N’ubwo bamwe mu basuraga u Rwanda bagaragazaga ko nta buryo babona bwo gukora ubushakashatsi cyangwa kwiga ku biranga umuco nyarwanda, ubu ikigo gishinzwe iterambere mu Rwanda RDB kiri mu mushinga wo kubaka imidugudu y’umuco ; mu rwego rwo korohereza Abanyarwanda n’abanyamahanga basura u Rwanda kubona aho bajya bakareba inkera n’ibindi biranga umuco w’Abanyarwanda ariko by’umwihariko n’abashaka kubyiga bakigishwa.
Mu kiganiro na IGIHE, Rwigamba Rica ukuriye ishami ry’ubukerarugendo muri RDB yatubwiye ko RDB yamaze kubona ubutaka buhagije i Rebero mu Mujyi wa Kigali ; igishushanyo mbonera n’inyigo igaragaza ibiteganyijwe kuhakorerwa na byo bikaba bihari.
Rwigamba yadutangarije ko nk’uko inyigo zibigaragaza hakenewe nibura miliyoni 70 z’amadolari ya Amerika, kugira ngo hubakwe ibikorwa bitandukanye nk’inzu zicuruza ibihangano n’ibindi bijyanye n’umuco nyarwanda ; ahajya habera inkera z’ababyinnyi n’abaririmbyi n’ibindi.
Agaragaza uzatanga amafaranga azifashishwa muri ibi bikorwa, Rwigamba yagize ati “Turimo gushaka abashoramari kugira ngo babashe gufatanya na Leta, na cyane ko ubutaka buhari n’inyigo zakozwe kandi tuzi ko ari ibintu bikenewe cyane kandi hari benshi babyifuza.”
Hari amakuru avuga ko no mu Karere ka Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo hashobora kuzubakwa umudugudu w’umuco nk’ahantu hafatwa nk’igicumbi cy’umuco gakondo w’Abanyarwanda.
Mu gihe wasangaga akenshi abakerarugendo n’abandi basura u Rwanda bavuga ko nta hantu babona mu Rwanda bakwigira cyangwa bagakorera ubushakashatsi ku muco nyarwanda, iyi gahunda niramuka ishyizwe mu bikorwa izaba ari intambwe ikomeye mu gusubiza iki kibazo.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Kubona umuranga w’inyangamugayo ntibyoroheye abasore n’inkumi
4.05.2013 |
|
Ibisakuzo, umukino-murage wuzuye ubwenge
24.04.2013 |
|
Menya imwe mu ndirimbo za Sebanani Andre yise “Zuba ryanjye”
16.04.2013 |
|
Umuco n’ururimi, indangaciro z’ibanze z’umwenegihugu
15.03.2013 |
|
U Bubiligi : Abanyarwandakazi 13 babaye indashyikirwa mu burezi n’ubuhanzi
15.03.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |