Ni uruzinduko rufatwa nk’icyiciro gishya mu mateka y’umubano w’ibihugu byombi, dore ko kimwe mu bimenyetso bigiye kuwuhamya ari ugushyiraho ababihagarariye ku mpande zombi.
Umwami Mohammed VI, yatumiye Perezida Kagame, kuko mu myaka itanu cyangwa itandatu ishize ubwo u Rwanda rwabaga ruri mu Kanama k’Umutekano ka Loni, rwakunze gushyigikira ibitekerezo byabaga byazanywe na Maroc.
Uyu mubano wongeye kugaragara mu Gushyingo umwaka ushize, ubwo mu nama yabereye i Tangier muri Maroc yahuje Abakuru b’Ibihugu na za guverinoma n’abayoboye inzego zifata ibyemezo, bakaganira ku bibazo byugarije Isi, MEDays 2015, Perezida Kagame yahawe igihembo akesha kugarura icyizere mu Banyarwanda.
Jeune Afrique ivuga ko iyi ari impamvu yatumye Umwami Mohammed VI, yiyegereza Perezida Kagame, ndetse n’abaturage bo muri Maroc bakamubonamo umugabo ukomeye wabashije gukura igihugu ahantu habi cyasizwe na Jenoside yakorewe Abatutsi, kandi ukunda kurwanya ubukoloni nka kimwe mu bintu Mohammed VI yatangiye kumwigiraho.
Ibi bigendana n’ibisingizo bituruka kuri politiki nziza za Perezida Kagame yashyizeho kuva yajya ku butegetsi, cyane cyane iyo kurwanya ruswa no guteza imbere ubukungu, bituma u Rwanda ruza mu myanya ya mbere ku ruhando mpuzamahanga.
U Rwanda ruritegura kwakira inama Nyafurika y’Umuryango w’ubumwe bwa Afurika AU. Icyakora ntabwo Maroc izaba ihagarariwe kuko iki gihugu cyivanye muri uwo muryango mu mwaka wa 1984.



















TANGA IGITEKEREZO