Urugamba natangije rugeze ku iherezo - DJ Adams


Yanditswe kuya 30-10-2012 - Saa 05:09' na Joel Rutaganda

DJ Adams umwe mu banyamakuru ukunze kutavuga rumwe n’abahanzi basubiramo ibihangano by’abandi cyangwa baririmbira kuri CD (play back) kuri ubu arishimira ku giti cye n’Imana kuba intambara yatangiye yo kubirwanya isa n’aho igeze mu marembera.

Aganira na IGIHE, Adams yatangaje ko benshi agitangira iyo ntambara bamubonaga nk’umuntu udafite ubwenge, bibaza niba ashobora kuzagera ku ntsinzi yo guhindura imitwe y’abahanzi akabakundisha kuririmba indirimbo z’umwimerere ndetse bakanakoresha amajwi yabo aho kujya imbere y’abantu bababeshya ngo barimo kuririmba kandi ari CD zivuga.

Dore ikiganiro DJ Adams yagiranye na IGIHE :

IGIHE : Ese waba warakoresheje irihe banga ?

Adams : Njye ntabwo navuga ko ari imbaraga zanjye gusa kuko Imana yo nyine yashatse kwerekana ukuri kwanjye aho gushingiye.

IGIHE : Ikibazo cyawe n’abanyamakuru bagenzi bawe mutavugaga rumwe kuri iyo myumvire kuri ubu imyumvire yaba ari imwe ?

Adams : (Aseka) Sinavuga ko ari 100% ariko nzi neza ko bazagera aho bakanyoboka kuko nabibabwiye kuva kera.

IGIHE : Ese nta muhanzi w’Umunyarwanda waba wemera nk’umuhanga ?

Adams : Sha nkubwije ukuri barimo bake bazi ibyo bakora batabeshya Abanyarwanda.

IGIHE : Watubwira umwe muri bo ?

Adams : Ni ibanga ryanjye uzashaka kubamenya azumve indirimbo zabo nkina kuri radiyo.

IGIHE : Nta nama wagira abahanzi ?

Adams : Ufite ubwenge azarebe umurongo turimo kwerekezamo kuko bizamuha gukora igihangano cye neza kandi gikundwe, n’aho abatubeshyaga basubiramo ibihangano by’abandi ndetse n’abakoresha CD basubize amerwe mu isaho kuko hari abahanzi baturirimbira n’amajwi yabo y’umwimerere ni bo bagiye kujya babona amasoko.

