Ibibazo bikunze kwibazwa kuri RSSB (I.2)


Yanditswe kuya 8-01-2013 - Saa 10:01' na IGIHE

Ibikurikira

Abantu benshi barimo n’abagana Ikigo cy’Ubwishingizi mu Rwanda (RSSB), hari ibibazo byinshi bakunze kwibaza, bityo tukaba mu byo batugejejeho tuzagenda tubaha ibisubizo byabyo. Namwe ariko mufite urubuga rwo kugaragaza icyo mubitekerezaho.

I.Ubwishingizi bw’indwara

I.2. Ni ukubera iki Umugore n’umugabo bakorera Leta cyangwa ikigo gishamikiye kuri Leta bose bakatwa umusanzu utangwa mu bwishingizi bw’indwara kandi umuntu umwe ashobora kuyatanga akaba yavuza umuryango wose ?

Ubwishingizi bw’indwara bushingiye ku bwisungane bw’abanyamuryango ba RSSB. Ubwo bwisungane bugaragarira hagati y’abahembwa menshi n’abahembwa make ; hagati y’abamaze igihe kirekire n’abinjijwe mu bwishingizi vuba ; hagati y’ingaragu n’abubatse bafite imiryango minini no hagati y’abakunze kurwaragurika n’abatarwara. Akaba ari yo mpamvu umugore n’umugabo batanga bombi imisanzu mu bigo bakorera kugirango bafashe bagenzi babo muri ubwo bwisungane.

Biracyaza..

