Ari jye nawe ni nde ufite umwana w’ubwenge buke ?


Yanditswe kuya 13-01-2013 - Saa 12:15' na Emile Nsabimana

Inkumi n’umusore bari bageze kure imyiteguro yo kurushinga, maze baterura ikiganiro cyo kungurana ibitekerezo ku bintu byazatuma urugo rwabo rurushaho kuba igitangaza bakagira imibanire myiza.

Inkumi : Maze nitubana uzareke inzoga

Umusore : Ok

Inkumi : Ugomba kandi no kureka itabi

Umusore : Sawa

Inkumi : Ugomba kureka no kujya mu tubyiniro

Umusore : OK

Inkumi : Ndumva wanareka kujya ujya kureba imipira y’i Burayi kuko ituma utaha bwije

Umusore : Nta kibazo

Inkumi : Reka ndebe…. Wowe urumva nta kindi wumva ukwiye kureka mbere y’uko tubana ?

Umusore : Ndumva nshaka kureka igitekerezo cyo kuzashyingiranwa nawe, ndabona ntazabivamo !

=================

Abagabo babiri bajyaga impaka k’ufite umwana ufite ubwenge buke utabasha gutekereza bihagije ku asabwe gukora, impaka ziba ndende bananirwa kumvikana. Kera kabaye bahitamo gukora ‘experience’ ku bana babo.

Uwa mbere ahamagara umuhingu we ati “Jya kungurira umugati.” Ubwo umuhungu aba afashe inzira yerekeza kuri butike, ise asigara yitotomba ngo “Urabona uburyo ari igicucu !? Ntanansabye amafaranga yo kugura umugati, ntambajije ubwoko bw’umugati azana,... ndarumbije pe !”

Ubwo undi ariko yaramusetse cyaneeeee, ati “Ibyo ni byo wita ubugoryi ?” Ubwo yahise ahamagara umuhungu we, ati “Muhungu wanjye, ihute mu rugo undebere ko mpari uze umbwire !”

Ubwo umusore aravuduka no mu rugo, ariko mu kanya gato aba aragarutse ati “Nsanze udahari ni ko mama ambwiye !”

Wa mugabo wabanje araseka ati “Yewe, ndemeye umuhungu wawe ni we kigoryi cyujuje ibyangombwa !”

Wowe urumva ari nde uza ku isonga mu kugira umwana udafite ubwenge buhagije ?

IBITEKEREZO
Uwa 2 azi ubwenjye,ashobora kuba yararebaga se akabona adahari akajya kumurebera mu rugo,ahubwo buriya uriya mugabo yari arihe ?
Musubize16.03.2013 saa 05:29
Claudy
Burya disi na Abdulah ajya ajya mu rwenya. Komera .
Musubize15.03.2013 saa 12:48
Matsiko
uwakabiri nduva ariwe cyigoryi cyitazi se
Musubize15.03.2013 saa 05:00
nick
AHHHHHAAAAA BIBAHO KUBANA BATINYA BASE.
Musubize14.03.2013 saa 11:19
MUGABO
ndumiwe gusa
Musubize26.02.2013 saa 11:26
warurihe
jye ndumva uwakabiri ariwe ufite ubwenge buke kuko yagiye kureba ko se ahari kandi azi aho amusize
Musubize26.01.2013 saa 10:05
hope rwigamba
Umwana iyo afite ubwenge buke , birashoboka ko yabwongera bukagwira, ubwo rero ubwenge bwumwana bungana uko nawe angana. ariko namara gukura buzagenda bwiyongera !! ndagitsinze iki cyo ntikinaniye !!!
Musubize15.01.2013 saa 07:49
KAMUGABO
Abo bana bombi nabanyabwenge, ahubwo ababyeyi babo nibo bafite Q.I irihasi. Abana bombi barumvira kandi ni abanyabwenge pe. 1. Uwambere, niba se yarasanzwe afite ikayi (Notebook) kuri boutique bandikamo ibyo yafashe, umwana yarabimenyereye, cuangwa se yarafite amafaranga yasagutse kuyo yariyamutumye kugura SKOL...ubundi ntumugore. Kandi ntiyigeze agaruka gusaba amafaranga, ubwo umugati yarawuzanye, 2. Uwakabiri yabonaga ko se adahari, ariko mukinyabupfura no kumvira, yahise mo kujyenda kandi yemeza ko Ise adahari kandi niko ise yaramutumye. Iyo avuga ngo arahari byo.......
Musubize13.01.2013 saa 17:23
Sheja
uwagiye kugura umugati nimuzima peeeee, kuko iwabo bari basanzwe bikopesha ubwoko bwumugati runaka ! nta mpamvu yo kumwaka cash no gutinda abaza uwo ariwo. Naho uwagiye kubaza nyina ibya se yarararangiye !
Musubize13.01.2013 saa 14:05
alex
bose nta bwoba fite
Musubize13.01.2013 saa 06:30
Mageza
ababyeyi babo nibo bibazo kuko babaza ubusa.ahubwo bazahindura abana ibigoryi
8.02.2013 saa 02:02
uwera
Umugabo yagiye gusiramuza umwana we maze abwira muganga ati witonde kuko umwana wanjye ni ubwa mbere asiramuwe.(Ntawe usiramurwa kabiri).
Musubize13.01.2013 saa 04:57
Abdullah
ha ha ha ha
13.01.2013 saa 17:53
rwesamugabo
uruwambere kbsa
28.01.2013 saa 06:35
*****
AAAaaaaahhhhhaaaaaahhhhh !!!!!!!! sha najye azibeshye abimbaz ngo mukurizehhoo pe !!
Musubize13.01.2013 saa 04:41
kok

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!