IGIHE.com > Ubuzima > Indwara

Muhanga : Avuza ingoma abarwayi bagakira


Yanditswe kuya 19-08-2012 - Saa 02:11' na IGIHE

Umugabo witwa Kamana Saveri wo mu murenge wa Shyogwe mu karere ka Muhanga, akoresha ingoma mu kuvura abarwayi kandi bemeza ko bahita bakira.

Uyu umuvuzi gakondo asa n’utandukanye n’abandi bakora uyu mwuga batari bake kuko mu buvuzi bwe avangamo no kuvugiriza ingoma abarwayi maze bagakizwa n’umurishyo yakubise.

Kamana yemeza ko umurishyo w’ingoma ari kimwe mu miti ikomeye ya Kinyarwanda kuko ngo usanga hari abantu benshi bamugana banatanga ubuhamya ko banakize.

Usanga ku isaha ya saa sita na saa cyenda z’amanywa ariho akora aka kazi. Iwe mu rugo haba hari abantu barenga nibura 10 baje kwivuza, abavugiriza ingoma nabo baririmba indirimo zifitemo amagambo arimo n’avuga Imana ariko Kamana avuga ko baba badasenga ahubwo ngo ni ubuvuzi bwa gakondo.

Ntibyoroshye kwiyumvisha uburyo umuntu ashoborora kuvurwa n’ingoma, hari ababifata nk’ibitangaza. Nyamara Kamana uyivurisha asanga atari igitangaza kuko ngo ari umuti nk’uwundi nubwo adashobora kuvuga uburyo ayivurisha. Agira ati : “Hari uburyo jye mvuza ingoma umurwayi agakira ariko si buri wese wayivuza ngo abarwayi bakire. Sinavuga uko nyikoresha kuko ari ibanga”.

Kamana avura ahanini indwara yita iza Kinyarwanda zirimo amarozi y’amatamirano, amarengano ndetse n’amatererano. Nubwo uyu mugabo ari mu ishyirahamwe ry’abavuzi gakondo, hari abamufata nk’umurozi kubera uburyo avuramo ariko we arabihakana.
Agira ati : “sindoga ndavura bagakira, abavuga ko ndoga ni abatamenya neza kuko nta muntu ndaroga”.

Hari abantu batandukanye bemeza ko bavuwe n’uyu mugabo. Uwizeyimana Pion ni umwe muri bo, avuga ko yazanywe kuri uyu mugabo adashobora kugenda no guhumeka neza ariko nyuma y’iminota 30 yahise akira kandi yari amaze umwaka yivuriza mu bitaro bikomeye nk’ibya Kabgayi n’ibya kaminuza by’i Kigali CHUK ariko bakabura indwara.

Agira ati : “baje bampetse, nyara amaraso, nduka amaraso, inda yanjye yari imaze umwaka ibyimbye ndetse n’amaguru yose ariko akimara kumpa umuti banavugije ingomba nahise nkira”.

Kamana aganwa n’abantu b’ingeri zose baturutse imihanda yose mu gihugu. Atunzwe n’ubu buvuzi gusa, aho aba ari kuhubaka inzu nini kandi igezweho ayikesha uyu mwuga.

Rekeraho Emmanuel, perezida y’ishyirahamwe ry’abavuzi gakondo avuga ko ubuvuzi bukoresheje ingoma bwemewe na OMS ; ishyami rya loni ryita ku buvuzi.

Inkuru ya Kigali Today

IBITEKEREZO
Nibitaribi bizaza keretse udasoma BIBLE kuko byose byarahanuwe ntagitangaza kirimo,nyuma yibi haribindi byinshi cyane hari nabazaza biyita umukiza YESU KIRISITU.
Musubize24.09.2012 saa 02:10
Yves KAMANZI
ntakuntu wavura sakindi utazi ikiyitera ! ni ukuvuga ngo,umuvuzi w'amarozi afite 45 ku 100 byo kuba yaroga nawe kandi niko bimeze ntawabihakanakeretsenyiri ukubikora. erega kuvuga ngo uraroga ntabwo ari ubumanzi kuburyo wabyigambakeretse wafashwe kandi findifindi irutwa na so araroga mbiswa ra nabanje Imana ihoraho.
Musubize3.09.2012 saa 03:15
mutoto wa tembo
Ese ibyo bitekerezo bijyanye n'ubuvuzi ? ese mukurahe ko muzazuka ? hari uwigeze agaruka kuvu kubw'Umwami KIRIMA RUJUGIRA ijuru ryawe ni iryo urimo none !
Musubize3.09.2012 saa 02:48
john
watanze igitekerezo cyiza ariko mbere yo gutemanga uvura ukwiye kubanza uroga kandi nta wapfuye ngo agaruke, ikingenzi ni ubuzima buzima ibidi tuzabyongererwa. Kuko roho nzima iba mu mubiri muzima nta bwo abantu bakwiye kwemera buhumyi cyangwa ngo basenge bahumirije kuko ababitoje twarahumirije badutwara amabuye y'agaciro n'ibindi...
Musubize21.08.2012 saa 04:00
cow
ariko ariko ye, ijuru se bazaribuzwa na nde ? rizabura utemera ko yarironkeye muri KIRISITU !!!!nonese ntituri muri WE ? ntaririmose ? Umve rero ko natwe twamaze kurigeramo niba wemera urupfu izuka n'isubira mu ijuru bye !Ese basi wemera ko yicaye iburyo bwa SE ? hamwe natwe rero ndetse nawe wowe.AMEN AMEN.
Musubize21.08.2012 saa 03:48
epi
Ubu nta buvuzi bulimo, ni ukwitonda cyane kuko Imana igira itI : " NDI IMANA IFUHA" igakpmeza ivuga ngo ; urage usenga Imana imwe gusa gusa. Ntuzagire ikintu na kimwe wikubita imberember, cyaba ishusho cyangwa ikindi kintu cyise kuri ku isi ngwa mu kirere, cyangwa munsi ya'Amazi yubutaka. Igakomeza iviga iti Mpora abana gukiranurwa kw base kugera ku Buvivi. Nyabuneka mwitonde ejo mutazabura ijuru ly'Imana ku mpamvu zidasobanutse neza. [[ " KUVA Umutwe wa 20 AMATEGEKO Y'iMANA"] ].
Musubize19.08.2012 saa 09:31
AMATEGEKO Y’IMANA

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!