Maze ’iminsi ibiri gusa’ kuri facebook - Knowless


Yanditswe kuya 20-10-2012 - Saa 08:27' na Vénuste Kamanzi

Umuhanzi Ingabire Butera Knowless, atangaza ko kuri uyu wa gatanu tariki 19 Ukwakira 2012 ari bwo yafunguye urukuta rwe bwite ku rubuga nkoranyambaga rwa Facebook, aho akoresha izina rya “Knowless on Butera.”

Mu kiganiro na IGIHE, Knowless yadutangarije ko yafunguye uru rukuta kugira ngo ahashye abantu bafunguye izindi nkuta zimwitirirwa bajya bavuga ibintu bitari byiza kandi ugasanga abakunzi be babifata nk’aho ari we wabyivugiye.

Avuga ko yakundaga guhura n’abakunzi be bakamubaza impamvu bamwandikira ntabasubize, cyangwa akumva ko kuri facebook ye handitswe ibitutsi, amagambo asebanya n’andi magambo atari meza, akababazwa n’uko bikorwa n’abantu atanazi nka Butera Knowless avuga ko ikoreshwa n’abitwa Rumalex.

Knowless avuga ko impamvu yatumye adafunguza urukuta rwa Facebook mbere kandi ari urubuga rukunzwe n’urubyiruko n’abahanzi muri rusange (dore ko ari n’imwe mu nzira zibafasha kwimenyekanisha), kuko ngo yacibwaga intege no kubona amazina ye yose hari abandi bayafashe.

Agira ati ”Impamvu ubu noneho nyifunguye kuko ntashaka ko abantu bazakomeza kujya bavuga ibintu bitari byiza mu izina ryanjye, abantu bazabona itandukaniro rya facebook yanjye n’izabo banyitiriye kuko hazajya haba hariho amakuru yanjye y’impamo.”

Ku minsi ibiri gusa amaze afunguye uru rukuta amaze kubona abantu basaga ijana bamusaba ko baba inshuti. Knowless avuga ko yumva bizamufasha kujya avugana n’abakunzi be, kubamenyesha amakuru ye kandi ngo azakora uko ashoboye izi zindi zite agaciro cyangwase zibe zavaho burundu.

IBITEKEREZO
witonde wageze kurubuga batazakuvuniza kuko shuga dady
Musubize30.10.2012 saa 12:58
nzutuntu
namusabye ubuncuti gusa tujye dukoresha amazina yacu.
tuve no mubyubuhanzi uyu mwana nimwiza pe. kandi muzamuvuga cyane nabado kuko abamuvuga nabo arusha ubuzima kuko umurusha ubuzima ntiyabona umwanya wo kumuvuga cao
Musubize28.10.2012 saa 04:39
yesyes
ni lazima kutii nia ili usisumbuehata kidogo
Musubize25.10.2012 saa 09:35
faster
nimureke umwana ! ahubwo let me have this opportunity to tell this sister of ours that she should put more emphasis in acting than singing coz thats where her talent lies and then the sky is the limit. we love u !
Musubize25.10.2012 saa 01:31
gabriel
mbega utunwa,mbega utunwa !!!! kutunyunguta ni sawa tu !!!!
Musubize23.10.2012 saa 05:16
x
Mureke umwana abeho uko abishaka, nta nkunga yamatiku akeneye, mureke ahitemo icyerekezo cyaho agana, mumufashe mubyubaka ndetse byateza Muzika nyarwanda by'umwihariko, kdi ageze heza, ubu n'umuntu wibeshejeho kubera ibikorwa bye. Abanyamatiku mbibarize, namwe amatiku niyo ababeshejeho ? mugeze kuruhe rwego rw'imibereho ?
Musubize23.10.2012 saa 01:34
heza
C'est claire qu'il puisse dire avec la verité. courage mwana
Musubize22.10.2012 saa 02:20
NTIRIVAMUNDA Aimé
Areiko nkabantu kuki nta kuri bagira ? jye maze igihe ndi umufreind we, kdi nzi neza ko aari we, urugero nk'ubwo yashyiraga hanze indirimbo ye wari urihe ? yayishyize kurukuta rwe mbere yo kuyijyana ahandi, igihe yari mu rugendo mu bubiligi, yashyiragaho amafoto ye uko bwije n'uko bukeye, ubwo none ngo si we ?
Musubize22.10.2012 saa 01:23
Akebo
Ubwose yziye ate ko iryo zina ryo ritazakoreshwa n'abandi ? afite izihe strategies ?
Musubize22.10.2012 saa 01:18
lindan
arabeshya kuko urebye amafoto y'inkuta zimwitirirwa n'igihe zimaze ntiwaavuga ko nta ruhare yabigizemo. Navuge ko yafunguye urundi rushya areke kubeshya. Mu ma anniversaire ye yagiye aba bavuga ko bifashishije facebook kugira bamukorere surprise none ngo ni abandi bazikoresha kweli ?
Musubize20.10.2012 saa 13:55
zzuwena
Uyumwana ko namukundaga none ntangiye kumwibazaho ? Sha ibi bintu ntibisobanutse ahubwo yashakaga kureba abantu mubwonko . Sigaho sigaho iki nicyakindi cya semuhanuka.
Musubize20.10.2012 saa 12:01
mamawe
ariko kuki mukunda gusebanya !nta nyungu irimo mujye mureka umuntu abe uko imana yamuteganyirije nubundi kubaho kw'imishwi si impuhwe z'agaca !courage petite fille
Musubize20.10.2012 saa 10:42
uwineza
Oyarwose ntabwo arimitwe uyumwana ndamwiyiziye ibyoavuga nibyo, ahubwo kuki rabantu biyitirira abandi batamaganwa ? nanjye rwose uwomuco sinemeranwa nawo.
Musubize20.10.2012 saa 10:07
Rugaju Frank
yego rata igikobwa nkunda sha Imana nayo iragukunda ntugire ubwoba ariko ujye uyihesha icyubahiro nayo izajya ikigusubiza
Musubize20.10.2012 saa 09:47
rwanda
mama sha nange ubu nibwiragako uri umu friend wange gusa nagufataga nku mwiyemezi ariko ntacyambuzaga kugukunda.
Musubize20.10.2012 saa 09:33
souvenir
ntawamenya wasanga arukuri umwana usa gucya ntiyabeshya ndanamwikundira
Musubize20.10.2012 saa 09:20
Hussein ciara
sinshobora kubyemera ahubwo ubonye warasebye uti reka mbigenze ntya.iyo ni imitwe
Musubize20.10.2012 saa 08:30
fifi

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!