Bimwe mu biranga ba Bienvenu
Ni umuntu utajya ugaragaza icyo atekereza cyangwa amarangamutima ye kandi agira ibanga bitangaje. Ni umuntu utagira inshuti nyinshi, ntabwo aba ashaka ko bamwinjirira mu buzima cyangwa se ngo babe bakinisha umutima we.
Ni umuntu ukunda kurimba kandi arabanza akakwiga mbere yo kukugira inshuti ye ngo arebe niba hari icyo wamugezaho. Ni umuntu usa nk’ubona ubuzima mu buryo bubi,akumva adafite icyizere cy’ahazaza ndetse ugasanga ibipfa kumushimisha ari bike.
Ni umuntu udakunda impinduka, aba ashaka ko ibintu bikomeza kugenda uko yabisanze. Yita ku kazi ke, iyo hari icyo wamushinze uba wizeye ko ari bugikore neza atiganda.
Ni umuntu ukunda amahoro, witarura abandi igihe ndetse ahora ashaka ko amahoro ahinda ngo hatagira umwanduranyaho.



















TANGA IGITEKEREZO