“Ubucukuzi na bwo bufite uruhare mu ihindagurika ry’ikirere” -Uwineza Claudine


Yanditswe kuya 13-10-2012 - Saa 06:17' na Faustin NTAKIRUTIMANA

Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi Wungirije Ushinzwe Ubukungu, Imari n’Iterambere Uwineza Claudine, aratangaza ko ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro nabwo bugira uruhare runini mu mihindagurikire y’ikirere.

Mu nama yahuje ubuyobozi bw’Akarere n’abacukuzi b’amabuye y’agaciro mu karere ka Kamonyi, kuri uyu wa gatanu tariki ya 12 Ukwakira 2012, bibukijwe ko hagomba gufatwa ingamba zihamye zo gucukura mu buryo bunoze, kugira ngo ibidukikije bitabangamirwa kuko bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage.

Ku birebana no kurengera ibidukikije no kwirinda imihindagurikire ya hato na hato y’ibihe, bijyanye n’ihindagurika ry’ibihe by’imvura no kuva ku izuba ry’igihe kirekire, Uwineza Claudine, Umuyobozi w’Akarere Wungirije yasabye ko abacukura bajya buri gihe basubiranya ibirombe, kandi aho hantu hagaterwa ibiti n’amashyamba.

Abacukuzi na bo bagaragaza ko bazi neza akamaro ko kurengera ibidukikije, bakaba bijeje ubuyobozi bw’akarere ko inama bagiriwe bazazikurikiza, kuko ari ku nyungu zabo n’iz’igihugu muri rusange.

Uretse icyo kirebana no kubungabunga ibidukikije, aba bacukura biyemeje kandi gushyiraho kompanyi z’umutekano n’amasezerano bagiranye n’abo bakoresha akajya yubahirizwa, gushyira abantu bakoresha mu bwishingizi no mu bwisungane mu kwivuza bikajya byitabwaho.

Muri iyi nama hatowe komite z’abacukuzi kuri buri cyiciro, hakaba hatowe Perezida, Visi Perezida,Umwanditsi, Umubitsi n’abajyanama babiri.

Komite ya mine ku rwego rw’akarere Perezida watowe ni uwitwa Rugiramumaro Alphonse uyobora koperative y’ubucukuzi yitwa COOPEMIKA ikorera i Kayenzi na ho Komite ya kariyeri ikuriwe n’uwitwa Maniriho Jean Bosco.

Izi komite zizajya zifasha abacukuzi mu guhwiturana, ingendoshuri aho bakora neza, gutumiza no kuyobora amanama, kutajarajara kwabakozi, kugenzura ko imyanzuro yafatiwe mu nama yashyizwe mu bikorwa, ubuvugizi, ubujyanama, gukemura ibibazo biri mu bucukuzi.

IBITEKEREZO
Dushyigikiye 'kandi twishimiye abayobozi b'Akarere kacu ka Kamonyi. Mukomeze mwese imihigo. Turasaba ariko ko imirimo yo gutunganya uriya muhanda Rugobagoba Ntongwe yakwihutishwa cyane cyane ko uriya muhanda uri mu byinjiza amafaranga menshi aturuka ku mucanga ucukurwa Mukunguri.
Musubize13.10.2012 saa 17:09
Sylvain

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!