Muri iyo nama ubwo Perezida Kikwete yari amaze guhabwa ubuyobozi bwa EAC, Perezida Kagame yaramwegereye bavugana amagambo make bongorerana bamwenyura mbere y’uko avuga ko ashaka gutaha.
Umwe mu bayobozi bakuru ba EAC, yabwiye ikinyamakuru, The Citizen ko gake aba bakuru b’ibhugu byombi bagirana ibiganiro ku mugaragaro byashingirwaho hakekwa ko nta gitotsi kikirangwa mu mubano w’ibihugu bayoboye nubwo Tanzania ihora itungwa agatoki ku gukorana bya hafi na FDLR.
Umubano w’u Rwanda na Tanzania wajemo agatotsi kuva mu 2013, ubwo byagiye bigaragazwa ko hari inama za gisirikare za FDLR zakorewe inshuro nyinshi ku butaka bwa Tanzania, hakaba n’ubwo zakorwaga hari abayobozi bakuru b’igisirikare cya Tanzania bagira inama abayobozi b’uwo mutwe.
Nubwo abayobozi b’ibihugu byombi bagiye bahurira mu nama za EAC zitandukanye, ntibigeze berekana amarenga y’ubucuti hagati yabo na rimwe.



















TANGA IGITEKEREZO