IBITEKEREZO
Ikibazo mbaza, ese ngo abantu bafunze bakatiwe burundu ngo ntibemerewe gufata pansiyo ? Bibaye aribyo byaba ari akarengane kuko pansiyo ni ukwiteganyiriza nk'ibindi byose.
Musubize5.02.2013 saa 04:36
umusomyi sarah
Jyewe mbona RSSB icyayo ari ukubyina mu mafaranga yacu gusa dore ko wa mugani imiturirwa iri kuzamuka mu gihugu hose,baricururiza naho ba nyir'amafaranga ntacyo bababwiye. Bivugwa ko hariyo amafaranga menshi ndetse cyane atagira gikurikirana y'abakozi. Ese icyo gihe ntacyo RSSB yakora ? Ikindi hari itegeko bigeze kutubwira ko riri mu nteko ko ufitemo amafaranga agejejemo imyaka runaka ashobora kujya kuyaka bakayamuha nk'inguzanyo akaba yagira icyo amumarira dore ko iyo umuntu agiye mu za bukuru ayo batanga rwose tuvugishije ukuri ntacyo yamarira umuntu na cyane ko nta na banque yayaguheraho inguzanyo. Iryo tegeko ryaramizwe ? Rwose mbona bitaye gusa mu gucuruza ntibatekereze ku cyagirira umumaro ba nyirayo. Birakabije kandi birababaje pe !!
Musubize25.01.2013 saa 02:39
M.K
ikindi kibazo nabazaga ese iyo umuntu yagiye mu bwiteganyirize ari ingaragu iyo ahinduye statut aza guhinduta irangamimerere yitwaje uki
Musubize15.01.2013 saa 08:28
charles
Njyewe mfite ikbazo cyuko hashize umwaka hari abantu barabona cards zabo zo kwivuriza,usanga duhabwa udupapuro dufite validity for 1month only,niyihempamvu ituma izo cards zitaboneka ?mudusobanurire kuberako guhora buri umunsi kuri RSSB byica akazi kacu dusanzwe dushinzwe.Murakoze
Musubize14.01.2013 saa 02:52
Eddy
Nejejwew no kubagezaho igitekerezo, nkuko musanzwe mwubaka amazu meza kandi maremare ajyanye n'igihe ,ntaburyo mwakubakira abanyamuryngo amazu menshi aciririrtse , kuburyo twajya dukora icyo bita location vente rwose mwaba mubaye umubyeyi wa twese,ikindi mukosore imitangire ya pansion kuko abasaza baravunika cyane bajya kubaza aho bigeze ngo muzaze ejo ,mubororhereze rwose baba bananiwe imyaka iba imaze kuba myinshi, ikindi mbaza birashoboka ko umunt5u yahabwa amafaranga amaze kugeza muri RSSB igihe atarageza kuri 15 ans de versement ?
Musubize9.01.2013 saa 04:43
NZITUKUZE Ahmad
Nakanya keza ko kubaza ikibazo nmfite kubijyanye na R S S B kuko ngeze muza bukuru kandi nkaba nteganya kuziyambaza isanduku y'ubwiteganirize bw'abakozi. Nakoze mu gihugu cy'uburund kuva muli kwezi kwa gatanu 1981 kugeza mu kwezi jwa munani 1994 ni hafi imyaka 14, ubwo natahukaga mu ;i 1994 sinari bwakwize imyaka 15 isabwa ngo umuntu ahabwe pension. Ngeze mu Rwanda kuva 1995 nakoze mu bigo bitandukanye kugeza uno nkaba ngize nk'imyaka 18 . Ikibazo cyanjye lero ngashaka kubaza impuguke za R S S B uburyo compte yanjye yahuzwa n ;iyi Burundi, wenda nyuma y'igihe gito nkazahagarika. nifuza lero ko ikifuzo cyanjye cyagera kuli RSSB nkaba nabona igisubizo ku rubuga cyangwa ku email yanjye. Murakoze cyane.
Musubize8.01.2013 saa 11:07
Katabirora David
Katabirora David wabajije yifuza ko comptes ze zahuzwa mbere y’uko asaba pension ye y’imisanzu yatanze akorera i Burundi niyo yakoreye mu Rwanda. Amasezerano u Rwanda rufitanye n’u Burundi ari hagati y’u Rwanda na INSS (INSTITUT NATIONAL DE SECURITE SOCIALE) yateganyirizaga abakoreraga muri secteur privé. Ikindi kandi i Burundi imyaka yemewe yo kuba wasaba pension ni 60 y’amavuko aho mu Rwanda twebwe ari 55 y’amavuko. Nugira imyaka 55 y’amavuko ukaba utagikora uzegera RSSB ku ishami rikwegereye usabe pension yawe y’imisanzu watanze ino mu Rwanda ariko unandikishe ko wakoze n’i Burundi kugirango bazabashe kubaza i Burundi imyaka wahakoze maze nayo bayifatanye niyo wakoze ino. Noneho ibirebana n’imisanzu y’ i Burundi uzategereza ugire imyaka 60 niba warakoze muri secteur privé nabwo wegere ishami rya RSSB noneho wuzurishe dossier yokohereza i BURUNDI muri INSS. Nabwo wandikisha ko wakoze ino imyaka runaka kugirango nabo nibajya kukubarira pension yawe hazitabwe kumyaka wakoze hose. Ariko RSSB iguha Pension yakubariye ino, n’ i Burundi INSS ikajya ikoherereza ayo bakubariye. Uramutse warakoze muri Fonction Publique haracyari imishyikirano isaba ko abakozeyo nabo bajyabohererezwa pension zabo ino ariko ntacyo iratanga.Ariko mugihe imishyikirano itaragira icyo itanga ugejeje igihe wajya i Burundi ukayasabirayo ukayahererwa ku butaka bw’i Burundi nkuko itegeko ryabo ribisaba.
9.01.2013 saa 01:17
S.N
NKabibona rata niyo mpamvu muri kuzamura imiturirwa hirya no hino muri Kigali !! Abanyarwanda twararenganye kweri ! Nyakubahwa iyo adatabara nibura ngo mujye muvuza umuntu agitangira gukatwa ntitwari dushize !
Musubize8.01.2013 saa 04:28
Mugabo

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!