IGIHE : Murakoze cyane

IBITEKEREZO
uru umuntu wumugabo dj kuko watumye abatubeshyaga bagenza make.
Musubize31.10.2012 saa 06:38
ben uw
Tuvugishije ukuri uyu munyamakuru we ntago akwiye akantu kweli ?!!Ese ubu yaba yabitekereje gute ?koko Adams yakoze akazi akwiriye ishimwe peeeee !!!!!
Musubize31.10.2012 saa 00:23
nziza kevin
dj Adams ni uwambere kabisa urabona ukuntu live imaze gutera agatambwe, tuzi ibyo akora uburyo ari ingenzi ureke abirirwa muri nkina ngukine cg nkina kuko dukorana. never give up adams
Musubize30.10.2012 saa 13:29
neric
di adams arabikoze rwose
Musubize30.10.2012 saa 10:28
sebat
di adams arabikoze rwose
Musubize30.10.2012 saa 10:28
sebat
di adams arabikoze rwose
Musubize30.10.2012 saa 10:28
sebat
DJ adams ko wa mu mc wumugande ko yamunyomoje aracyanarwana niki yabuze ikindi akora usibye gusebya umuziki nyarwanda mbere yuko yumva indirimbo y'umuhanzi abanza kumva niba yashishuye we yazakoze iye tukamwumva mbere yo kunenga ibyabandi ibyo byo gushishura byataye agaciro nashake ikindi kiganiro akora aho kuguma kunenga ibyabandi.
Musubize30.10.2012 saa 10:09
mond
niko wowe wiyise Mond ; none se niba wumva ibyo Dj Adamz avuga ntagaciro bifite, dusobanurire impamvu ubu ibitaramo byose bya playback byimukiye mutubari,ugerageje kubikorera kuri petit stade nk'uko twari tubimenyereye asigaye yisanga ariwe wenyine n'abaje kumufasha bonyine.
30.10.2012 saa 10:43
sauda
DJ Adams nawe arashishura. Ibiganiro nk"icye binyura ku maradiyo menshi.....Uretse nibyo kdi afite imyitwarire mibi muburyo asubiza abamuhamagara kuri Radio..........muri make ibyo avuga ni ukuri ariko agira ikinyabupfura gike......Ikindi kandi hari uburyo bwiza bwo gukosora abantu (abahanzi kuri case ya DJ Adams) utabakomerekeje. Ikindi ntagafate igihe cye cyose agaya abashishura ahubwo igihe kinini ajye agiharira gushima abakora ibihangano by'umwimerere, ibyo byazatuma nabandi bagira ishyari ryiza bakadukorera umuziki mwiza.
Musubize30.10.2012 saa 09:47
Igitekerezo
Njye mbona uyu musore yarateje imbere umuziki nyarwanda kuburyo bugaragara pee !! Mubyukuri akwiye award.
Musubize30.10.2012 saa 09:30
Lionel
Cong man, uri umuntu w'umugabo cyane kandi tuguhyigikiye turi benshi, Bravo Adams
Musubize30.10.2012 saa 09:26
Samuel N
DJ ADAMS, you are the one and keep it up. Bless you.
Musubize30.10.2012 saa 09:20
Bitare
DJ Adam ni DJ wabigize umwuga kandi afite experience,ndamwemera !yagiriye neza abakunzi bumuziki nyarwanda nababyiruka kuko iyo abireka abiyita abahanzi bashishura ,ubu baba barikwiyongera aho guteza imbere umuziki nyarwanda !akwiye kubishimirwa !!!ahubwo abo bashishura bajye babahana kuko baba badutesha umwanya !
Musubize30.10.2012 saa 06:50
dan
Woooooooooooooooow !!!!!Mbega inkuru
Musubize30.10.2012 saa 06:28
nziza kevin
kabisa ubu nushaka ufate kamwe ndishyura ,nanjye ugitangira naragupingaga ariko byageze aho ndakwemera nguha na raison 100% ,komereza aho wangu kuko byamaze kugaragarira benshi
Musubize30.10.2012 saa 06:19
dj eve
Kabisa nanjye ngitangira kumva Dj adams nagize ngo yarasaze ; kuko natangiye kumwumva igihe byari bishyushye ku maradiyo indirimbo z'abahanzi nka meddy, the ben, k8, tom,... zabaga zica ibintu kuburyo muri icyo gihe uwari gutinyuka kunenga uwo muziki bitari kumugwa neza. Ndibuka nanjye icyo gihe natelefonaga mukiganiro cye cyo kuwa gatanu nijoro, nkamutuka nkamwihaniza mubwira ko niba ari ishyari afitiye abahanzi bacu yabireka akareba ikindi yakora. Buhoro buhoro nakomeje kujya ntega amatwi ikiganiro cye aho yafataga indirimbo yabaga iharawe muri icyo gihe akayihuza n'indi bimeze kimwe y'inyamerika. Nibwo yazanye ijambo bita GUSHISHURA, kandi ugasanga koko indirimbo nyinshi zabaga ziharawe zabaga ari inshishurano. None ubu aho bigeze abantu bamaze kumwumva kandi koko icyo gihe iyo abahanzi bakurikiza ibyo yavugaga ubu umuziki wacu uba ugeze kure !
Musubize30.10.2012 saa 06:11
mimi

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!