00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

COGEAR igiye gutangiza Ikigo cy’ubwishingizi bw’ubuzima

Yanditswe na

Vénuste KAMANZI

Kuya 30 January 2012 saa 09:13
Yasuwe :

Mu mpera z’icyumweru dusoje, ikigo cy’ubwishingizi bw’ubuzima, amashuri n’ibintu COGEAR cyishimiraga ibyo cyagezeho mu mwaka wa 2011, kandi kiboneraho no gutangaza zimwe muri gahunda bafite muri uyu mwaka harimo gutangiza ikigo Prime Insurance Life Ltd gishinzwe gutanga ubwishingizi bw’ubuzima gusa.
Muri uyu muhango wahuje abakozi ba COGEAR, ubuyobozi na bamwe mu bafatabuguzi bayo, umuyobozi mukuru w’inama y’ubutegetsi Alain Kabeja mu ijambo rye yashimiye abafatabuguzi bakorana, cyane (…)

Mu mpera z’icyumweru dusoje, ikigo cy’ubwishingizi bw’ubuzima, amashuri n’ibintu COGEAR cyishimiraga ibyo cyagezeho mu mwaka wa 2011, kandi kiboneraho no gutangaza zimwe muri gahunda bafite muri uyu mwaka harimo gutangiza ikigo Prime Insurance Life Ltd gishinzwe gutanga ubwishingizi bw’ubuzima gusa.

Muri uyu muhango wahuje abakozi ba COGEAR, ubuyobozi na bamwe mu bafatabuguzi bayo, umuyobozi mukuru w’inama y’ubutegetsi Alain Kabeja mu ijambo rye yashimiye abafatabuguzi bakorana, cyane cyane abo batangiranye.

Yakomeje avuga ko bamaze kuzuza ibisabwa byose na Banki Nkuru y’Igihugu (BNR) bijyanye no gutandukanya ubwishingizi bw’ubuzima n’ubundi bwishingizi. Ati ”Prime Life Insurance Ltd yamaze gushakirwa ibyangombwa byose, ihabwa ubuyobozi buzayiyobora; izatangirana imari shingiro ya miliyari imwe”.

Kabeja yakomeje asaba abafatanyabuguzi kurushaho kugira ubufatanye mu rwego rwo kunoza imitangire myiza ya serivisi.

Gatoto Eugene wavuze mu izina ry’abafatabuguzi yatangaje ko ashimishijwe n’ibyavuye muri uyu munsi, kandi ashimangira ko ahakuye ibisubizo bya bimwe mu bibazo bari bafite.

Ati:”Jye natangiye gukorana na COGEAR igitangira ariko hashize nk’imyaka icumi nta kibazo na kimwe mbona umufatabuguzi abagezaho ntigikemuke”.

Abagize inama y'ubutegetsi ya COGEAR
Abo ni abakozi ba COGEAR
Gatoto Eugene, umukiliya w'imena wa COGEAR
Itorero ribyina kinyarwanda naryo ryasusurukije ibirori
Ntukamazina Jean Baptiste ushinzwe ibikorwa muri COGEAR nawe yacinye akadiho

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages