Umuhanzi w’Icyamamare Ismaël Lô aje gutaramira Abanyarwanda muri "Kigali Up"


Yanditswe kuya 6-07-2012 - Saa 09:52' na Richard Irakoze

Umuhanzi Nyafurika w’icyamamare Ismaël Lô, uzwi ku rwego mpuzamahanga, azataramira Abanyarwanda kuva kuri uyu wa Gatandatu tariki 7 kugeza ku Cyumweru tariki 8 Nyakanga 2012 mu Iserukiramuco nyarwanda ry’umuziki ryitwa ‘Kigali Up’ ritegurwa n’umuhanzi w’umunyarwanda wahawe igihembo muri Canada cya Juno Award, ari we Mighty Popo.

Iri serukiramuco rizamara iminsi ibiri ribera ku busitani bwa Primature ku Kimihurura guhera Saa saba z’amanywa kugeza Saa tanu z’ijoro (1:00PM-11 : PM)

Bruce Twagira umwe mubakozi ba Positive Production bafasha Mighty Popo gutegura iri serukiramuco, aganira na IGIHE yavuze ko kuza kw’uyu muhanzi bizafasha abahanzi nyarwanda kumenya uko bashobora gukoresha impano zabo bakajya ku rwego mpuzamahanga.

Yagize ati : ”Bizafasha abandi hahanzi nyarwanda kwiyubaka no kumenya uburyo bazamura ibihangano byabo bikajya mu ruhando mpuzamahanga”

Twagira avuga kandi ko muri iri serukiramuco hazaba harimo abahanga mu gutegura ibitaramo haba mu majwi, urubyiniro (stage) urumuri n’ibindi, avuga ko bizafasha abahanzi nyarwanda.

Uko igitaramo cya Kigali Up giteguye

Uyu muhanzi Ismaël Lô, w’imyaka 55, akomoka muri Senegal, yamenyekanye cyane mu ndirimbo nyinshi zikozwe mu njyana ya kinyafurika yibanda kuri folk, na Soul. Zimwe muri izo ndirimbo ni ‘Tajabone’ na ‘Africa’.

Nyuma ya Album ya Gatandatu yitiriye izina rye "Ismaël Lô" yakunzwe cyane cyane mu Bufaransa, uyu muhanzi muri 2006 aheruka gusohora Album yise “Senegal”.

Yaririmbye mu itsinda rya ‘Africando’ ryatumye yamamara ku Isi, aho yagiye yegukana ibihembo birimo Kora Awards 96.

Uretse Ismaël Lô, urubuga rwa Kigaliup.com, dukesha aya makuru ruvuga ko abandi bahanzi bazitabira iri serukiramuco bazaturuka hanze y’u Rwanda ari Kidum wo mu Burundi, Corey Harris wo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Chiwoniso uzaturuka muri Zimbabwe, itsinda Tumi &The volume ryo muri Afurika y’Epfo.

Mu Rwanda hazaba hari abahanzi barenga 30 barimo Gaby, King James, Ingoma Nshya, Jay Polly n’abandi.

IBITEKEREZO
ariko ntimugatukane abahanzi bacu ni beza kandi umwana ntiyavuka ngo ahite yuzura ingobyi ahubwo tubashyigikire bazagere kukigero cyiza
Musubize7.07.2012 saa 04:59
Igitekerezo.com
NDIZERAKO MUTAGERERANYA Ismael Lo KIMWE NIZI NZANA ZA BA KIG JEMUSI , JAH POLLY BYABA ARI UGUKABYA CYANE. Ismael Lo,Youssou N'dour,Manudi Bango,Papa Wemba,Salif Keita,Cesaria Evora...ARE THE KINGS AND QUEENS OF AFRICAN MUSIC NAHO RWOSE ABO BA HIP HOP B'IBYADUKA BY'IBIPAPIRANO TURABAMAGANYE !!! VIVE LIVE MUSIC,VIVE AFRICA,VIVE LES VRAIS ARTISTES DU MONDE,VIVE BLUES MUSIC !!!
Musubize6.07.2012 saa 05:38
AFRIKAAN
Ibi bintu ni byiza, ariko ntinwatubwiye icyo bisaba kugira ngo umuntu yinjire mu gitaramo. Bishobotse mwaduha amakuru yuzuye. Murakoze !
Musubize6.07.2012 saa 04:33
Junior W.

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!