Umuhanzi Ingabire Butera Knowless, atangaza ko kuri uyu wa gatanu tariki 19 Ukwakira 2012 ari bwo yafunguye urukuta rwe bwite ku rubuga nkoranyambaga rwa Facebook, aho akoresha izina rya “Knowless on Butera.”
Mu kiganiro na IGIHE, Knowless yadutangarije ko yafunguye uru rukuta kugira ngo ahashye abantu bafunguye izindi nkuta zimwitirirwa bajya bavuga ibintu bitari byiza kandi ugasanga abakunzi be babifata nk’aho ari we wabyivugiye.
Avuga ko yakundaga guhura n’abakunzi be bakamubaza impamvu bamwandikira ntabasubize, cyangwa akumva ko kuri facebook ye handitswe ibitutsi, amagambo asebanya n’andi magambo atari meza, akababazwa n’uko bikorwa n’abantu atanazi nka Butera Knowless avuga ko ikoreshwa n’abitwa Rumalex.
Knowless avuga ko impamvu yatumye adafunguza urukuta rwa Facebook mbere kandi ari urubuga rukunzwe n’urubyiruko n’abahanzi muri rusange (dore ko ari n’imwe mu nzira zibafasha kwimenyekanisha), kuko ngo yacibwaga intege no kubona amazina ye yose hari abandi bayafashe.
Agira ati ”Impamvu ubu noneho nyifunguye kuko ntashaka ko abantu bazakomeza kujya bavuga ibintu bitari byiza mu izina ryanjye, abantu bazabona itandukaniro rya facebook yanjye n’izabo banyitiriye kuko hazajya haba hariho amakuru yanjye y’impamo.”
Ku minsi ibiri gusa amaze afunguye uru rukuta amaze kubona abantu basaga ijana bamusaba ko baba inshuti. Knowless avuga ko yumva bizamufasha kujya avugana n’abakunzi be, kubamenyesha amakuru ye kandi ngo azakora uko ashoboye izi zindi zite agaciro cyangwase zibe zavaho burundu.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
PGGSS III : Reba mu mafoto uko Nyamagabe Roadshow yagenze
18.05.2013 |
|
Eric Mucyo yashyize hanze indirimbo yakoranye na Jay Polly mu mudiho w’Ikinyemera
18.05.2013 |
|
Icyo Knowless yiteguye gukumbuza Abanyarwanda baba hanze
18.05.2013 |
|
USA : Mr D yatangiye gufata amashusho y’indirimbo ze
17.05.2013 |
|
Ruswa ikomeje ubukana mu muziki nyarwanda
17.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |