KGB isigaranye indirimbo ebyiri itarasohora zizumvikanamo nyakwigendera Henry


Yanditswe kuya 15-01-2013 - Saa 17:03' na Vénuste Kamanzi

Nyuma y’aho itsinda rya KGB ryasohoye indirimbo nshya bise “Abana b’umuhanda”, riratangaza ari imwe mu ndirimbo eshatu bari bafite bakoranye na mugenzi wabo Hirwa Henry uherutse kwicwa n’ikiyaga cya Muhazi.

Skizzy, umwe mu bagize KGB, yatubwiye ko hasigaye indirimbo ebyiri gusa zizumvikanamo ijwi rya nyakwigendera Hirwa Henry.

Twamubajije uko bazajya baririmba izi ndirimbo kimwe n’izindi bakoranye kera mu gihe Henry adahari, Skizzy atubwira ko bazajya baririmba mu mwanya we cyangwa bagakata agace yaririmbyemo.

Abagize KGB na Nyakwigendera Hirwa(wamaye ishati y'umukara)

Yongeraho ko hari n’indi ndirimbo imwe bakoranye na Miss Jojo bakoreye gahunda ya Gir’ubuzima, ariko yo ikaba iri mu maboko y’abo bayikoreye.

KGB itangaza ko hari gahunda yo gusohora album, ariko bitewe n’urupfu rwa Henry, yahagaze ku buryo batazi n’igihe yazasohokera.
Indi ndirimbo bateganya gusohora Hirwa yaririmbyemo, izasohoka mu mezi ari imbere.

Skizzy yagize ati“Kuko indi ndirimbo ari iy’ibijyanye n’icyunamo n’ubumwe n’ubwiyunge dushobora kuyisohora nko mu kwa gatatu.”

IBITEKEREZO
Yewe Keza waqngu we, kwirarira no kwisumbukuruza yego,ariko se mwagiye mumenya uko mureshya ? Kwiga urulimi ni byiza rwose.Ariko rero kuba utaruzi ugashaka kwihandagaza mubyo utazi bihinduka urwenya kandi nta gaciro karimo da ! Hari umugabo Makondera wikoreraga inzagwa z`abasengerezi maze yaba amaze kuruhaga rwamugeze mu mutwe agatangira ati : Mwa donc qui ne veut pourqoui mpamvu n`ibiki rero ah non non non eleso leso.... !!! Ubwo twarasekaga tugatembagara imbavu zikaturya nawe agahimbarwa ngo yavuze igifaransa sinakubwira kandi ari inzoga iri kumukoresha. Iyo yabaga atagasomyeho yararucaga akarumira "urufaransa" rugakama. Nawe rero ndabona ushyigikira abakora nka Makondera !! Mbiswa ra !
Musubize17.01.2013 saa 00:02
Rukari
iruhukire Henry gusa nanubu sindabyumva
Musubize16.01.2013 saa 02:06
Aline
we mis but you have done we willnever 4get u !
Musubize15.01.2013 saa 10:33
######
Ubwo se iyo wiyandikira mu kinyarwanda wana we,ko yenda aricyo uzi neza !!!
15.01.2013 saa 21:41
Rukari
ndibza kwandika muri English ari uburenganzira bwe rwose, mureke yandike uko shaka, niba yanditse amakosa, ejo azandika neza, gusekana kwacu nicyo gituma tudatera imbere, umuntu akitinya ngo sinzi iki ? courage kwiga ururimi
16.01.2013 saa 09:47
keza

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!