu batandukanye bavuga ku munsi wo kwibuka ‘Bob Marley’
13.05.2013 |
|
Abanyeshuri bagaragaje ko bafite impano zishobora kuzababera umwuga
13.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |