IGIHE.com > Ubuzima > Indwara

Indwara y’umwijima iza ku isonga mu zigaragara mu batanga amaraso


Yanditswe kuya 14-10-2012 - Saa 05:18' na Ange de la Victoire Dusabemungu

Mu gusuzuma amaraso aba yatanzwe n’abagiraneza ngo afashishwe indembe ziyakenye yizewe, indwara y’umwijima bigaragara ko ikunze gusangwamo.

Uwisanga Agnes, ukuriye ishami risuzuma amaraso mbere y’uko ahabwa abarwayi, asobanurira IGIHE ibyo gusuzuma ubuziranenge bw’amaraso aba yatanzwe, anamara impunge abayahabwa ko amaraso asuzumwa kuburyo buhagije, yagaragaje ko indwara y’umwijima ikunze kugaragara mu maraso y’abatanga amaraso.

Amaraso ahabwa abarwayi abanza gusuzumwa n'imashini abugenewe

Uwisanga atangaza ko mbere y’uko umurwayi ahabwa amaraso abanza gupimwamo uburwayi butandukanye, harimo agakoko gatera SIDA, umwijima wo mu bwoko bwa B na C, indwara ya mburugu n’ubundi burwayi bushobora kwandurira mu ihererekanya ry’amaraso.

Uwisanga Agnes avuga ko tugendeye ku bipimo by’umwaka wa 2011 mu bantu bose batanze amaraso 0.5% bagaragayeho ubwandu bw’agakoko gatera SIDA, umwijima wo mu bwoko bwa C wari 2.9%, naho umwijima wo mu bwoko bwa B bari 1.6% mu gihe abarwayi ba mburugu bari 1.8%.

Uwisanga agaragaza ko indwara y’umwijima iza ku mwanya wa mbere isangwa mu maraso bitewe ni uko abantu benshi bataragira umuco wo kwipimisha umwijima, nyamara ngo ukurikiranwe hakiri kare ushobora gukira, mu gihe iyo wakurenze ushobora kwica.

Ku birebana n’itangwa ry’amaraso mu Rwanda, Dr. Kimenyi Peter, umuyobozi w’Ishami rya Kigali rishinzwe gutanga amaraso mu kigo cy’igihugu gishinzwe gutanga amaraso, avuga ko kugeza ubu u Rwanda rugerageza kubona unite/ml z’amaraso ziri hagati y’ibihumbi 35 000 n’ibihumbi 40 000 ku mwaka.

Ububiko bw'amaraso

Kimenyi atangaza ko nta kibazo u Rwanda ruragira rwo kuba hari umurwayi wakenera amaraso akayabura.

Ariko Kimenyi agaragaza ko hakigaragara ikibazo cy’uko ibitaro byose mu Rwanda bitaragira ubushobozi bwo kwibikira amaraso, bitewe ni ikoranabuhanga riri hejuru risabwa. Ariko icyiza kigaragara muri buri ntara y’u Rwanda hari ikigo gishinzwe gutanga amaraso no kuyapima mu rwego rwo kureba ubuziranenge bwayo, kuburyo ahabwa abarwayi adakemangwa.

Ibindi bibazo bigaragazwa ni umubare muto wabatanga amaraso amaraso bafite ay’ubwoko bwa O, abafite ayo muri ubwo bwoko bagashishikarizwa kuyatanga bagatabara ubuzima bw’indembe zaba ziyakeneye.

IBITEKEREZO
Mwiriwe !! ese ubundi uwo basanganye iyo ndwara y'umwijima ahita abimenyeshwa kugira ngo yivuze hakiri kare amazi atararenga inkombe ?? kubafite amaraso yo mu bwoko bwa O ayaba akoreshwa ku bantu bose ni O(Rhesus ) cyangwa O- murakoze kumfasha gusobanukirwa.
Musubize18.10.2012 saa 03:48
Gicari

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!