Ku nshuro ya mbere, filimi Chora Chora izerekanwa kuri iki Cyumweru


Yanditswe kuya 13-07-2012 - Saa 16:54' na Ally Muhawe

Mu Rwanda bivugwa ko urubyiruko rugera kuri 5% rwugarijwe n’ibiyobyabwenge, Senga Trezor utunganya amafilimi, agiye gushyira ahagaragara Filimi yise Chora Chora ikangurira urubyiruko kwirinda ibiyobyabwenge n’ibisindisha.

Kuri iki Cyumweru tariki 15 Nyakanga 2012 guhera saa kumi n’imwe z’umugoroba i Kigali muri Hoteli Serena hazabera igitaramo cyo kumurika filimi Nyarwanda “Chora Chora”, izerekanwa mu ruhame ku nshuro ya mbere (first screening).

Nk’uko Producer (nyiri filimi), Senga Trezor, yabitangarije IGIHE, muri icyo gitaramo hazagararamo ibyiza byinshi, birimo kuba abazakitabira bazibonera imbona nkubone abakinnyi bayikinnye mo, bazerekwa ibitagaragara muri filimi (before editing/ behind scenes) ndetse banerekwe ikinamico “Gashya” n’ibindi byinshi.

Kwinjira muri iki gitaramo ni ibihumbi bitanu by’amafaranga y’u Rwanda (5.000 Frw) mu myanya isanzwe ndetse n’ibihumbi icumi (10.000Frw) mu myanya y’icyubahiro (VIP).

Senga yatangarije IGIHE kandi ko “Chora Chora” yakozwe hagamijwe kurwanya ibiyobyabwenge n’ibisindisha mu rubyiruko.

Inkuru yayo, yatubwiye ko ari umwana w’umusore wiga mu mashuri yisumbuye, azaba ari umwana w’umuhanga cyane, ariko yaza kujya mu Mujyi kubera impamvu z’ishuri agahura n’abana b’ibirara, baje kumushora mu ngeso mbi zirimo gucuraza urumogi, aho yaruranguraga i Goma, muri Congo-Kinshasa, akarwambutsa magendu “Guchora” ari na ho havuye izina rya yo “Chora Chora”.

Uretse gucuruza urumogi, uyu mwana w’umusore uzaba yitwa “Ludoviko” akazaza no gutera inda y’indaro umukobwa bazaba bakundana (uzaba yaramwitereteye) ari we uzaba yitwa “Uwera”.

Ibindi byiza bizagaragara muri iyi filimi, Senga yatangarije IGIHE ko bihishiwe abazaza kuyireba.

Chora Chora yanditswe na Mugisha Benoit “Ben”, iyoborwa (directing) na Mugwaneza Richard wo muri Almond Tree Films, na ho nyira yo (producer) ni Senga Trezor. Yatangiye gukorwa muri Nyakanga 2011, igiye gusohoka nyuma y’umwaka wose.

IBITEKEREZO
benon en fin u did it ,congz mon pot
Musubize13.07.2012 saa 17:46
umusoro
thanx ma men
14.07.2012 saa 05:44
Ben MUGISHA
yes benon you made it ,courage basore ninkumi mukomereze aho
Musubize13.07.2012 saa 12:52
M I am

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!