Imodoka ya 2 ya SHARAMA na MTN yegukanwe n’umukobwa w’imyaka 21


Yanditswe kuya 5-09-2012 - Saa 11:45' na Jotham Ntirenganya

Umukobwa w’imyaka 21 ufasha mukuru we gucuruza muri quincaillerie mu Murenge wa Kicukiro, yegukanye imodoka ya Sharama na MTN, kuri uyu wa Gatatu itariki ya 5 Nzeri 2012.

Uyu mukobwa uzwi ku izina rya Nyirabanyiginya Dina, yahawe iyi modoka mu muhango wo gutanga ibihembo bya buri cyumweru, mu Gakinjiro mu murenge wa Gisozi.

Amaze gufata imfunguzo z’imodoka yishimye cyane, aramwenyura ariko nyuma umunezero uramurenga bituma arira.

Aganira n’abanyamakuru yavuze ko yishimye kandi ko ari bwo bwa mbere yagira amahirwe angana atyo.

Abajijwe icyo imodoka azayikoresha, yavuze ko umuryango we uzamufasha kumenya icyo yayikoresha, harimo kuyigurisha cyangwa kujya bayikoreshereza izana inyungu.

Icyatangaje abantu ni uko no mu batomboye moto harimo n’umugore uturuka mu Karere ka Gicumbi umurenge wa Byumba, akaba asanzwe akora umurimo w’ubucuruzi.

Uyu bita Uwamahoro Gerardine ntiyigeze arya iminwa ku cyo azayikoresha, yahuranije avuga ko azayishyira mu muhanda igakorera amafaranga.

Uwamahoro yongeyeho ati : ”Nohereje ubutumwa butarengeje 225,000 (Rwf) none ntomboye moto iguze miliyoni n’ibihumbi Magana ane”.

Yongeraho ati : ”Ndakomeza nohereze ubutumwa.”
Umunyeshuri w’imyaka 16 bita Izabayo Thierry ni we watomboye mudasobwa igendanwa aho we yavuze ko abikesha ababyeyi bamuteye inkunga akajya yohereza ubutumwa buri munsi.

Izabayo yongeyeho ati : ”Iyi mudasobwa izamfasha mu myigire, kandi sinzongera gusiba kwandika MTN nkohereza kuri 155”.

Nk’uko bisanzwe buri cyumweru, hatanzwe moto 2, amagare 5, matelas 5, ndetse hari n’abantu 10 bahawe amafaranga angana n’ibihumbi 50 buri wese, abandi bantu 21 na bo bahawe telefoni ziri mu bwoko butandukanye.

Iyi modoka yatanzwe ni iya 2 mu modoka 3 ikompanyi ya MTN yashyize ahagaragara zikaba zitegereje abanyamahirwe batsinda umukino wa Sharama.

Foto/Jotham Ntirenganya

IBITEKEREZO
uko biri kose mtn nzayigumaho kuko ni yambere
Musubize23.09.2012 saa 18:39
chistine
NABAYE UBWA CYA GIKERI NANGE MTN IRIMA IBISINDE IRANKORERA TOMBORA NAKO ( CINEMA) YA MTN INSIZE MUBUKENE NAKORESHEJE AMAFARANGA NANGE NTIBUKA ICYONIBUKA N'AMANOTA 200,035 MTN NIREKERAHO GUKINISHA ABANYARWANDA URUSIMBI AYOYATWE ARAHAGIJE
Musubize11.09.2012 saa 06:17
PETER
NTAWAMENYA...
Musubize11.09.2012 saa 02:58
Pendo
Ariko njye mfite ikifuzo , mwatubwira amanota aba yabonye ? kuko nabonye amanota umuntu agomba kuba afite kugira ngo abone ikintu runaka kiri kurutonde rwatombora njyewe narayarengeje yewe nayimodoka ariko nabuze na 4ne. Thx
Musubize11.09.2012 saa 02:09
Narumiwe
mwaba mwifuza ibisobanuro kuri MTN Products ,service na promotions zacu ?mwadusanga kuri MTN facebook page yacu ariyo "MTN Rwanda" ubundi mubashe kuganira, kubaza no gusobanurirwa ibyo mwifuza kumenya byose kuri MTN Rwanda. Murakaza neza kuri MTN Rwanda facebook page kanda hano http://www.facebook.com/MTN.Rwanda ubashe gutangira kuganira natwe.
Musubize6.09.2012 saa 09:41
MTN Rwanda
Plz rwose nanjye menye uko batombora, ndumva byazanyongerera amahirwe. Kuko birimo urujijo uko bahitamo,byaba byiza bibereye nko ku TV buriwese akihera amaso....
Musubize6.09.2012 saa 05:47
Mariyake
bareke kutubeshya jye ndabona ari umkecuru wimyaka21 ntabwo arumwana wimyaka21 waitomboye
Musubize6.09.2012 saa 05:38
abdulatif
ubu bukwe burimo ikimenyane
Musubize6.09.2012 saa 05:09
sibyumva
TURARARYAMA TWABYUKA TUKUMVA NGO KANAKA YATOMBOYE IMODOKA. MUJYE MUDUHAMAGARA TUZE AHO IYO TOMBORA IBERA.
Musubize6.09.2012 saa 04:46
sano
Ikinamico.com
Musubize6.09.2012 saa 04:00
Twakowa
Ariko rero maze kubibona ko iyi atari tombola ahubwo ari irushanwa kuko uwohereje sms nyinshi niwe utombola. So ndumva ibyo kubyita tombola atari ukuri bajye bavugisha ukuri habeho kurushanwa utiteguye ko sms wakohereza zoze wagira amahirwe, ahubwo wagira ubushobozi
Musubize6.09.2012 saa 03:31
Nyirubwite
IBI BNTU KO UBANZA ARI ICYA SEMUHANUKA !!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!! NARI NARAVUYE KURI TOMBORA ZA BRARIRWA NYUMA Y'A ZA GOLD YA MITZIG NYINSHI TWANYOYE BAKADUHA AMAKARITA NTITUMENYE N'AHO TUBARIZA URUTONDE RWA'ABATOMBOYE CYO KORA BYO TWARABYIHOREYE KUKO TWARI TWARANYOYE IBI BYO NTUZAMBAZE.....................
Musubize6.09.2012 saa 03:00
RURIHOSE
Reka rero mbambwire iby Imana, uyu mwana watomboye imodoka, ndamuzi acuruza ibyuma byo kubaka, kuba atomboye iri ya modoka ni UWITEKA kabisa uyi mwihereye, ni tombola noneho ndemeye. ko MTN ikoresha tombola si ngombwa ngo ube wakoresheje menshi kuko atakoresheje menshi.
Musubize6.09.2012 saa 02:48
h
uriya mukobwa utomboye imodoka yari afte nk'amanota angahe mwambwira ?
Musubize6.09.2012 saa 00:59
mj
Gukina tombora ubwabyo biranezeza igihe wohereje SMS, uba wowe ugeze kumunezero wifuzaga.None MTN RWANDACELL ikakongera igihembo cyiyongera kubyishimo wagize igihe woherezaga SMS. SO NI CAPITAL YO GUTANGIZA ITERAMBERE RYAWE. send SMS as possible.
Musubize6.09.2012 saa 00:30
Tsinda
Plz mutubwire uko batombora
Musubize5.09.2012 saa 13:29
155
andika ijambo MTN,ohereza ubutumwa bugufi kuli nimero 155,nta bindi.
11.09.2012 saa 09:56
Tipe
komeza wisharamire
Musubize5.09.2012 saa 12:06
mond

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!