Mu nkuru iheruka, IGIHE yabagejejeho amazina 10 wakwita umwana wawe mu 2016 arimo Lana, Eden, Louana, Layan n’andi.
Uyu munsi twifuje kongera kubaha ibisobanuro by’amazina wakwita umwana wawe n’inkomoko yayo.
Mu gutegura aya mazina twifashishije imbuga nka magicmaman, Journal des femmes n’izindi.
Amazina atanu y’abakobwa
1.Maya
Ni izina rikomoka mu Giheburayo rikaba rivuga mu Kinyarwanda ‘inkomoko’.
Ba Maya barangwa no gusabana, bagira amatsiko kandi bakunda gushaka ko ibitekerezo byabo byumvikana aho bari hose; mu kazi baba ari inyangamugayo.
2.Jana
Iri zina naryo rikomoka mu Giheburayo rivuga Imana igira impuhwe.
Ba Jana bazi gufata ibyemezo, bavugisha ukuri, bagira ishyaka kandi barangwa no guhanga imirimo, ni abakorerabushake.
3.Chiara
Ni izina ry’Ikilatini rivuga kwerekana.
Ba Chiara bakunda ubuzima, kwigenga, bazwiho gukurura abagabo.
4.Jade
Risobanura akabuye gato,rikaba ari izina rikomoka muri Espagne.
Ba Jade bakunda gukurikirana ibintu guhera mu mizi, bagira ubushake, bakunda umurimo barizerwa kandi ni abanyakuri ndetse ushobora kubitabaza igihe cyose.
5. Anaël
Iri zina risobanura malayika muto rikomoka mu Bwongereza.
Ba Anaël baritonda, icyakora baranategeka, barasabana, mu kazi ni abahanga, bagira amarangamutima.
Amazina atanu y’abahungu
1.Elio
Ni izina ry’umuhungu rikomoka mu Giheburayo risobanuye ‘Nyagasani niwe Mana yanjye’.
Ba Elio barakundwa, baritanga kandi bagaragaza amarangamutima yabo.
2.Liam
Iri zina risobanuye umurinzi rikaba rikomoka muri Ireland.
Ba Liam iyo bakiri abana baharanira gukundwa n’ababyeyi, bakunda kugaragara, ndetse bimwe mu byo bashyira imbere harimo imiryango yabo.
3. Gianni
Ni izina ry’Igitaliyani rivuga ‘Imana ni inyampuhwe’.
Ba Gianni barangwa no gutekereza ndetse n’abanyabwenge, batinya gutsindwa, bakunda kwigenga.
4.Nolan
Iri zina risobanuye icyamamare, rikaba riva mu Burayi ndetse no muri Asia.
Ba Nolan barangwa no kwiyoroshya, kugira intego, gutega amatwi abandi no kubagira inama, banga amahane.
5.Nathan
Bivuga Impano, rikaba rikomoka mu Giheburayo.
Ba Nathan barangwa no kwirinda, ntibakunda ubababaza, bagira indoto, ntibagira amagambo menshi.
Tuzakomeza kubagezaho amwe mu mazina wakwita umwana wawe, inkomoko n’ibisobanuro byayo.



















TANGA IGITEKEREZO