Kigali Marriott Hotel izatanga akazi ku bakozi 10,000


Yanditswe kuya 1er-10-2012 - Saa 01:29' na DUSABEMUNGU Ange de la Victoire

Amakuru dukesha greatlakesvoice.com aravuga ko abanyeshuri
ba mbere bazarangiza mu ishuri rikuru rya Akilah ari bo bazahabwa
akazi muri Hotel Marriott iteganyijwe gufungura imiryango i Kigali
bitarenze mu ntangiriro z’umwaka wa 2013.

Mariott Hotel ngo ni yo izaba ari Hoteli ya mbere nini mu bihugu
bibarizwa mu nsi y’ubutayu bwa Sahara.

Kuri ubu ngo bamwe mu banyeshuri b’igitsina gore batoranyijwe
muri Akilah bari mu mahugurwa yateguwe na Marriott Hotel. Ayo mahugurwa arabera i Dubai n’i Doha.

Iyi Hotel ya Marriott ubwo izaba ikingura imiryango i Kigali ngo
biteganyijwe ko izaha akazi abantu basaga ibihumbi 10,000. Ibi ngo biri muri gahunda yo kugabanya ubukene mu rubyiruko.

Tugendeye ku bitangazwa n’ishyirahamwe mpuzamahanga
ry’umurimo, ngo ihungabana ry’ubukungu mu bihugu by’i Burayi
ryatumye ubukungu bw’Isi bumanuka, ibi bikaba byaragize
uruhare mu ibura ry’akazi mu rubyuruko rwo hirya no hino ku Isi.

Uhereye mu mwaka wa 2005, ibipimo by’ibura ry’akazi mu
rubyiruko ruri hagati y’imyaka 15 na 24 byari bihagaze kuri 12%
mu bihugu byo munsi y’Ubutayu bwa Sahara.

Ngo biteganyijwe ko nibura mu mwaka wa 2017, ubushomeri
bwazaba bwamanutse mu rubyiruko ruri hagati y’iriya myaka
bikagera kuri 11.8%.

IBITEKEREZO
ni byiza gusa ndabaza abataragiye muri ayo mahugurwa bo nta kazi bazabona ? kuko hari benshi babyigiye ariko batabonye ayo mahirwe yo kujya guhugurwa. ese wifuje kujya nawe guhugurwa wabyemererwa ? MURAKOZE
Musubize2.10.2012 saa 12:44
olga Mbabazi
iryo shuli rikuru rya AKILA nirihe mwansobanurira murakoze
Musubize1er.10.2012 saa 08:24
mahoro
Aho uyu si umubare w'abakozi izaba ifite muri rusange,ni ukuvuga mu mashami yayo yose ? Otherwise aba bantu ubwabo ntibakwira muri iriya nzu bari kubaka !
Musubize1er.10.2012 saa 06:49
Mahoro Jack
nibyo koko izaha akazi abantu bagera ku 10.000, murwanda honyine kuko ubaze abakozi bazakoramo directement,abazaba ari aba suppliers, abatechniciens,aba chauffeurs, receptionists, waiters,aba sasa,abatetsi, ba casuals(bakora rimwe na rimwe nkigihe cyamanama n'ibirori), indaya ziahabonera abakiriya, abo bose nabakozi.kandi ubanza hari nibyiciro nibagiwe,nkubu sinavuze aba Taxis voitures bahakorera batwara abagenzi.ese niba izaba ifite ibyimikino, mwibagiwe ko ahaba hari nabashinzwe piscine, abana batora udutenesi muri tenis and so on.. ahubwo wasanga bazanarenga
Musubize1er.10.2012 saa 05:38
kabwana
Birashoboka guha akazi abantu benshi : kuko abazahinga imboga bakabona iryo soko babarirwa mu bazabona akazi ; abazagurisha amagi, abashoferi bazatwara abagenzi n'ibindi n'ibindi.Niko babara impact y'ubukera rugendo buzanwa n'iyubakwa ry'i hoteli. Kuba ariyo izaba ari nini kurusha izindi munsi y'ubutayu bwa Sahara, simbihamya, mutohoze ntimugapfe kwandika inkuru z'amaranga mutima, wenda mu Rwanda nabyemera ariko ahandi bafite amahoteli ya kalahabutaka.
Musubize1er.10.2012 saa 05:30
Inararibonye
None se iagira abakozi baruta ubwinshi abantu ishobora gucumbikira ? Uwemeza ko ari yo izaba ari hotel nini munsi y'ubutayu bwa Sahara, biragaragara ko ataragera muri Afrika y'Epfo.
Musubize1er.10.2012 saa 03:09
Negro
ARIKO WIBUKE KO IYI HOTELI IZAFUNGURA AMASHAMI ATANDUKANYE MURI AFURIKA KANDI YOSE AZABA AFITE IZINA RYA mARRIOT ntampmvu rero yo kwemeza ko itazesa agahigo kuko birashoboka rwose ahubwo itegure baguhe akazi niba warabyize
1er.10.2012 saa 04:58
ndagusubije
Is that realistic that it will have 10,000 workers ? How many room will it have. Assume that it will have 200 rooms, meaning that they will be 50 workers per room ? What is the ratio for others Hotel in the same cathegory like SERENA ...?
Musubize1er.10.2012 saa 03:06
Che Guevara Castro
include gardeners electricians drivers in charge of marketting etc.....
1er.10.2012 saa 05:00
habana
Ndibaza ko mukwiye gukosora....ntabwo iyi Marriot yaba nini mu bihugu byo munsi y ubutayu bwa sahara.... sinzi niba hano harimo ama hotel yo muri Kenya na cote d ivoire.....
Musubize1er.10.2012 saa 02:54
rwanda@hotmail.com
IHEREREYE AHAGANA HE ?
Musubize1er.10.2012 saa 02:32
mupenzi
Kereka niba azaba aribo bakiriya, ubwo se wambira ko bazaba bakora iki ? ni iyo wambwira ngo wibeshyeho zero imwe inyuma nabyo sinabyemera.
Musubize1er.10.2012 saa 02:30
cousin

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!