Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 9 Kanama, ishuri ryigisha umuziki riherereye mu Kiyovu i Kigali “Oakdale Kigali Music School”, ryasuwe n’itsinda ry’abanyamuziki riturutse mu Budage ariryo Crescendo International, iryo tsinda riboneraho ribigisha n’ubundi bumenyi bushya bwo gucuranga.
Iri shuri ryigwamo n’abafite guhera ku myaka itanu kuzamura, rigamije kwigisha umuziki mu buryo bwa gihanga kuko biga gucuranga cyangwa kuririmba banasoma amanota. Ryigisha gucuranga ingoma, gitari, piyano, imyirongi, kuririmbisha amajwi n’ibindi hifashishijwe porogaramu zo muri Amerika, Afurika y’Epfo no mu Bwongereza.
Umwe mu baturutse mu Budage Marie Elisabeth Hehuchen Hecker w’imyaka 25 watangiye kwiga umuziki afite imyaka itanu uvuga ko akunda umuziki ujyanye n’umuco wo muri Afurika, ngo ubwo yazaga mu Rwanda ku nshuro ye ya mbere dore ko iyi ari iya kabiri, yashimishijwe n’uko yasanze mu Rwanda hari ishuri ryigisha umuziki. Ibi ngo byabaye imbarutso yo gushishikariza bagenzi be bigana mu Budage kuza mu Rwanda bakihera amaso aho iterambere ryo kuwiga rigeze muri Afurika, aho yasanze mu Rwanda byitabirwa n’abana ndetse n’abakuze nk’uko yabitangaje.
Umwe mu baryigamo wiga gucuranga ingoma za kizungu witwa Masengesho Providence, avuga ko kuba basuwe n’abantu bo ku rwego rwo hejuru mu muziki nk’aba bibafasha cyane, kuko babereka imvano y’ibyo bakunda gucuranga ariko batazi inkomoko yabyo nyakuri, ngo kuba rero babyiboneye amaso ku maso bicurangwa ngo bibatera imbaraga zo gukomeza kwiga ibi.
Umuyobozi wa Oakdale Kigali Music School imaze imyaka 12 ikora Nsabayesu Aimable, avuga ko kuba Abanyarwanda benshi batarabonye amahirwe yo kwiga umuziki aricyo cyatumye hashyiraho iri shuri rigamije kuzamura umuziki Nyarwanda.
“Dukeneye kwigisha Abanyarwanda duhereye ku bana kugeza ku bantu bakuru mu rwego rwo gukomeza kuzamura abakiri bato kugira ngo bazamuke barawugize umwuga wabo ku babyifuza kuko umuziki ari ikintu giteza imbere Igihugu. Aba banyamahanga iyo baje akenshi badusigira inkunga y’ibikoresho, bakanadusigira ubumenyi bw’ibyo bazi kuko akenshi baba basanzwe bigisha umuziki mu Bihugu byabo.” Nsabayesu akomeza atangaza ko banifuza kwagura iri shuri no kubona Abanyarwanda bitabira umuziki wifashishwa cyane ku Isi.
Mu bamaze kwiga muri iri shuri, kuri ubu harimo abatunganya indirimbo(Producers), abakoze amatsinda kuri ubu baririmbana, abahanzi ku giti cyabo n’abacuranzi baryizemo.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Just Family, The Brothers, J-Kids, KGB mu marembera
20.05.2013 |
|
Peace abona hari imbogamizi nyinshi zituma adatera imbere muri muzika
20.05.2013 |
|
Talentum II : i Huye, batanu bazakomeza mu kindi cyiciro bamenyekanye
19.05.2013 |
|
Kamichi yemera uburyo Bulldogg yandika indirimbo
19.05.2013 |
|
Indirimbo "Kanda amazi" yateje umwiryane hagati ya Sam na Clement
19.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |