Ku wa mbere tariki 4.1.2010, nibwo umuhanzi Mani Martin yasohoye album ye ya kabiri yitwa ‘Icyo dupfana’, ikaba iriho indirimbo 9. Kuri iyo album, hariho indirimbo za gospel, ariko ikigaragarani uko inyinshi ari izisanzwe (secular songs).
Ibi bikaba bibaye mu gihe abenshi mu bakurikiranira hafi indirimbo z’uyu muhanzi bemeza ko ashobora kuba yaravuye muri gospel, ndetse bamwe ntibatinya kuvuga ko batabyishimiye.
Benshi mu baganiriye na IGIHE.COM basengera muri Zion Temple baratangaza ko kiriya gikorwa Mani Martin ari gukora kidahesha Imana icyubahiro, ahubwo ko cyimwandagaza nk'umuntu wari wariyemeje gukorera Imana , ibi bakaba babihuriyeho na bamwe mu basengera ku Inkuru Nziza, n’ubwo ho hari ikindi gice cyemeranya n’uyu muhanzi.
Impamvu nyamukuru nkuko twabitangarijwe n'umwe mu baririmba muri chorale yo ku Inkuru Nziza, ni uko iyo wiyemeje kuririmbira Uwiteka, uba utagomba kubifatanya n'iby'isi , gusa bakaba babona ko uyu musore ari kugwa kuko imbaraga yahawe n'Uwiteka zo kuba umukozi wayo ari kuzitandukira.
Umwe mu babwirizabutumwa twabashije kuganira nawe yemeza ko iriya nzira atariyo na gato, ko uriya musore akwiye amasengesho akomeye kuko yatandukiye akaba ari kwangiza impano yahawe na Rurema, ibi bikaba byamuviramo ingaruka itari nziza mu bihe biri imbere.
Undi murokore we yatubwiye ko iyo uri umuntu w’Imana ibintu ubireka, ngo si byiza na gato. Ati “muri Bibiliya bavugamo ko iby’Imana bijya ukwabyo, n’iby’isi bikajya ukwabyo. Iyo usanzwe uririmbira Imana ukajya kuririmba ibindi, hari byinshi uba wangije, kuko Imana iba yaraguhaye impano zo kuyikorera.”
Hagati aho hari abemeranywa cyane n’inzira uyu musore yahisemo yo kuririmba indirimbo zose. Umusore umwe witwa Rurangwa yagize ati “iyo bavuga ngo umuntu aririmba iz’isi baba bashaka kuvuga iki? Jye mbona ibintu byose ar’iby’isi, bishaktse kuvuga ko ar’iby’Imana kuko ariyo yaremye isi n’ibiyirimo byose! Ibyo Mani Martin yakoze nta gitangaza kirimo, icy’ingenzi gusa ni uko bifasha abantu.” Undi mubyeyi twaganiriye we yagize ati “niba aririmbye indirimbo zisanzwe se bitwaye iki? Hari aho byanditse ko agomba kuririmba Aleluya gusa?”
Mani Martin ku gifuniko cya album ye nshya
Havugwa byinshi kuri uyu musore, gusa ikigaragara ni uko abenshi batemeranywa nawe.
Ese we abitekerezaho iki?
Mu kiganiro yagiranye na IGIHE.COM nyuma yo gusohora iyi album, Mani Martin yavuze ko amaze imyaka irenga 10 aririmba, ngo akaba yaratangiye aririmba indirimbo zisanzwe (laiques/secular). Ngo yasengeraga muri ADEPR, akaba atari muri chorale, kandi ngo yikundiraga cyane indirimbo za Kayirebwa. Yatangiye kuririmba gospel ku myaka 11, mu makoraniro.
Twabibutsa ko muri 2006, Mani Martin yasohoye indirimbo ‘Urukumbuzi’, irakundwa cyane ku buryo yahembwe nk’indirimbo y’umwaka. Yaje gusohora izindi ndirimbo yaririmbiye Imana, ku buryo zigeze kuri 11 yazisohoye muri album ye ya mbere ‘Isaha ya Cyenda’.
Ngo mu minsi ishize rero nibwo yatangiye gukora indirimbo zagenewe abantu bose. Ati “aha nibwo natangite kwibaza nti ni iki namarira buri munyarwanda, atari abajya mu nsengero gusa?’’ Nguko uko yasohoye indirimbo ‘Icyo dupfana’, nyuma anasohora n’izindi ziri kuri iyi album nshya.
Mani ati “mbere nahimbaga indirimbo z’urukundo nkaziha abandi ntinya ko abantu babifata nabi. Nyuma ariko naje gusanga ngomba kuba uwo ndi we, nkaba nibaza impamvu naha abandi ndirimbo mfiteho ikibazo.”
Ngo ibyo abikora ntiyumvaga avuye muri gospel, ngo ariko abantu benshi babifashe uko bishakiye. Ati “dore uko mbibona: naravutse nsanga ndi umuntu, w’umunyarwanda, kandi w’umukristu. Ibyo byose uko ari 3 birangize, bikaba rero bigomba no kugaragara mu binsohokamo. Hari ababifata nabi, ariko jye numva uwo murongo Atari mubi ku buryo nawureka. Niyemeje kuririmba nk’umwuga, ndirimba indirimbo zivuga ku buzima bwanjye nk’umukristu kandi sinaguye nk’uko bamwe babivuga.” Mani Martin yavuze kandi ko umukristo wese uri mu rusengero aba afite ikindi akora iyo ari hanze yarwo, kandi ntibituma asohoka mu bukristu bwe!
Ku bivugwa ko yaba yararetse kuririmbira Imana kubera ko nta mafaranga abamo, Mani Martin yavuze ko icyo kibazo nacyo kiriho. Ngo ntibishatse kuvuga ko ntacyo bimumariye, ngo kuko iyo uririmbira Imana ubona inyungu zidasanzwe, kandi ngo na inspiration iza byoroshye, kuko iba ituruka k’Uwiteka nyine. Ngo ikibazo ni uko we yatangaga cyane, ariko ntabone inyungu (revenue) ku byo yatanze.
Mani Martin kandi ngo ntiyumva ukuntu abantu bavuga indirimbo z’isi. Ati”iyo mvuze urukundo, ubumwe, amahoro mba mvuze Imana. Igihe nzavuga kwicana cyangwa kugira nabi nibwo byaba ari bibi, bitari mu murongo wayo. Ikindi ni uko ntari naririmba indirimbo nabwiwe na Shitani!”
Joe d'Alembert na Olivier NTAGANZWA